Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hakorwaga igikorwa cyo gufata abana bavugwaho guteza umutekano mucye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye batandatu bari bamaze kwiba bihishe mu miferege y’amazi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, ubwo aba bana batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15 bari bamaze kwiba radio na telefone ariko abantu bakayoberwa aho barengeye.

Bahise binjira mu miferege y’amazi, byanatumye abaturage biyambaza Polisi kugira ngo bafatanye kubakuramo, biba ngombwa ko hacukurwa umuferege bari binjiyemo kugeza igihe babakuriyemo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Ku makuru twahawe n’abaturage, Polisi yakoze igikorwa cyo gushakisha abateza umutekano mucye muri aka gace cyane cyane mu bikorwa bitandukanye by’ubujura aho muri iki gitondo bari bamaze kwiba abaturage smart phone imwe na radio nto imwe bagahungira mu muferege w’amazi upfundikiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, akomeza avuga ko abafashwe ari batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15.

SP Emmanuel Habiyaremye yaboneyeho kuburira abishoye muri izi ngeso mbi, ati “Turaburira abishora muri ibi korwa bibi by’ubujura n’ibindi byaha kubivamo kuko Polisi ikomeje ibikorwa byayo byo kubahigwa bukware.”

Bamwe mu batuye mu karere ka Huye byumwihariko mu Murenge wa Tumba, bavuga ko ikibazo cy’abana nk’aba bambura abaturage bakanatobora inzu atari gishya ndetse ko kimaze gufata indi ntera mu mujyi wa Huye no mu nkengero zawo.

Aba bana bambura abaturage bakaniba mu ngo zabo, bavuga ko baba  barabitangiye bakiri bato cyane, aho batangira basabiriza ku mihanda ndetse no mu ngo nyuma bamara kuba bakuru bakajya bashikuza abaturage ibyo bafite.

Abaturage bari baje kwirebera uko aba bana bafatwa

Byabaye ngombwa ko basenya ibikorwa remezo kugira ngo bafatwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Next Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.