Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN-Rwanda, ikomeje kuzanira abakiliya bayo amahirwe yo gutsindira amafaranga, aho izanye indi gahunda irimo miliyoni 100 Frw azagenda yegukanwa n’abakiliya bayo mu bihe binyuranye mu gihe cy’ibyumweru 10.

Iyi poromosiyo yatangijwe na MTN Rwanda, igamije gushimira abafatabuguzi basanzwe b’iyi kompanyi ndetse n’abifuza kuyibera abakiliya, mu rwego rwo kwitegura isabukuru yayo y’imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, izaba muri uyu mwaka.

Muri iyi gahunda yiswe ‘Tubitayeho’, hatangijwe ubukangurambaga bwa ‘Izihirwe na MTN’ buzamara ibyumweru 10, aho abanyamahirwe bazagira amahirwe yo gutsindira amafaranga kubera gukoresha serivisi za MTN, haba mu kugura ama-Unite yo guhamagara hakoreshejwe uburyo bwa Mobile Money no mu kugura pack zo guhamagara n’iza interineti.

Muri ayo mezi 10, MTN izatanga amafaranga angana na miliyoni 100 Frw ku bakiliya barenga ibihumbi 700 bayo mu bihembo bizajya bitangwa mu buryo bwa buri munsi, ibizajya bitangwa buri cyumweru, ndetse n’ibizajya bitangwa buri kwezi.

Uretse ibihembo by’amafaranga kandi, abakiliya ba MTN bazajya babasha no gutsindira ama-unites yo guhamagara cyangwa aya interineti.

Abifuza kwinjira muri iyi poromosiyo, ni ugukanda *456*25# cyangwa ukohereza ubutumwa kuri 2325 ugahita winjira mu banyamahirwe bazajya batsindira ibihembo by’amafaranga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe agaruka kuri iyi gahunda, yavuze ko ari uburyo bwo gushimira abakiliya bose, abafatanyabikorwa, ndetse n’abandi bose bagira uruhare mu bikorwa bya MTN ku bwo kubabera ab’agaciro mu myaka yose iyi kompanyi imaze ikorera mu Rwanda.

Yagize ati “Izihirwe na MTN iziye igihe mu gihe abantu bakomeje kuzamura imibereho n’ubukungu banahangana n’ingaruka za COVID-19 zirimo n’izamuka ry’ibiciro, ndetse n’ibibazo byagize ku mibereho n’izindi mbogamizi z’ibibazo by’ubukungu byugarije Isi. Intego y’ubu bukangurambaga ni uguha ibyishimo abazatsinda kugira ngo babashe kugira icyo bageraho mu bijyanye n’ubukungu, no kubagaragariza ko tubitayeho.”

Uyu Muyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yasoje avuga ko buri mukiliya w’iyi sosiyete akwiye kubaho mu Isi y’ikoranabuhanga bityo ko izakomeza gukora ibishoboka kugira ngo abakiliya bayo barusheho kugerwaho n’ibyiza.

Iyi gahunda yatangijwe mu cyumweru gishize
Abakiliya ba MTN bazajya batsindira akayabo
Aba mbere barayatahanye

Abandi na bo barategereje
Seburikoko na Kibonke bagufitiye ubutumwa baguhamagarira kwinjira muri iyi gahunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Next Post

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.