Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in Uncategorized
0
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine mbere yo guhura n’uw’u Burusiya ati “Nta cyizere”
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, mbere yo kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, yavuze ko nta cyizere afite mu gihe u Burusiya bukomeje kurasa ibisasu karundura mu Mijyi ikomeye ya Ukraine.

Dmytro Kuleba yavuze kuri uyu wa Gatatu, habura amasaha macye ngo ahure na mugenzi we Sergei Lavrov bagirana ibiganiro kuri uyu wa Kane i Antalya muri Turkey.

Minisitiri w’Ubanyi n’Amahanga wa Ukrane, Dmytro Kuleba yavuze ko ntakidasanzwe yakwitega muri ibi biganiro mu gihe ingabo z’u Burusiya zikomeje kwangiza ibikorwa binyuranye muri Ukraine.

Dmytro Kuleba yavuze ko kuba abasirikare b’u Burusiya bakomeje kurasa ibisasu bikomeye mu mijyi ikomeye muri Ukraine ari ikimenyetso cy’uko u Burusiya bukomeye ku mugambi wabwo mubisha.

Yagize ati “Ntacyizere mbitegerejeho gusa ntibitubuza kwitegura kugira ngo ibiganiro bigende neza.”

Nubwo yatangaje ibi, Dmytro Kuleba yamaze kugera i Antalya muri Turkey ahateganyijwe kubera ibi biganiro bimuhuza na Lavrov ndetse n’uyu Mudipolomate ukomeye mu Burusiya na we akaba yamaze kuhagera.

Ibi biganiro kandi biritabirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Turkey, Mevlut Cavusoglu nk’uwo mu Gihugu cy’umuhuza.

Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdogan yavuze ko Igihugu cye kigiye gukora ibishoboka byose mu buryo bwo kumvikanisha ibi bihugu, bigahagarika intambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 1 =

Previous Post

Ntibavuga rumwe n’uwo bashinja kubaca ruhinganuma akibaruzaho ubutaka basaranganyijwe

Next Post

Bidasubirwaho Mashami ntacyongerewe amasezerano yo gutoza Amavubi

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho Mashami ntacyongerewe amasezerano yo gutoza Amavubi

Bidasubirwaho Mashami ntacyongerewe amasezerano yo gutoza Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.