Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, bwizeje ko buzakomeza gushyira imbaraga mu rugamba rwo guhashya ibyihebe, kugira ngo aho biri kwidegembya bihacike.

Byatangarijwe mu nama nyunguranabitegekerezo ya 11 y’ibikorwa bya gisirikare yahuje itsinda ry’Ingabo za Mozambique n’iza Tanzania zihuriye mu bikorwa by’ubufatanye.

Iyi nama yabereye mu mujyi wa Pemba kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, Maj Gen Emmy Ruvusha.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko Maj Gen Emmy Ruvusha “yasezeranyije ko ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukaza ibikorwa bya gisirikare byo guhashya ibyihebe mu bice bikirimo mu rwego rwo kuburizamo kwidengembya kwabo mu bikorwa bikora.”

U Rwanda rufite abasirikare n’Abapolisi mu Turere dutatu muri Mozambique, ari two; Macombia de Praia, Palma, na Ancuabe, rwatangiye kohereza kuva muri Nyakanga 2021.

Mu kwezi kumwe n’igice bishize, muri Kanama 2024, u Rwanda rwohereje irindi tsinda ry’Ingabo n’Abapolisi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu butumwa bw’amahoro.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wahaye ubutumwa aba basirikare n’abapolisi ubwo bari bagiye guhaguruka ku Kibuga cy’Indege, yabasabye kuzarangwa n’imyitwarire myiza kandi n’ubunyamwuga mu kuzuza inshingano inzego z’u Rwanda zimazemo imyaka itatu muri iki Gihugu.

Kuva Ingabo z’u Rwanda zagera muri Mozambique, zagiye zirukana ibyihebe mu bice byari byaragize indiri, ndetse bamwe mu baturage bari barahunze kubera ibikorwa by’ibi byihebe, bakaba baratashye barasubukuye n’ibikorwa bibateza imbere bisanzwe.

Iyi nama yagaragarijwemo ibikorwa biteganyijwe
Maj Gen Emmy Ruvusha yizeje ko RDF izahashya ibyihebe

Ni mu nama yarimo n’ingabo za Tanzania

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eighteen =

Previous Post

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

Next Post

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.