• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, bwizeje ko buzakomeza gushyira imbaraga mu rugamba rwo guhashya ibyihebe, kugira ngo aho biri kwidegembya bihacike.

Byatangarijwe mu nama nyunguranabitegekerezo ya 11 y’ibikorwa bya gisirikare yahuje itsinda ry’Ingabo za Mozambique n’iza Tanzania zihuriye mu bikorwa by’ubufatanye.

Iyi nama yabereye mu mujyi wa Pemba kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, Maj Gen Emmy Ruvusha.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko Maj Gen Emmy Ruvusha “yasezeranyije ko ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukaza ibikorwa bya gisirikare byo guhashya ibyihebe mu bice bikirimo mu rwego rwo kuburizamo kwidengembya kwabo mu bikorwa bikora.”

U Rwanda rufite abasirikare n’Abapolisi mu Turere dutatu muri Mozambique, ari two; Macombia de Praia, Palma, na Ancuabe, rwatangiye kohereza kuva muri Nyakanga 2021.

Mu kwezi kumwe n’igice bishize, muri Kanama 2024, u Rwanda rwohereje irindi tsinda ry’Ingabo n’Abapolisi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, mu butumwa bw’amahoro.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi wahaye ubutumwa aba basirikare n’abapolisi ubwo bari bagiye guhaguruka ku Kibuga cy’Indege, yabasabye kuzarangwa n’imyitwarire myiza kandi n’ubunyamwuga mu kuzuza inshingano inzego z’u Rwanda zimazemo imyaka itatu muri iki Gihugu.

Kuva Ingabo z’u Rwanda zagera muri Mozambique, zagiye zirukana ibyihebe mu bice byari byaragize indiri, ndetse bamwe mu baturage bari barahunze kubera ibikorwa by’ibi byihebe, bakaba baratashye barasubukuye n’ibikorwa bibateza imbere bisanzwe.

Iyi nama yagaragarijwemo ibikorwa biteganyijwe
Maj Gen Emmy Ruvusha yizeje ko RDF izahashya ibyihebe

Ni mu nama yarimo n’ingabo za Tanzania

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 7 =

Previous Post

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

Next Post

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Ibivugwa nyuma y’igitero cya rutura Iran yagabye kuri Israel byazamuye ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.