Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’umuziki mu Rwanda ntibazagira irungu muri iyi Weekend kuko MTN Rwanda yabazirikanye ikabategurira iserukiramuco ry’umuziki rizamara iminsi ibiri rizanaririmbamo abahanzi b’ibirangirire muri Africa nka Kizz Daniel, Sheebah na Bruce Melodie.

Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya mbere, ryateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda na kompanyi ya ATHF.

Iri serukiramuco rizabera mu mbuga ngari ya Canal Olympia i Rebero, rizaririmbamo kandi abahanzi nyarwanda bakunzwe barimo Bruce Melodie, Ish Kevin, Arielz Wayz, and Kivumbi King.

Abazaryitabira kandi bazumva umuziki uvangavanze uzacurangwa n’abavangamiziki (DJs) bakomeye mu Rwanda barimo DJ Toxxyk, DJ Ira, DJ Marnaud.

Umuyobozi ushinzwe abakiliya muri MTN Rwanda, Ankoma Agyapong yabwiye itangazamakuru ati “Umuziki uhuriza hamwe abantu b’ingeri zitandukanye bakagirana ibihe byiza kandi ibyo ni byo duhora twifuriza abakiliya bacu none tugiye kubibagezaho muri iyi weekend.”

Yavuze ko nka MTN Rwanda bishimiye gutegura iri serukiramuco ndetse ko buri muririmbyi uzataramira abazaryitabira afite agashya ke azakora ku rubyiniro.

Toyosi Oyetunji uhagarariye ATHF na we yavuze ko bishimiye gufatanya na MTN nka sosiyete ifite izina rikomeye ku Isi mu guterura abaturarwanda iri serukiramuco ryitezweho kuzaha ibyishimo abakunzi b’umuziki mu Rwanda.

Yagize ati “Twese twishimiye cyane kuzaha ibyishimo abantu muri ibi bihe by’impeshyi. Iki gikorwa ni kimwe mu bitaramo byinshi bigiye kuzakorwa mu ntego zo kuzamura urwego rw’umuziki n’ubuhanzi mu Rwanda nk’uruganda rw’udushya.”

Umunya-Uganda, Sheebah Karungi wanamaze kugera mu Rwanda unategerejwe gutaramira Abanyakigali kuri uyu wa Gatanu, yaraye anasuye MTN Rwanda anaramukanya n’abakozi b’iyi sosiyete y’itumanaho ikomeye mu Rwanda.

Sheebah wamaze kugera mu Rwanda yasuye MTN Rwanda aramukanya n’abakozi bayo
Iki gitaramo kizaririmbamo na Kivumbi uri mu bakunzwe muri iyi minsi

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Next Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.