Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yashimiye abahanzi barimo uwo aherutse kwitabira igitaramo cye

radiotv10by radiotv10
27/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yashimiye abahanzi barimo uwo aherutse kwitabira igitaramo cye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yashimiye abahanzi Nyarwanda bamaze iminsi basururutsa Abaturarwanda, bakabafasha kunogerwa n’iminsi mikuru.

Mu bahanzi bashimiwe na Minisitiri Utumatwishima, barimo Umuhanzi Nyarwanda Innocent uzwi nka Yago Pondat uherutse gushyira hanze album ye ya mbere yise “Suwejo” mu gitaramo cyabaye mu cyumweru gishize tariki 22 Ukuboza 2023.

Dr. Utumatwishima kandi ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali, aho yari kumwe n’abana be yagiye kubafasha kwishima.

Mu butumwa bwo gushima aba bahanzi, Dr. Utumatwishima yagize ati “Abahanzi mwadushimishije: Yago, Israel Mbonyi, Ruti Joel na Muyango, n’abandi turabashimiye.”

Israel Mbonyi na we ni umuhanzi uherutse gususurutsa Abaturarwanda mu gitaramo yise “Icyambu Live Concert” cyabereye muri BK Arena yari yakubise yuzuye, kuri Noheli tariki 25 Ukuboza 2023.

Ni mu gihe kandi Ruti Joel na we yataramiye Abaturarwanda kuri uyu wa Kabiri ubwo yamurikaga album ye yise ‘Musomandera’ mu gitaramo cyanitabiriwe n’abantu mu ngeri zinyuranye, barimo n’abakomeye nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo.

Ku Cyumweru tariki 24 Ukuboza 2023, bucya Noheli ikaba, umuhanzi Jean Marie Muyango na we yamuritse album ye yise ‘Imbanzamumyambi’, mu gitaramo na cyo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village hazwi nka Camp Kigali.

Minisitiri w’Uruburyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima mu butumwa bwe ashimira aba bahanzi bafashije Abaturarwanda gusoza umwaka no gutangira undi neza, yagize ati “Nta pressure mu mpera z’umwaka. Nta n’iyo dushaka ko izamuka mu ntangiro za 2024.”

Yasoje ubutumwa bwe yibutsa urubyiruko ruri mu bakunze kwitabira ibi bitaramo, kuzirikana gahunda Tunywe Less ndetse n’iya Gerayo Amahoro.

Minisitiri Utumatwishima n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya Yago

Yago yamuritse album
Muyango na we yamuritse iye
Ruti Joel na we biba uko
Israel Mbonyi yongera guca impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 18 =

Previous Post

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo yongeye guca agahigo

Next Post

Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Urujijo ku cyatumye umugabo atera icyuma mu mutima undi basangiraga inzoga kuri Noheli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.