Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Elsa, Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, ukurikiranyweho ibyaha birimo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma, yagejewe imbere y’Urukiko kugira ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.

Iradukunda Elsa agejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ibyumweru biriri havuye Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no kubangamira iperereza ryariho rikorwa kuri uyu musore wamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo.

Uyu mukobwa wabaye Miss Rwanda wa 2017, waje kuburana ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, na we yaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza nk’uru kuri Prince Kid.

Miss Iradukunda Elsa yasabye Urukiko ko na we yaburanishirizwa mu muhezo mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira agenerwa n’amategeko.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibisabwa n’uregwa bifite ishingiro kuko abyemererwa n’amategeko kandi ko kubera uburemere bw’iyi dosiye, byaba byiza uru rubanza ruburanishijwe mu muhezo.

Umucamanza amaze kumva impande zombi, yategetse ko uru rubanza ruburanishwa mu muhezo, ategeka ko itangazamakuru ndetse n’abandi bari bitabiriye iri buranisha, basohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Icyemezo nk’iki cyanafashwe tariki 13 Gicurasi 2022, ubwo uru Rukiko rwaburanisha urubanza ku ifunga rwaregwagamo Ishimwe Dieudonne, na bwo rwemeje ko ruburanishwa mu muhezo.

Iradukunda Elsa watawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi, aregwa hamwe na Uwitoze Nasira washyize umukono ku nyandiko yagaragaye ko yanditswe na Miss Elsa nka Noteri, bakurikiranyweho ibyaha birimo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma no gukoresha inyandiko mpimbano.

Iyi nyandiko ikekwa kuri Miss Elsa, igaragaramo amagambo asa nk’ashinjura Ishimwe Dieudonne ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Kenneth Gasana ufite izina rikomeye muri Basketball yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Next Post

Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Related Posts

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America
AMAHANGA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Byemejwe ko indwara yadutse ku Isi ikwirakwirira no mu mibonano mpuzabitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.