Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

radiotv10by radiotv10
18/08/2021
in MU RWANDA
0
Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bimukira ryasabye ko habaho “kwagura kwihuse” kw’ibikorwa by’imfashanyo no kongerera inkunga ibikorwa byaryo mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique.

António Vitorino, umukuru w’umuryango mpuzamahanga wita ku bimukira (International Organisation for Migration, IOM) uri mu ruzinduko muri Mozambique, yavuze ko ubwo bufasha bucyenewe mu kugoboka abantu babarirwa mu bihumbi amagana bakuwe mu byabo n’umutekano mucye muri ako karere.

Yagize ati: “Inyongera nyinshi y’inkunga iracyenewe ngo ifashe mu bicyenewe byo kurengera ubuzima no gukora kuburyo habaho ibisubizo birambye, cyane cyane mbere yuko igihe gitaha cy’imvura n’umuyaga kigera mu kwezi kwa cumi na kabiri”.

Umukuru wa IOM yasuye akarere ka Metuge, kakiriye abantu bagera hafi ku 125,000 mu barenga 800,000 bataye ingo zabo kuva mu mpera y’umwaka wa 2017.

Umuryango IOM wavuze ko watanze imfashanyo ku bantu barenga 600,000 mu ntara ya Cabo Delgado hagati y’ukwezi kwa mbere n’ukwa karindwi uyu mwaka, harimo no kububakira aho kwikinga cyangwa mu nkunga yo kongera kwiyubaka no kubaha ibikoresho byo mu nzu.

Ariko uyu muryango uvuga ko ibikorwa byawo biterwa inkunga nkeya.

Ugereranya ko ucyeneye miliyoni 58 z’amadolari y’Amerika (agera kuri miliyari 58 mu mafaranga y’u Rwanda) kugira ngo ushobore gutanga ubufasha mu bikorwa byihutirwa ndetse no mu bikorwa bya nyuma y’amakuba.

Kuva mu 2017, intara ya Cabo Delgado yaranzwemo ibitero by’imitwe yitwaje intwaro.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eight =

Previous Post

CRICKET: Clinton Rubagumya yijeje abanyarwanda gutangira ikiragano gishya bahangana na Ghana mu mikino 5

Next Post

#10SPORTS: Renato Sanches na Juste Fontaine baravutse,Usain Bolt akora agashya…ibyaranze umunsi nk’uyu mu mateka

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
#10SPORTS: Renato Sanches na Juste Fontaine baravutse,Usain Bolt akora agashya…ibyaranze umunsi nk’uyu mu mateka

#10SPORTS: Renato Sanches na Juste Fontaine baravutse,Usain Bolt akora agashya…ibyaranze umunsi nk’uyu mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.