Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’ibiza, anageza ku miryango yabo ubutumwa yahawe n’Umukuru w’Igihugu.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, ndetse n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, bitabiriye uyu muhabo wo gusezera kuri bamwe mu baturage bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye umusibo ejo hashize.

Uyu muhango wo gushyingura abantu 13 bahitanywe n’ibi biza bo mu Karere ka Rubavu, wanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Solange.

Umuhango wo guherekeza aba Banyarwanda, kandi wanitabiriwe n’abo mu miryango y’abitabye Imana ndetse n’abandi baturage bo muri ibi bice byibasiwe n’ibiza.

Muri iki gikorwa cyabereye mu Irimbi rya Rubavu riherereye mu Murenge wa Rugerero, habaye n’indi mihango yo gusezera bwa nyuma kuri ba nyakwigendera, nko kubasabira ku Mana, mu gitambo cya Misa cyatuwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyungo, Anaclet Mwumvaneza.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yanagejeje ubutumwa bwo guhumuriza abaturage bo mu Karere ka Rubavu bashegeshwe n’ibi biza, ababwira ko Guverinoma y’u Rwanda ibihanganisha.

Yagize ati “Ni ibiza byagwiririye Igihugu cyacu, by’amazi menshi, isuri ndetse byatumye amazu agwa ku bantu.”

Yaboneyeho kandi gushimira abaturage bagaragaje ubutwari bagatabara abari bageramiwe ubwo ibiza byari bigiye kubahitana, kandi ko na Leta ikomeza kubaba hafi.

Yanabagejejeho ubutumwa bw’umukuru w’Igihugu, ati “Mwabonye ko ejo yabandikiye ababwira ko rwose ari kumwe namwe, ariko uyu munsi yambwiye ngo niyizire muhagararire, mbabwire ko turi kumwe noneho mutureba aha, twaje kubafata mu mugongo.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko Perezida Paul Kagame yamutumye gukomeza kwihanganisha aba baturage, kandi ko Leta uko ishoboye kose ikomeza kubaba hafi no kubaha ibikenerwa byose biri mu bushobozi bwayo.

Akarere ka Rubavu, kari mu twashegeshwe cyane n’ibi biza, ndetse kaka kaza mu twabuze abaturage benshi, aho kabuze abantu 26, mu gihe n’utundi two mu Ntara y’Iburengerazuba twabuze benshi, barimo 27 b’i Rutsiro, na 23 bo mu Karere ka Ngororero.

Minisititi w’Intebe muri uyu muhango wo guherekeza ba nyakwigendera
Yabagejejeho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
13 bashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − ten =

Previous Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Next Post

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.