Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga

radiotv10by radiotv10
06/02/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, yazamuye amarangamutima ya benshi bari mu cyumba yabarijwemo. Uyu mukobwa yitwa Uwimana Jeannette, afite nimero 40. Ni umwe mu bakobwa 81 biyandikishije guhatanira ikamba rya Miss Rwanda bahagarariye Intara y’Amajyepfo.

Gusa, abakobwa 47 nibo babashije kugera ahabereye ijonjora rya Miss Rwanda kuri Credo Hotel, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022.

Hifashishijwe umusemuzi w’ururimi rw’amarenga, uyu mukobwa yavuze ko afite umushinga wo gukangurira n’abandi bafite ubumuga bwo kutavuga gutinyuka bakitabira irushanwa rya Miss Rwanda, kuko rifasha abakobwa gukabya inzozi.

 

Asubiza ikibazo yabajijwe, yavuze ko abana bafite ubumuga ari abana nk’abandi ariko ‘usanga bagihezwa mu mashuri’, rimwe na rimwe ugasanga aho bajya batakirwa kimwe.

Uwimana yavuze ko impamvu ya mbere yatumye ashaka guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, ari ukugira ngo akangurire bagenzi be kwitinyuka. Avuga ko yize mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutavuga, abona uburyo bagenzi be bitinyuka.

Ati “Murakoze, abenshi bakunze kwitinya ariko njye nize mu ishuri ry’abafite ubumuga mbona abandi babashije kwitinyuka numva nanjye nakwitinyuka nkitabira Miss Rwanda 2022.”

Munyaneza James uri mu kanama nkemurampaka yavuze ko Uwimana  ari urugero rwiza, kandi ko ibyo yasobanuye bifite ishingiro.

Miss Mutesi Jolly yavuze ko n’abandi bakobwa bakwiye kumureberaho, kuko yitinyutse kandi agatinyura abandi.

Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Itegura Miss Rwanda, Miss Nimwiza Meghan, aherutse kuvuga ko iri rushanwa rifunguye amarembo ku bakobwa bose, ko nta mukobwa ufite ubumuga bw’uruhu cyangwa se undi wese waba warahejwe kwitabira iri rushanwa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

Mu rubanza rwa Miliyoni 700 rw’abahoze ari abakozi ba BK habayemo impaka zo gufotorwa n’itangazamakuru

Next Post

Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.