Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

radiotv10by radiotv10
14/08/2022
in MU RWANDA
0
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, zifatanyije n’ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze, bakoze igikorwa cyo gucyura abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibikorwa by’iterabwoba mu Mocimboa da Praia.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022, cyakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’ubuyobozi bwa Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

ni igikorwa cyo gucyura abaturage 437 bari bacumbitse mu Nkambi ya Chitunda IDP aho bari bahamaze imyaka bavanywe mu byabo n’ibitero by’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba byabaye muri 2019.

Benshi mu baturage bavanywe mu byabo bahise bagana mu nkambi ya Chitunda IDP no mu Karere ka Palma.

ANICA Mvita, umubyeyi w’abana batanu, aka umwe mu bacyuwe, yavuze ko biriya bikorwa by’iterabwoba byashyize ubuzima bwabo mu kangaratete.

Yagize ati “Njye n’abana banjye twari tubayeho nabi tudafite ibikenerwa by’ibanze muri iyi nkambi ariko ubu turizera ko ubuzima bugiye guhinduka.”

Umuyobozi mukuru muri aka gace, Sumaila Mussa yavuze ko ubuyobozi bwa Mozambique buzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo aba basubijwe mu byabo babashe gutangira ubuzima kandi bagire imibereho myiza.

Mu Mujyi wa Mocimboa da Praia, habarwa abaturage bagera muri 2 630 bamaze gusubizwa mu byabo mu gihe abagera mu bihumbi bitatu bagiye mu mudugudu wa Awasse kuva muri Kamena uyu mwaka.

Ingabo z’u Rwanda zahaye ubutumwa aba baturage zirabahumuriza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Next Post

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.