Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Elsa, Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, ukurikiranyweho ibyaha birimo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma, yagejewe imbere y’Urukiko kugira ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Iradukunda Elsa agejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ibyumweru biriri havuye Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kubangamira iperereza ryariho rikorwa kuri uyu musore wamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo.

Uyu mukobwa wabaye Miss Rwanda wa 2017, waje kuburana ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, na we yaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza nk’uru kuri Prince Kid.

Miss Iradukunda Elsa yasabye Urukiko ko na we yaburanishirizwa mu muhezo mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira agenerwa n’amategeko.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibisabwa n’uregwa bifite ishingiro kuko abyemererwa n’amategeko kandi ko kubera uburemere bw’iyi dosiye, byaba byiza uru rubanza ruburanishijwe mu muhezo.

Umucamanza amaze kumva impande zombi, yategetse ko uru rubanza ruburanishwa mu muhezo, ategeka ko itangazamakuru ndetse n’abandi bari bitabiriye iri buranisha, basohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Icyemezo nk’iki cyanafashwe tariki 13 Gicurasi 2022, ubwo uru Rukiko rwaburanisha urubanza ku ifunga rwaregwagamo Ishimwe Dieudonne, na bwo rwemeje ko ruburanishwa mu muhezo.

Iradukunda Elsa watawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi, aregwa hamwe na Uwitoze Nasira washyize umukono ku nyandiko yagaragaye ko yanditswe na Miss Elsa nka Noteri, bakurikiranyweho ibyaha birimo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma no gukoresha inyandiko mpimbano.

Iyi nyandiko ikekwa kuri Miss Elsa, igaragaramo amagambo asa nk’ashinjura Ishimwe Dieudonne ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Kenneth Gasana ufite izina rikomeye muri Basketball yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Next Post

Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.