Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko indege y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda ikaharasirwa igasubirayo ikongoka, Guverinoma ya DRC yavuze ko iyi ndege itari iri mu kirere cy’u Rwanda.

Iyi ndege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yarasiwe mu kirere cy’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023 saa kumi n’imwe n’iminota itatu (05:03’) nkuko byemejwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze ubwo iyi ndege yari imaze kuraswa.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryavugaga ko nyuma yuko iyi ndege yongeye kuvogera ikirere cy’u Rwanda, hanabayeho n’ingamba z’ubwirinzi, igasaba Congo Kinshasa guhagarika ubu bushotoranyi bumaze kuba inshuro nyinshi.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo yashyize hanze itangazo rivuga ko ibabajwe n’igitero cyagabwe kuri iyi ndege ngo yari iri mu kirere cya Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Riti “Iyi ndege yarashwe ubwo yari iri kugwa ku kibuga mpuzamahanga cya Goma. Amasasu y’u Rwanda yayikurikiye mu kirere cya cya Congo kugeza ku butaka bwa Congo. Ntiyigeze igera mu kirere cy’u Rwanda. Indege yagiye idafite ibibazo bikanganye.”

Muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo Kinshasa ivuga ko iyi ndege ya Sukhoi-25 yari iri kururuka ku kibuga cy’indege cya Goma, ikavuga ko yarasiwe mu kirere cyabo.

Gusa amashusho yagaragaye ubwo iyi ndege yaraswagaho, byagaragariraga buri wese ko iri mu kirere cy’u Rwanda, ndetse ubwo yari imaze kukivamo, ibikorwa byo kuyirasaho byahise bihagaragara.

Guverinoma ya Congo, yaboneyeho kongera gushinja u Rwanda ibinyoma byayo bimenyerewe, ivuga ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero mu gace ka Kitchanga, ngo zigahita zisubizwa inyuma n’iza Congo.

Imirwano yaberye mu mujyi wa Kitchanga, yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, Mai-Mai ndetse n’abacancuro b’Abarusiya, banagaragaye bahunga urugamba nyuma yo kotswaho umuriro na M23.

Muri iri tangazo rya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isoza yongera gushinja u Rwanda ubushotoranyi, ikavuga ko itazabyihanganira.

Nanone kandi muri iri tangazo, Guverinoma ya Congo yazanyemo ibirego bishya, ivuga ko biriya bitero byabaye “nyuma y’iminsi micye hatangiye ibikorwa byo kubarura abazatora mu burasirazuba bw’Igihugu” Igasaba ko “umuryango mpuzamahanga ushyira igitutu ku Rwanda no ku mutwe w’iterabwoba wa M23 bagahagarika kubangamira ibi bikorwa by’amatora ateganyijwe muri uyu mwaka.” 

Iyi ndege y’intambara y’igisirikare cya Congo yo mu bwoko bwa Sukhoi-25, yavogereye ikirere cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yabaye iya gatatu mu gihe cy’amezi atatu aho ku nshuro ya mbere yaje tariki indwi Ugushyingo 2022 bwo ikanagwa ku kibuga cy’indege cya Gisenyi ndetse n’indi yaje mu kirere cy’u Rwanda tariki 28 Ukuboza 2022.

Iyi ndege y’intambara ya Congo Kinshasa, ivogereye ikirere cy’u Rwanda ku ubugiragatatu, mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu iherutse no gushyira hanze itangazo ryumvikanyemo ko ifite umugambi wo gushoza intambara ku Rwanda.

Ni itangazo ryakurikiwe n’iryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, ryagaragaje imyitwarire y’iki Gihugu cy’igituranyi irimo no kuba kiri gukoresha abacancuro, bishimangira ko gifite uyu mugambi mubisha.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda kandi yavuze ko u Rwanda rutigeze na rimwe rwifuza kuba rwashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko igihe cyose rwayishozwaho, ruzayirwana kuko ubushobozi ari bwose.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Baptiste GAHAMANYI says:
    3 years ago

    Uguhiga ubutwari muratabarana!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

Ishyamba si ryeru muri Label ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda

Next Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.