Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo

radiotv10by radiotv10
06/04/2024
in MU RWANDA
0
Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yavuze ko mu gihe u Rwanda n’Isi yose bagiye kwinjira mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga akwiye no kwamagana ibiri kubera muri Congo, kuko byaba bibabaje mu gihe ibyabaye mu Rwanda byakongera kugira ahandi biba. 

Abahanga mu ngeri zitandukanye bavuye mu Bihugu binyuranye by’Isi; kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mata 2024, bateraniye Kigali mu nama mpuzamahanga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 30 ishize.

Bibukiranyije uko ibihe byagiye bisimburana kuva mu itegurwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza ishyizwe mu bikorwa igahitana abatutsi barenga miliyoni imwe.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yavuze ko amahanga yarebereye igikorwa cy’ubunyamaswa cyakorewe umuntu mu kinyajana cya 20.

Yagize ati “Jenoside yambuye ubuzima ikiremwamuntu, yakoze ku kintu gitinyitse kuruta ibindi, ubuzima. Abatutsi bo mu Rwanda bishwe mu buryo bwa kinyamaswa, ababishe muri ubwo buryo; bashyiraga mu bikorwa umugambi mubisha w’ubutegetsi bwariho. Ubwo butegetsi bwashaka kurimbura Abatutsi bose, ubu bugome ndengakamere bwakorewe ikiremwamuntu; ni bwo bwasoje ikinyejana cya 20, ubu ni kimwe mu bigize amateka rusange y’ikiremwamuntu.”

Minisitiri Bizimana yavuze ko amahanga atagomba kongera gusubiramo imyitwarire bagize mu mwaka wa 1994, aho yatereranye Abatutsi bariho bicwa mu Rwanda, asaba ko ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bwamaganwa.

Yagize ati “Ku mupaka w’u Rwanda; muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abishe abantu mu mwaka wa 1994 icyo Gihugu kirabacumbikiye kinabafasha gukomeza gukora ibyaha. Muzamure ijwi ryanyu. Byaba ari ikibazo gikomeye mu gihe icyaha cyamennye amaraso cyakongera kugaruka nyuma y’imyaka 30.”

Aba bahanga baganiriye kuri iyi ngingo mbere iminsi ibiri ngo hatangizwe igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Amahanga yibutswa imyitwarire yagize mu myaka 30 ishize; na yo azaba ahagarariwe muri iki gikorwa, ndetse kugeza magingo aya u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za America bayoboye abemera ko hari icyo batakoze, cyari mu bushobozi bwabo cyanashoboraga guhagarika ishyira mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside.

Dr Jean Damascene Bizimana yasabye amahanga kwamagana ibibera muri Congo

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Next Post

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.