Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko indege y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda ikaharasirwa igasubirayo ikongoka, Guverinoma ya DRC yavuze ko iyi ndege itari iri mu kirere cy’u Rwanda.

Iyi ndege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yarasiwe mu kirere cy’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023 saa kumi n’imwe n’iminota itatu (05:03’) nkuko byemejwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze ubwo iyi ndege yari imaze kuraswa.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryavugaga ko nyuma yuko iyi ndege yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda, hanabayeho n’ingamba z’ubwirinzi, igasaba Congo Kinshasa guhagarika ubu bushotoranyi bumaze kuba inshuro nyinshi.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo yashyize hanze itangazo rivuga ko ibabajwe n’igitero cyagabwe kuri iyi ndege ngo yari iri mu kirere cya Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Riti “Iyi ndege yarashwe ubwo yari iri kugwa ku kibuga mpuzamahanga cya Goma. Amasasu y’u Rwanda yayikurikiye mu kirere cya cya Congo kugeza ku butaka bwa Congo. Ntiyigeze igera mu kirere cy’u Rwanda. Indege yagiye idafite ibibazo bikanganye.”

Muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo Kinshasa ivuga ko iyi ndege ya Sukhoi-25 yari iri kururuka ku kibuga cy’indege cya Goma, ikavuga ko yarasiwe mu kirere cyabo.

Gusa amashusho yagaragaye ubwo iyi ndege yaraswagaho, byagaragariraga buri wese ko iri mu kirere cy’u Rwanda, ndetse ubwo yari imaze kukivamo, ibikorwa byo kuyirasaho byahise bihagaragara.

Guverinoma ya Congo, yaboneyeho kongera gushinja u Rwanda ibinyoma byayo bimenyerewe, ivuga ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero mu gace ka Kitchanga, ngo zigahita zisubizwa inyuma n’iza Congo.

Imirwano yaberye mu mujyi wa Kitchanga, yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, Mai-Mai ndetse n’abacancuro b’Abarusiya, banagaragaye bahunga urugamba nyuma yo kotswaho umuriro na M23.

Muri iri tangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isoza yongera gushinja u Rwanda ubushotoranyi, ikavuga ko itazabyihanganira.

Nanone kandi muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo yazanyemo ibirego bishya, ivuga ko biriya bitero byabaye “nyuma y’iminsi micye hatangiye ibikorwa byo kubarura abazatora mu burasirazuba bw’Igihugu” Igasaba ko “umuryango mpuzamahanga ushyira igitutu ku Rwanda no ku mutwe w’iterabwoba wa M23 bagahagarika kubangamira ibi bikorwa by’amatora ateganyijwe muri uyu mwaka.” 

Iyi ndege y’intambara y’igisirikare cya Congo yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yavogereye ikirere cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yabaye iya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ku nshuro ya mbere yaje tariki indwi Ugushyingo 2022 bwo ikanagwa ku kibuga cy’indege cya Gisenyi ndetse n’indi yaje mu kirere cy’u Rwanda tariki 28 Ukuboza 2022.

Iyi ndege y’intambara ya Congo Kinshasa, ivogereye ikirere cy’u Rwanda ku ubugiragatatu, mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu iherutse no gushyira hanze itangazo ryumvikanyemo ko ifite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Ni itangazo ryakurikiwe n’iryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, ryagaragaje imyitwarire y’iki Gihugu cy’igituranyi irimo no kuba kiri gukoresha abacancuro, bishimangira ko gifite uyu mugambi mubisha.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda kandi yavuze ko u Rwanda rutigeze na rimwe rwifuza kuba rwashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko igihe cyose rwayishozwaho, ruzayirwana kuko ubushobozi ari bwose.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Baptiste GAHAMANYI says:
    2 years ago

    Uguhiga ubutwari muratabarana!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Ishyamba si ryeru muri Label ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda

Next Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.