Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko indege y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda ikaharasirwa igasubirayo ikongoka, Guverinoma ya DRC yavuze ko iyi ndege itari iri mu kirere cy’u Rwanda.

Iyi ndege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yarasiwe mu kirere cy’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023 saa kumi n’imwe n’iminota itatu (05:03’) nkuko byemejwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze ubwo iyi ndege yari imaze kuraswa.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryavugaga ko nyuma yuko iyi ndege yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda, hanabayeho n’ingamba z’ubwirinzi, igasaba Congo Kinshasa guhagarika ubu bushotoranyi bumaze kuba inshuro nyinshi.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo yashyize hanze itangazo rivuga ko ibabajwe n’igitero cyagabwe kuri iyi ndege ngo yari iri mu kirere cya Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Riti “Iyi ndege yarashwe ubwo yari iri kugwa ku kibuga mpuzamahanga cya Goma. Amasasu y’u Rwanda yayikurikiye mu kirere cya cya Congo kugeza ku butaka bwa Congo. Ntiyigeze igera mu kirere cy’u Rwanda. Indege yagiye idafite ibibazo bikanganye.”

Muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo Kinshasa ivuga ko iyi ndege ya Sukhoi-25 yari iri kururuka ku kibuga cy’indege cya Goma, ikavuga ko yarasiwe mu kirere cyabo.

Gusa amashusho yagaragaye ubwo iyi ndege yaraswagaho, byagaragariraga buri wese ko iri mu kirere cy’u Rwanda, ndetse ubwo yari imaze kukivamo, ibikorwa byo kuyirasaho byahise bihagaragara.

Guverinoma ya Congo, yaboneyeho kongera gushinja u Rwanda ibinyoma byayo bimenyerewe, ivuga ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero mu gace ka Kitchanga, ngo zigahita zisubizwa inyuma n’iza Congo.

Imirwano yaberye mu mujyi wa Kitchanga, yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, Mai-Mai ndetse n’abacancuro b’Abarusiya, banagaragaye bahunga urugamba nyuma yo kotswaho umuriro na M23.

Muri iri tangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isoza yongera gushinja u Rwanda ubushotoranyi, ikavuga ko itazabyihanganira.

Nanone kandi muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo yazanyemo ibirego bishya, ivuga ko biriya bitero byabaye “nyuma y’iminsi micye hatangiye ibikorwa byo kubarura abazatora mu burasirazuba bw’Igihugu” Igasaba ko “umuryango mpuzamahanga ushyira igitutu ku Rwanda no ku mutwe w’iterabwoba wa M23 bagahagarika kubangamira ibi bikorwa by’amatora ateganyijwe muri uyu mwaka.” 

Iyi ndege y’intambara y’igisirikare cya Congo yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yavogereye ikirere cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yabaye iya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ku nshuro ya mbere yaje tariki indwi Ugushyingo 2022 bwo ikanagwa ku kibuga cy’indege cya Gisenyi ndetse n’indi yaje mu kirere cy’u Rwanda tariki 28 Ukuboza 2022.

Iyi ndege y’intambara ya Congo Kinshasa, ivogereye ikirere cy’u Rwanda ku ubugiragatatu, mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu iherutse no gushyira hanze itangazo ryumvikanyemo ko ifite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Ni itangazo ryakurikiwe n’iryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, ryagaragaje imyitwarire y’iki Gihugu cy’igituranyi irimo no kuba kiri gukoresha abacancuro, bishimangira ko gifite uyu mugambi mubisha.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda kandi yavuze ko u Rwanda rutigeze na rimwe rwifuza kuba rwashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko igihe cyose rwayishozwaho, ruzayirwana kuko ubushobozi ari bwose.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Baptiste GAHAMANYI says:
    3 years ago

    Uguhiga ubutwari muratabarana!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ishyamba si ryeru muri Label ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda

Next Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.