Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi bakuru mu Burundi bagize icyo bavuga ku kibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli muri iki Gihugu, aho Perezida Evariste Ndayishimiye yemeje ko iki kibazo kizakemuka mu kwezi kumwe mu gihe Minisitiri w’Intebe avuga ko ntawuzi igihe kizakemukira ahubwo ko Abarundi batangira kwitoza kugendesha amaguru.

Mu Burundi hakomeje kugaragara ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli ryatumye bamwe mu bakoresha ibinyabiziga babiparika mu gihe ababashije kubibona na bo bitaborohera kubera ibiciro byatumbagiye.

Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo aheruka mu Ntara ya Ngozi, yavuze ko iki kibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Burundi kizakemuka mu gihe cy’ukwezi kumwe.

Gusa ibi bisa n’ibinyuranye n’ibiherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe mu Burundi, Alain Guillaume Bunyoni wavugiye imbere y’Abashingamategeko ko ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli kiri rusange ku Isi.

Bunyoni yagize ati “Ntawuzi igihe iki kibazo kizabonerwa umuti kuko ari ikibazo mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni yaboneyeho gusaba Abarundi gutangira kwiga kugendesha amaguru kuko nta muntu uzi igihe iki kibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kizarangirira.

Ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, cyafashe intera mu ntangiro z’uyu mwaka ubwo hadukaga intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine n’ubu igikomeje.

Ku ruhande rw’u Rwanda, muri Kamena, ni ubwa mbere Lisansi yari igeze mu 1 500 Frw kuri Litiro aho ibiciro biheruka gutangazwa ubu igeze ku 1 600 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda ubwo yasobanuraga impamvu y’itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yavuze ko byatewe n’iriya ntambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine yatumye Ibihugu byinshi by’i Burayi biyoboka isoko risanzwe rikurwaho ibikomoka kuri Peteroli n’Ibihugu birimo u Rwanda.

Muri Kamena 2022, Dr Nsabimana agaruka ku kuba u Rwanda rwaragonganiye ku isoko n’Ibihugu by’i Burayi, yagize ati “Ubu byaje kuyikura mu Kigobe cy’Abarabu ari na ho ibihugu byacu byo mu karere harimo n’u Rwanda natwe dukura ibikomoka kuri Peteroli, ubwo ni ukuvuga ko Ibihugu byinshi byo mu Burayi ndetse n’ibindi twagonganiye kuri iryo soko, ibyo bigahita bituma ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bizamuka cyane.”

Perezida Evariste Ndayishimiye
Minisitiri w’Intebe Alain Guillaume BUNYONI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

Next Post

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.