Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari Rutahizamu wa Arsenal, Pierre Emerick Aubameyang, yasezeye abakunzi b’iyi kipe yari abereye kapiteni mbere y’uko yerekeza muri FC Barcelona.

Ntabwo uyu rutahizamu w’umunya-Gabon yishimiye uburyo yatandukanye n’iyi kipe y’i London kuko yavuze ko nk’umukinnyi iyi kipe yakoreye byinshi ndetse akanegukanamo ibikombe, atari akwiye gusezerera ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yagaragaje ishavu yatewe no kuba atasezerewe muri Arsenal mu buryo bwiza nk’umukinnyi witangiye ikipe mu myaka ine yose ishize.

Yagize ati ”Mwarakoze gutuma njye n’umuryango wanjye tuba i London muri iyi myaka ine itambutse. Twanyuranye muri byinshi, tugirana ibihe byiza n’ibindi bitatworoheye, uko mwanshyigikiraga byanteraga imbaraga.

Kugira amahirwe yo gutsindira ibikombe bitandukanye ndi kapiteni w’iyi kipe, ni ikintu kizahora mu mutima wanjye iteka. Nagerageje kwitanga 100% nkora ibishoboka byose nkorera ikipe, niyo mpamvu gutandukana muri ubu buryo bimbabaje cyane, gusa nta kundi ni umupira.

Nababajwe no kuba mu byumweru bike bishize ntigeze mbona amahirwe yo gufasha bagenzi banjye, gusa ntacyo bitwaye, nubaha cyane iyi kipe, by’ukuri ndifuriza bagenzi banjye n’abafana ibihe byiza no gutsinda mu bihe biri imbere. Ndabakunda, Auba.”

Nyuma y’ubu butumwa, abakinnyi batandukanye barimo Mesut Ozil na Aaron Ramsdale babaye aba mbere mu kumwifuriza ishya n’ihirwe mu ikipe ye nshya.

Uyu rutahizamu ukomoka muri Gabon w’imyaka 32, yasinye amasezerano muri iyi kipe y’i Catalonia mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022.

Kuva mu Ukuboza ubwo yahanwaga na Arsenal kubera kurenga ku mategeko y’imyitwarire, Aubameyang nta mukino yongeye kuyikinira, ariko mbere yaho yari amaze kuyitsindira ibitego 92 mu mikino 163.

Aubameyang yageze muri Arsenal mu 2018 avuye muri Borussia Dortmund yo mu Budage, atanzweho miliyoni 56 z’amapawundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Next Post

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.