• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
MTN irinjiza Abanyakigali muri Weekend bamwenyura mu iserukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel, Sheebah,…
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’umuziki mu Rwanda ntibazagira irungu muri iyi Weekend kuko MTN Rwanda yabazirikanye ikabategurira iserukiramuco ry’umuziki rizamara iminsi ibiri rizanaririmbamo abahanzi b’ibirangirire muri Africa nka Kizz Daniel, Sheebah na Bruce Melodie.

Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya mbere, ryateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda na kompanyi ya ATHF.

Iri serukiramuco rizabera mu mbuga ngari ya Canal Olympia i Rebero, rizaririmbamo kandi abahanzi nyarwanda bakunzwe barimo Bruce Melodie, Ish Kevin, Arielz Wayz, and Kivumbi King.

Abazaryitabira kandi bazumva umuziki uvangavanze uzacurangwa n’abavangamiziki (DJs) bakomeye mu Rwanda barimo DJ Toxxyk, DJ Ira, DJ Marnaud.

Umuyobozi ushinzwe abakiliya muri MTN Rwanda, Ankoma Agyapong yabwiye itangazamakuru ati “Umuziki uhuriza hamwe abantu b’ingeri zitandukanye bakagirana ibihe byiza kandi ibyo ni byo duhora twifuriza abakiliya bacu none tugiye kubibagezaho muri iyi weekend.”

Yavuze ko nka MTN Rwanda bishimiye gutegura iri serukiramuco ndetse ko buri muririmbyi uzataramira abazaryitabira afite agashya ke azakora ku rubyiniro.

Toyosi Oyetunji uhagarariye ATHF na we yavuze ko bishimiye gufatanya na MTN nka sosiyete ifite izina rikomeye ku Isi mu guterura abaturarwanda iri serukiramuco ryitezweho kuzaha ibyishimo abakunzi b’umuziki mu Rwanda.

Yagize ati “Twese twishimiye cyane kuzaha ibyishimo abantu muri ibi bihe by’impeshyi. Iki gikorwa ni kimwe mu bitaramo byinshi bigiye kuzakorwa mu ntego zo kuzamura urwego rw’umuziki n’ubuhanzi mu Rwanda nk’uruganda rw’udushya.”

Umunya-Uganda, Sheebah Karungi wanamaze kugera mu Rwanda unategerejwe gutaramira Abanyakigali kuri uyu wa Gatanu, yaraye anasuye MTN Rwanda anaramukanya n’abakozi b’iyi sosiyete y’itumanaho ikomeye mu Rwanda.

Sheebah wamaze kugera mu Rwanda yasuye MTN Rwanda aramukanya n’abakozi bayo
Iki gitaramo kizaririmbamo na Kivumbi uri mu bakunzwe muri iyi minsi

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ariko umuco mbonezabupfura hari abo utareba?- Hari uwanenze imvugo ya Sadate

Next Post

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

VIDEO: Afite igitsina cy’abagabo ariko inyuma ni umugore na we niko yiyumva, yiyambarira amakanzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.