Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN yongeye kudabagiza abakiliya izana amahirwe arimo miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN-Rwanda, ikomeje kuzanira abakiliya bayo amahirwe yo gutsindira amafaranga, aho izanye indi gahunda irimo miliyoni 100 Frw azagenda yegukanwa n’abakiliya bayo mu bihe binyuranye mu gihe cy’ibyumweru 10.

Iyi poromosiyo yatangijwe na MTN Rwanda, igamije gushimira abafatabuguzi basanzwe b’iyi kompanyi ndetse n’abifuza kuyibera abakiliya, mu rwego rwo kwitegura isabukuru yayo y’imyaka 25 imaze ikorera mu Rwanda, izaba muri uyu mwaka.

Muri iyi gahunda yiswe ‘Tubitayeho’, hatangijwe ubukangurambaga bwa ‘Izihirwe na MTN’ buzamara ibyumweru 10, aho abanyamahirwe bazagira amahirwe yo gutsindira amafaranga kubera gukoresha serivisi za MTN, haba mu kugura ama-Unite yo guhamagara hakoreshejwe uburyo bwa Mobile Money no mu kugura pack zo guhamagara n’iza interineti.

Muri ayo mezi 10, MTN izatanga amafaranga angana na miliyoni 100 Frw ku bakiliya barenga ibihumbi 700 bayo mu bihembo bizajya bitangwa mu buryo bwa buri munsi, ibizajya bitangwa buri cyumweru, ndetse n’ibizajya bitangwa buri kwezi.

Uretse ibihembo by’amafaranga kandi, abakiliya ba MTN bazajya babasha no gutsindira ama-unites yo guhamagara cyangwa aya interineti.

Abifuza kwinjira muri iyi poromosiyo, ni ugukanda *456*25# cyangwa ukohereza ubutumwa kuri 2325 ugahita winjira mu banyamahirwe bazajya batsindira ibihembo by’amafaranga.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe agaruka kuri iyi gahunda, yavuze ko ari uburyo bwo gushimira abakiliya bose, abafatanyabikorwa, ndetse n’abandi bose bagira uruhare mu bikorwa bya MTN ku bwo kubabera ab’agaciro mu myaka yose iyi kompanyi imaze ikorera mu Rwanda.

Yagize ati “Izihirwe na MTN iziye igihe mu gihe abantu bakomeje kuzamura imibereho n’ubukungu banahangana n’ingaruka za COVID-19 zirimo n’izamuka ry’ibiciro, ndetse n’ibibazo byagize ku mibereho n’izindi mbogamizi z’ibibazo by’ubukungu byugarije Isi. Intego y’ubu bukangurambaga ni uguha ibyishimo abazatsinda kugira ngo babashe kugira icyo bageraho mu bijyanye n’ubukungu, no kubagaragariza ko tubitayeho.”

Uyu Muyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yasoje avuga ko buri mukiliya w’iyi sosiyete akwiye kubaho mu Isi y’ikoranabuhanga bityo ko izakomeza gukora ibishoboka kugira ngo abakiliya bayo barusheho kugerwaho n’ibyiza.

Iyi gahunda yatangijwe mu cyumweru gishize
Abakiliya ba MTN bazajya batsindira akayabo
Aba mbere barayatahanye

Abandi na bo barategereje
Seburikoko na Kibonke bagufitiye ubutumwa baguhamagarira kwinjira muri iyi gahunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seventeen =

Previous Post

Inkunga y’ibiryo yateje umwuka mucye kubera ibyabaye bidakwiye

Next Post

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Muri Tennis hongeye kuba igitangaza cyakokozwe n’Umunya-Serbia wahise yicarana na Rafael Nadal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.