Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’ibiza, anageza ku miryango yabo ubutumwa yahawe n’Umukuru w’Igihugu.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, ndetse n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, bitabiriye uyu muhabo wo gusezera kuri bamwe mu baturage bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye umusibo ejo hashize.

Uyu muhango wo gushyingura abantu 13 bahitanywe n’ibi biza bo mu Karere ka Rubavu, wanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Solange.

Umuhango wo guherekeza aba Banyarwanda, kandi wanitabiriwe n’abo mu miryango y’abitabye Imana ndetse n’abandi baturage bo muri ibi bice byibasiwe n’ibiza.

Muri iki gikorwa cyabereye mu Irimbi rya Rubavu riherereye mu Murenge wa Rugerero, habaye n’indi mihango yo gusezera bwa nyuma kuri ba nyakwigendera, nko kubasabira ku Mana, mu gitambo cya Misa cyatuwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyungo, Anaclet Mwumvaneza.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yanagejeje ubutumwa bwo guhumuriza abaturage bo mu Karere ka Rubavu bashegeshwe n’ibi biza, ababwira ko Guverinoma y’u Rwanda ibihanganisha.

Yagize ati “Ni ibiza byagwiririye Igihugu cyacu, by’amazi menshi, isuri ndetse byatumye amazu agwa ku bantu.”

Yaboneyeho kandi gushimira abaturage bagaragaje ubutwari bagatabara abari bageramiwe ubwo ibiza byari bigiye kubahitana, kandi ko na Leta ikomeza kubaba hafi.

Yanabagejejeho ubutumwa bw’umukuru w’Igihugu, ati “Mwabonye ko ejo yabandikiye ababwira ko rwose ari kumwe namwe, ariko uyu munsi yambwiye ngo niyizire muhagararire, mbabwire ko turi kumwe noneho mutureba aha, twaje kubafata mu mugongo.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko Perezida Paul Kagame yamutumye gukomeza kwihanganisha aba baturage, kandi ko Leta uko ishoboye kose ikomeza kubaba hafi no kubaha ibikenerwa byose biri mu bushobozi bwayo.

Akarere ka Rubavu, kari mu twashegeshwe cyane n’ibi biza, ndetse kaka kaza mu twabuze abaturage benshi, aho kabuze abantu 26, mu gihe n’utundi two mu Ntara y’Iburengerazuba twabuze benshi, barimo 27 b’i Rutsiro, na 23 bo mu Karere ka Ngororero.

Minisititi w’Intebe muri uyu muhango wo guherekeza ba nyakwigendera
Yabagejejeho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
13 bashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Next Post

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.