Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari Rutahizamu wa Arsenal, Pierre Emerick Aubameyang, yasezeye abakunzi b’iyi kipe yari abereye kapiteni mbere y’uko yerekeza muri FC Barcelona.

Ntabwo uyu rutahizamu w’umunya-Gabon yishimiye uburyo yatandukanye n’iyi kipe y’i London kuko yavuze ko nk’umukinnyi iyi kipe yakoreye byinshi ndetse akanegukanamo ibikombe, atari akwiye gusezerera ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yagaragaje ishavu yatewe no kuba atasezerewe muri Arsenal mu buryo bwiza nk’umukinnyi witangiye ikipe mu myaka ine yose ishize.

Yagize ati ”Mwarakoze gutuma njye n’umuryango wanjye tuba i London muri iyi myaka ine itambutse. Twanyuranye muri byinshi, tugirana ibihe byiza n’ibindi bitatworoheye, uko mwanshyigikiraga byanteraga imbaraga.

Kugira amahirwe yo gutsindira ibikombe bitandukanye ndi kapiteni w’iyi kipe, ni ikintu kizahora mu mutima wanjye iteka. Nagerageje kwitanga 100% nkora ibishoboka byose nkorera ikipe, niyo mpamvu gutandukana muri ubu buryo bimbabaje cyane, gusa nta kundi ni umupira.

Nababajwe no kuba mu byumweru bike bishize ntigeze mbona amahirwe yo gufasha bagenzi banjye, gusa ntacyo bitwaye, nubaha cyane iyi kipe, by’ukuri ndifuriza bagenzi banjye n’abafana ibihe byiza no gutsinda mu bihe biri imbere. Ndabakunda, Auba.”

Nyuma y’ubu butumwa, abakinnyi batandukanye barimo Mesut Ozil na Aaron Ramsdale babaye aba mbere mu kumwifuriza ishya n’ihirwe mu ikipe ye nshya.

Uyu rutahizamu ukomoka muri Gabon w’imyaka 32, yasinye amasezerano muri iyi kipe y’i Catalonia mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022.

Kuva mu Ukuboza ubwo yahanwaga na Arsenal kubera kurenga ku mategeko y’imyitwarire, Aubameyang nta mukino yongeye kuyikinira, ariko mbere yaho yari amaze kuyitsindira ibitego 92 mu mikino 163.

Aubameyang yageze muri Arsenal mu 2018 avuye muri Borussia Dortmund yo mu Budage, atanzweho miliyoni 56 z’amapawundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Next Post

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.