Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yashimiye abahanzi barimo uwo aherutse kwitabira igitaramo cye

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yashimiye abahanzi barimo uwo aherutse kwitabira igitaramo cye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yashimiye abahanzi Nyarwanda bamaze iminsi basururutsa Abaturarwanda, bakabafasha kunogerwa n’iminsi mikuru.

Mu bahanzi bashimiwe na Minisitiri Utumatwishima, barimo Umuhanzi Nyarwanda Innocent uzwi nka Yago Pondat uherutse gushyira hanze album ye ya mbere yise “Suwejo” mu gitaramo cyabaye mu cyumweru gishize tariki 22 Ukuboza 2023.

Dr. Utumatwishima kandi ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali, aho yari kumwe n’abana be yagiye kubafasha kwishima.

Mu butumwa bwo gushima aba bahanzi, Dr. Utumatwishima yagize ati “Abahanzi mwadushimishije: Yago, Israel Mbonyi, Ruti Joel na Muyango, n’abandi turabashimiye.”

Israel Mbonyi na we ni umuhanzi uherutse gususurutsa Abaturarwanda mu gitaramo yise “Icyambu Live Concert” cyabereye muri BK Arena yari yakubise yuzuye, kuri Noheli tariki 25 Ukuboza 2023.

Ni mu gihe kandi Ruti Joel na we yataramiye Abaturarwanda kuri uyu wa Kabiri ubwo yamurikaga album ye yise ‘Musomandera’ mu gitaramo cyanitabiriwe n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo n’abakomeye nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo.

Ku Cyumweru tariki 24 Ukuboza 2023, bucya Noheli ikaba, umuhanzi Jean Marie Muyango na we yamuritse album ye yise ‘Imbanzamumyambi’, mu gitaramo na cyo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village hazwi nka Camp Kigali.

Minisitiri w’Uruburyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima mu butumwa bwe ashimira aba bahanzi bafashije Abaturarwanda gusoza umwaka no gutangira undi neza, yagize ati “Nta pressure mu mpera z’umwaka. Nta n’iyo dushaka ko izamuka mu ntangiro za 2024.”

Yasoje ubutumwa bwe yibutsa urubyiruko ruri mu bakunze kwitabira ibi bitaramo, kuzirikana gahunda Tunywe Less ndetse n’iya Gerayo Amahoro.

Minisitiri Utumatwishima n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya Yago

Yago yamuritse album
Muyango na we yamuritse iye
Ruti Joel na we biba uko
Israel Mbonyi yongera guca impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo yongeye guca agahigo

Next Post

Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.