• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

radiotv10by radiotv10
14/08/2022
in MU RWANDA
0
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Mozambique, zifatanyije n’ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze, bakoze igikorwa cyo gucyura abaturage bari barakuwe mu byabo n’ibikorwa by’iterabwoba mu Mocimboa da Praia.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022, cyakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’ubuyobozi bwa Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

ni igikorwa cyo gucyura abaturage 437 bari bacumbitse mu Nkambi ya Chitunda IDP aho bari bahamaze imyaka bavanywe mu byabo n’ibitero by’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba byabaye muri 2019.

Benshi mu baturage bavanywe mu byabo bahise bagana mu nkambi ya Chitunda IDP no mu Karere ka Palma.

ANICA Mvita, umubyeyi w’abana batanu, aka umwe mu bacyuwe, yavuze ko biriya bikorwa by’iterabwoba byashyize ubuzima bwabo mu kangaratete.

Yagize ati “Njye n’abana banjye twari tubayeho nabi tudafite ibikenerwa by’ibanze muri iyi nkambi ariko ubu turizera ko ubuzima bugiye guhinduka.”

Umuyobozi mukuru muri aka gace, Sumaila Mussa yavuze ko ubuyobozi bwa Mozambique buzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo aba basubijwe mu byabo babashe gutangira ubuzima kandi bagire imibereho myiza.

Mu Mujyi wa Mocimboa da Praia, habarwa abaturage bagera muri 2 630 bamaze gusubizwa mu byabo mu gihe abagera mu bihumbi bitatu bagiye mu mudugudu wa Awasse kuva muri Kamena uyu mwaka.

Ingabo z’u Rwanda zahaye ubutumwa aba baturage zirabahumuriza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 16 =

Previous Post

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

Next Post

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.