Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN-Rwanda, ikomeje kuzanira abakiliya bayo amahirwe yo gutsindira amafaranga, aho izanye indi gahunda irimo miliyoni 100 Frw azagenda yegukanwa n’abakiliya bayo mu bihe binyuranye mu gihe cy’ibyumweru 10.

Iyi poromosiyo yatangijwe na MTN Rwanda, igamije gushimira abafatabuguzi basanzwe b’iyi kompanyi ndetse n’abifuza kuyibera abakiliya, mu rwego rwo kwitegura isabukuru yayo y’imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, izaba muri uyu mwaka.

Muri iyi gahunda yiswe ‘Tubitayeho’, hatangijwe ubukangurambaga bwa ‘Izihirwe na MTN’ buzamara ibyumweru 10, aho abanyamahirwe bazagira amahirwe yo gutsindira amafaranga kubera gukoresha serivisi za MTN, haba mu kugura ama-Unite yo guhamagara hakoreshejwe uburyo bwa Mobile Money no mu kugura pack zo guhamagara n’iza interineti.

Muri ayo mezi 10, MTN izatanga amafaranga angana na miliyoni 100 Frw ku bakiliya barenga ibihumbi 700 bayo mu bihembo bizajya bitangwa mu buryo bwa buri munsi, ibizajya bitangwa buri cyumweru, ndetse n’ibizajya bitangwa buri kwezi.

Uretse ibihembo by’amafaranga kandi, abakiliya ba MTN bazajya babasha no gutsindira ama-unites yo guhamagara cyangwa aya interineti.

Abifuza kwinjira muri iyi poromosiyo, ni ugukanda *456*25# cyangwa ukohereza ubutumwa kuri 2325 ugahita winjira mu banyamahirwe bazajya batsindira ibihembo by’amafaranga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe agaruka kuri iyi gahunda, yavuze ko ari uburyo bwo gushimira abakiliya bose, abafatanyabikorwa, ndetse n’abandi bose bagira uruhare mu bikorwa bya MTN ku bwo kubabera ab’agaciro mu myaka yose iyi kompanyi imaze ikorera mu Rwanda.

Yagize ati “Izihirwe na MTN iziye igihe mu gihe abantu bakomeje kuzamura imibereho n’ubukungu banahangana n’ingaruka za COVID-19 zirimo n’izamuka ry’ibiciro, ndetse n’ibibazo byagize ku mibereho n’izindi mbogamizi z’ibibazo by’ubukungu byugarije Isi. Intego y’ubu bukangurambaga ni uguha ibyishimo abazatsinda kugira ngo babashe kugira icyo bageraho mu bijyanye n’ubukungu, no kubagaragariza ko tubitayeho.”

Uyu Muyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yasoje avuga ko buri mukiliya w’iyi sosiyete akwiye kubaho mu Isi y’ikoranabuhanga bityo ko izakomeza gukora ibishoboka kugira ngo abakiliya bayo barusheho kugerwaho n’ibyiza.

Iyi gahunda yatangijwe mu cyumweru gishize
Abakiliya ba MTN bazajya batsindira akayabo
Aba mbere barayatahanye

Abandi na bo barategereje
Seburikoko na Kibonke bagufitiye ubutumwa baguhamagarira kwinjira muri iyi gahunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Next Post

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.