Ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byasubitswe nyuma yuko Visi Perezida wa US, JD Vance atinze gufata urugendo rumwerecyeza mu Busuwisi bigomba kubera.
Ibi byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri America ‘White House’ mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane ko Vance atazabasha kugera ahagombaga kubera ibi biganiro kandi bivuga ko uburyo bwo kuhagera, “bitakozwe mu buryo bworoshye cyangwa bube bwateganyijwe.”
Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe America ihagaritse ibikorwa byayo bya gisirikare byo mu mazi kuri Iran nyuma yuko Ibihugu byombi bisinye amasezerano agamije kurangiza intambara.
Nubwo amasezerano yanavuze ko intambara igomba kurangira muri Liban, Minisiteri y’Ubuzima y’icyo gihugu yavuze ko ibitero bya Israel byahitanye nibura abantu 18 mu majyepfo y’iki Gihugu mu ijoro rimwe.
Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyibasiye umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran, kandi ko abasirikare bane bawo bishwe.
Abari kwitabira ibi biganiro bagombaga guhura ku cyo abategetsi ba America bitaga “ibiganiro bya tekiniki” ku ntambwe zikurikira nyuma y’amasezerano yasinywe mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Mu itangazo ryayo, White House yavuze ko gutegura gahunda z’ibiganiro “bitabashije kugerwaho. Yongeyeho ko America itegereje “gutangira ibiganiro bya tekiniki mu gihe cya vuba gishoboka.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Busuwisi nk’Igihugu cyagombaga kwakira ibi biganiro, yemeje ko ibiganiro byari kubera ku nkombe y’umusozi wa Burgenstock “byasubitswe”, nubwo yavuze ko imyiteguro y’ibiganiro ikomeje.
Ibiganiro byari byitezwe ko bizibanda ku gushyira mu bikorwa amasezerano no gutangiza ibiganiro ku bibazo by’igihe kirekire, harimo n’ibikorwa by’ingufu za kirimbuzi bya Irani.
Amasezerano y’ibi Bihugu byombi kandi agizwe n’ingingo 14, zirimo iteganya gufungura Umuhora wa Hormuz, ndetse n’ivuga ko Iran itazigera igira intwaro za kirimbuzi. Nanone kandi aya masezerano asaba impande zombi kugera ku masezerano ya nyuma mu gihe kitarenze iminsi 60 ishobora kongerwa mu gihe byumvikanyweho.
RADIOTV10






