Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, bwizeje ko buzakomeza gushyira imbaraga mu rugamba rwo guhashya ibyihebe, kugira ngo aho biri kwidegembya bihacike.

Byatangarijwe mu nama nyunguranabitegekerezo ya 11 y’ibikorwa bya gisirikare yahuje itsinda ry’Ingabo za Mozambique n’iza Tanzania zihuriye mu bikorwa by’ubufatanye.

Iyi nama yabereye mu mujyi wa Pemba kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, Maj Gen Emmy Ruvusha.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko Maj Gen Emmy Ruvusha “yasezeranyije ko ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukaza ibikorwa bya gisirikare byo guhashya ibyihebe mu bice bikirimo mu rwego rwo kuburizamo kwidengembya kwabo mu bikorwa bikora.”

U Rwanda rufite abasirikare n’Abapolisi mu Turere dutatu muri Mozambique, ari two; Macombia de Praia, Palma, na Ancuabe, rwatangiye kohereza kuva muri Nyakanga 2021.

Mu kwezi kumwe n’igice bishize, muri Kanama 2024, u Rwanda rwohereje irindi tsinda ry’Ingabo n’Abapolisi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu butumwa bw’amahoro.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wahaye ubutumwa aba basirikare n’abapolisi ubwo bari bagiye guhaguruka ku Kibuga cy’Indege, yabasabye kuzarangwa n’imyitwarire myiza kandi n’ubunyamwuga mu kuzuza inshingano inzego z’u Rwanda zimazemo imyaka itatu muri iki Gihugu.

Kuva Ingabo z’u Rwanda zagera muri Mozambique, zagiye zirukana ibyihebe mu bice byari byaragize indiri, ndetse bamwe mu baturage bari barahunze kubera ibikorwa by’ibi byihebe, bakaba baratashye barasubukuye n’ibikorwa bibateza imbere bisanzwe.

Iyi nama yagaragarijwemo ibikorwa biteganyijwe
Maj Gen Emmy Ruvusha yizeje ko RDF izahashya ibyihebe

Ni mu nama yarimo n’ingabo za Tanzania

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

Next Post

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.