Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi wa RDF n’uwa Polisi batabaye i Rubavu ahari inkuru y’incamugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’ibiza, anageza ku miryango yabo ubutumwa yahawe n’Umukuru w’Igihugu.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourd Ngirente; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, ndetse n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, bitabiriye uyu muhabo wo gusezera kuri bamwe mu baturage bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye umusibo ejo hashize.

Uyu muhango wo gushyingura abantu 13 bahitanywe n’ibi biza bo mu Karere ka Rubavu, wanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, barimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Solange.

Umuhango wo guherekeza aba Banyarwanda, kandi wanitabiriwe n’abo mu miryango y’abitabye Imana ndetse n’abandi baturage bo muri ibi bice byibasiwe n’ibiza.

Muri iki gikorwa cyabereye mu Irimbi rya Rubavu riherereye mu Murenge wa Rugerero, habaye n’indi mihango yo gusezera bwa nyuma kuri ba nyakwigendera, nko kubasabira ku Mana, mu gitambo cya Misa cyatuwe na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyungo, Anaclet Mwumvaneza.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yanagejeje ubutumwa bwo guhumuriza abaturage bo mu Karere ka Rubavu bashegeshwe n’ibi biza, ababwira ko Guverinoma y’u Rwanda ibihanganisha.

Yagize ati “Ni ibiza byagwiririye Igihugu cyacu, by’amazi menshi, isuri ndetse byatumye amazu agwa ku bantu.”

Yaboneyeho kandi gushimira abaturage bagaragaje ubutwari bagatabara abari bageramiwe ubwo ibiza byari bigiye kubahitana, kandi ko na Leta ikomeza kubaba hafi.

Yanabagejejeho ubutumwa bw’umukuru w’Igihugu, ati “Mwabonye ko ejo yabandikiye ababwira ko rwose ari kumwe namwe, ariko uyu munsi yambwiye ngo niyizire muhagararire, mbabwire ko turi kumwe noneho mutureba aha, twaje kubafata mu mugongo.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko Perezida Paul Kagame yamutumye gukomeza kwihanganisha aba baturage, kandi ko Leta uko ishoboye kose ikomeza kubaba hafi no kubaha ibikenerwa byose biri mu bushobozi bwayo.

Akarere ka Rubavu, kari mu twashegeshwe cyane n’ibi biza, ndetse kaka kaza mu twabuze abaturage benshi, aho kabuze abantu 26, mu gihe n’utundi two mu Ntara y’Iburengerazuba twabuze benshi, barimo 27 b’i Rutsiro, na 23 bo mu Karere ka Ngororero.

Minisititi w’Intebe muri uyu muhango wo guherekeza ba nyakwigendera
Yabagejejeho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame
13 bashyinguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’igikundiro muri Afurika yongewe bitunguranye mu bazasusurutsa abazitabira umuhango ukomeye

Next Post

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Related Posts

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

Simple steps you can follow to build real confidence
MU RWANDA

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Mu kababaro n’ihumure Umushumba wa Kiliziya ku Isi yavuze ku byabaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple steps you can follow to build real confidence

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.