Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga

radiotv10by radiotv10
06/02/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa rya Miss Rwanda ryagaragayemo umukobwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, yazamuye amarangamutima ya benshi bari mu cyumba yabarijwemo. Uyu mukobwa yitwa Uwimana Jeannette, afite nimero 40. Ni umwe mu bakobwa 81 biyandikishije guhatanira ikamba rya Miss Rwanda bahagarariye Intara y’Amajyepfo.

Gusa, abakobwa 47 nibo babashije kugera ahabereye ijonjora rya Miss Rwanda kuri Credo Hotel, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022.

Hifashishijwe umusemuzi w’ururimi rw’amarenga, uyu mukobwa yavuze ko afite umushinga wo gukangurira n’abandi bafite ubumuga bwo kutavuga gutinyuka bakitabira irushanwa rya Miss Rwanda, kuko rifasha abakobwa gukabya inzozi.

 

Asubiza ikibazo yabajijwe, yavuze ko abana bafite ubumuga ari abana nk’abandi ariko ‘usanga bagihezwa mu mashuri’, rimwe na rimwe ugasanga aho bajya batakirwa kimwe.

Uwimana yavuze ko impamvu ya mbere yatumye ashaka guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2022, ari ukugira ngo akangurire bagenzi be kwitinyuka. Avuga ko yize mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutavuga, abona uburyo bagenzi be bitinyuka.

Ati “Murakoze, abenshi bakunze kwitinya ariko njye nize mu ishuri ry’abafite ubumuga mbona abandi babashije kwitinyuka numva nanjye nakwitinyuka nkitabira Miss Rwanda 2022.”

Munyaneza James uri mu kanama nkemurampaka yavuze ko Uwimana  ari urugero rwiza, kandi ko ibyo yasobanuye bifite ishingiro.

Miss Mutesi Jolly yavuze ko n’abandi bakobwa bakwiye kumureberaho, kuko yitinyutse kandi agatinyura abandi.

Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Itegura Miss Rwanda, Miss Nimwiza Meghan, aherutse kuvuga ko iri rushanwa rifunguye amarembo ku bakobwa bose, ko nta mukobwa ufite ubumuga bw’uruhu cyangwa se undi wese waba warahejwe kwitabira iri rushanwa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Mu rubanza rwa Miliyoni 700 rw’abahoze ari abakozi ba BK habayemo impaka zo gufotorwa n’itangazamakuru

Next Post

Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.