Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: Mu mirwano ingabo z’u Rwanda zishe inyeshyamba hafi ya Palma

radiotv10by radiotv10
23/07/2021
in MU RWANDA
0
Mozambique: Mu mirwano ingabo z’u Rwanda zishe inyeshyamba hafi ya Palma
Share on FacebookShare on Twitter

Abashinzwe umutekano muri Mozambique bavuga ko ingabo z’u Rwanda zoherejwe gufasha kurwanya abarwanyi bazahaje intara ya Cabo Delgado zishe abarwanyi babuza amahwemo abaturage b’iki gihugu.

Abasirikare n’abapolisi 1,000 b’u Rwanda boherejwe muri iyo ntara iri mu majyaruguru ya Mozambique aho abantu bagera ku 800,000 bavuye mu byabo abagera ku 3,000 bakicwa kuva mu 2017, benshi muri bo baciwe imitwe n’izo nyeshyamba.

Ingabo z’u Rwanda zageze muri iki gihugu tariki ya 9 y’uku kwezi kwa karindwi bisabwe na Mozambique, hanashingiwe “ku masezerano menshi” ibihugu byombi bifitanye, nk’uko leta y’u Rwanda yabitangaje.

Amakuru avuga ko abasirikare b’u Rwanda ubwo barimo bagenzura ishyamba riri hafi y’umujyi wa Palma muri iki cyumweru, basakiranye n’abo barwanyi bakarwana. Abashinzwe umutekano bavuga ko ingabo z’u Rwanda zabakurikiranye, zikica abagera kuri 30.

Mozambique itegereje ko umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Africa yo mu majyepfo, SADC, na wo uyoherereza ingabo zo kuyifasha guhashya izi nyeshyamba zimaze imyaka ine zimonogoza.

Abasirikare ba Portugal bo bahamaze igihe batoza ingabo za Mozambique, ariko biboneka ko zananiwe kwirangiriza ubwazo ikibazo cy’izi nyeshyamba zitwa al-Shabab.

Mbere, Mozambique yabanje kutemera kuba yafashwa n’ingabo z’amahanga, ihitamo gukoresha abacanshuro bigenga.

Ariko aba barwanyi bateye umujyi wa Palma n’umwigimbakirwa wayo wa Afungi – ahakorera umushinga Liquefied Natural Gas (LNG) wa miliyari $20 wa kompanyi Total yo mu Bufaransa abawukoreraga barahunga, bituma Mozambique ihindura umuvuno.

Mu ngabo 1,000 z’u Rwanda zoherejwe, izigera kuri 300 zoherejwe gucunga umutekano mu gace ka Afungi, nk’uko byatangajwe n’uruhande rw’u Rwanda ubwo izi ngabo zagendaga.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Mugheni Kakule Fabrice, wakiniraga AFC Leopards yasinyiye AS Kigali

Next Post

APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

APR FC mu makipe 10 yamaze kwemeza ko azitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.