Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi bakuru mu Burundi bagize icyo bavuga ku kibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli muri iki Gihugu, aho Perezida Evariste Ndayishimiye yemeje ko iki kibazo kizakemuka mu kwezi kumwe mu gihe Minisitiri w’Intebe avuga ko ntawuzi igihe kizakemukira ahubwo ko Abarundi batangira kwitoza kugendesha amaguru.

Mu Burundi hakomeje kugaragara ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli ryatumye bamwe mu bakoresha ibinyabiziga babiparika mu gihe ababashije kubibona na bo bitaborohera kubera ibiciro byatumbagiye.

Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo aheruka mu Ntara ya Ngozi, yavuze ko iki kibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Burundi kizakemuka mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Gusa ibi bisa n’ibinyuranye n’ibiherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe mu Burundi, Alain Guillaume Bunyoni wavugiye imbere y’Abashingamategeko ko ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli kiri rusange ku Isi.

Bunyoni yagize ati “Ntawuzi igihe iki kibazo kizabonerwa umuti kuko ari ikibazo mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni yaboneyeho gusaba Abarundi gutangira kwiga kugendesha amaguru kuko nta muntu uzi igihe iki kibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kizarangirira.

Ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, cyafashe intera mu ntangiro z’uyu mwaka ubwo hadukaga intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine n’ubu igikomeje.

Ku ruhande rw’u Rwanda, muri Kamena, ni ubwa mbere Lisansi yari igeze mu 1 500 Frw kuri Litiro aho ibiciro biheruka gutangazwa ubu igeze ku 1 600 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda ubwo yasobanuraga impamvu y’itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze ko byatewe n’iriya ntambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine yatumye Ibihugu byinshi by’i Burayi biyoboka isoko risanzwe rikurwaho ibikomoka kuri Peteroli n’Ibihugu birimo u Rwanda.

Muri Kamena 2022, Dr Nsabimana agaruka ku kuba u Rwanda rwaragonganiye ku isoko n’Ibihugu by’i Burayi, yagize ati “Ubu byaje kuyikura mu Kigobe cy’Abarabu ari na ho ibihugu byacu byo mu karere harimo n’u Rwanda natwe dukura ibikomoka kuri Peteroli, ubwo ni ukuvuga ko Ibihugu byinshi byo mu Burayi ndetse n’ibindi twagonganiye kuri iryo soko, ibyo bigahita bituma ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bizamuka cyane.”

Perezida Evariste Ndayishimiye
Minisitiri w’Intebe Alain Guillaume BUNYONI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

Next Post

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.