• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

radiotv10by radiotv10
02/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa n’abitwaje intwaro, binakekwa ko ari yo mpamvu yo kwegura kwe.

Ubwegure bwa Mohammed Badaru Abubakar wari umaze igihe atagaragara mu ruhame, bwatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 01 Ukuboza 2025, nyuma y’iminsi micye Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu atangaje ibihe bidasanzwe kubera ibikorwa byinshi byo gushimuta abantu bikomeje kuba mu Gihugu cye, bikorwa n’inyeshyamba zivuga ko zigendera ku matwara akarishye ya kisilamu.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yo ku ya 25 Ugushyingo 2025 yavuga ko kuva muri uku kwezi hagati mu majyaruguru ya Nigeria, hashimuswe abantu 402, mu gihe abasesenguzi bavuga ko ibibazo byugarije ubukungu bw’iki Gihugu ari byo biri kwenyegeza ibibazo byugarije umutekano.

Abanyeshuri barenga 200 bashimuswe mu ishuri rya kiliziya Gaturika mu cyumweru gishize, bakomeje kuburirwa irengero. Ubuyobozi bwa Nigeria bukaba bwaratangaje amakuru macye ku ngamba zo kubagaruza.

Mu rugendo rw’umuyobozi wo hejuru wa mbere wasuye iri shuri, Umujyanama mu by’umutekano wa Perezida Tinubu kimwe n’abayobozi ba Kiliziya Gatulika bizeje ko bariya bana bashimuswe bazagarurwa amahoro.

Perezida Tinubu aherutse gutanga itegeko ryo kwinjiza mu gipolisi nibura abofisiye ibihumbi 50, ndetse n’abasirikare benshi mu gisirikare, kandi bakoherezwa mu bice biberamo ibi bibazo kugira ngo bajye guhangana n’iyi mitwe ikomeje gushimuta abantu ku bwinshi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, bitangaza ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Perezida Tinubu yahuye n’uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo Rtd General Christopher Musa, baganira ku bibazo by’umutekano, ndetse no ku muntu ugomba gusimbura Abubakar weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo.

Mohammed Badaru Abubakar ari gushakirwa umusimbura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Next Post

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.