Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’umuziki mu Rwanda ntibazagira irungu muri iyi Weekend kuko MTN Rwanda yabazirikanye ikabategurira iserukiramuco ry’umuziki rizamara iminsi ibiri rizanaririmbamo abahanzi b’ibirangirire muri Africa nka Kizz Daniel, Sheebah na Bruce Melodie.

Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya mbere, ryateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda na kompanyi ya ATHF.

Iri serukiramuco rizabera mu mbuga ngari ya Canal Olympia i Rebero, rizaririmbamo kandi abahanzi nyarwanda bakunzwe barimo Bruce Melodie, Ish Kevin, Arielz Wayz, and Kivumbi King.

Abazaryitabira kandi bazumva umuziki uvangavanze uzacurangwa n’abavangamiziki (DJs) bakomeye mu Rwanda barimo DJ Toxxyk, DJ Ira, DJ Marnaud.

Umuyobozi ushinzwe abakiliya muri MTN Rwanda, Ankoma Agyapong yabwiye itangazamakuru ati “Umuziki uhuriza hamwe abantu b’ingeri zitandukanye bakagirana ibihe byiza kandi ibyo ni byo duhora twifuriza abakiliya bacu none tugiye kubibagezaho muri iyi weekend.”

Yavuze ko nka MTN Rwanda bishimiye gutegura iri serukiramuco ndetse ko buri muririmbyi uzataramira abazaryitabira afite agashya ke azakora ku rubyiniro.

Toyosi Oyetunji uhagarariye ATHF na we yavuze ko bishimiye gufatanya na MTN nka sosiyete ifite izina rikomeye ku Isi mu guterura abaturarwanda iri serukiramuco ryitezweho kuzaha ibyishimo abakunzi b’umuziki mu Rwanda.

Yagize ati “Twese twishimiye cyane kuzaha ibyishimo abantu muri ibi bihe by’impeshyi. Iki gikorwa ni kimwe mu bitaramo byinshi bigiye kuzakorwa mu ntego zo kuzamura urwego rw’umuziki n’ubuhanzi mu Rwanda nk’uruganda rw’udushya.”

Umunya-Uganda, Sheebah Karungi wanamaze kugera mu Rwanda unategerejwe gutaramira Abanyakigali kuri uyu wa Gatanu, yaraye anasuye MTN Rwanda anaramukanya n’abakozi b’iyi sosiyete y’itumanaho ikomeye mu Rwanda.

Sheebah wamaze kugera mu Rwanda yasuye MTN Rwanda aramukanya n’abakozi bayo
Iki gitaramo kizaririmbamo na Kivumbi uri mu bakunzwe muri iyi minsi

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Next Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Related Posts

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzikazi Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’ nyuma y’igihe...

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.