Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO yeruye ko itazatererana FARDC mu rugamba

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA
0
MONUSCO yeruye ko itazatererana FARDC mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), zemeje ko ziri gufasha FARDC mu mirwano iherutse kubura hagati y’iki gisirikare cya Congo na M23, ngo bikaba biri mu rwego rwo kurinda abasivile.

MONUSCO ivuga ko ubufasha iri guha FARDC bugamije no gufasha kugeza kwa muganga abari gukomerekera muri iyi ntambara ihanganishije FARDC na M23.

Byemejwe n’Umuyobozi w’ingabo za MONUSCO, General Benoit Chavannat mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022.

Yagize ati “Muri iki gihe uko byifashe, aho imirwano ikomeje gukara, hakenewe ubutabazi bwihuse, ni muri urwo rwego Ingabo za MONUSCO ziri gutanga ubufasha.”

Yavuze ko muri ibyo bikorwa MONUSCO iri gufasha ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) kugira ngo zigumane ibirindiro byazo mu rwego rwo gufasha abasivile kutagerwaho n’intambara.

General Benoit Chavannat yavuze ko ingabo za MONUSCO ziri gucunga umutekano ku muhanda mugari uturuka i Goma kugeza i Rutshuru ariko zikanafasha abaturage b’abasivile bari gukurwa mu byabo n’iyi ntambara mu rwego rwo kubacungira umutekano.

FARDC kandi ivugwaho kuba iri gufatanya n’imwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Umutwe wa M23 uri kurwanywa n’ubu bufatanye, ukomeje gufata ibice binyuranye byo muri Teritwari ya Rutshuru birimo n’agace ka Mabenga ko muri iyi Teritwari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 5 =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi kuri YouTube mu Rwanda biravugwa ko yamaze kwinjira mu muziki

Next Post

Ambasaderi Karega wirukanywe na DRC mbere yo kuva Kinshasa yafashe ifoto y’urwibutso

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi Karega wirukanywe na DRC mbere yo kuva Kinshasa yafashe ifoto y’urwibutso

Ambasaderi Karega wirukanywe na DRC mbere yo kuva Kinshasa yafashe ifoto y’urwibutso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.