Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Hendrick Vrooman wari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, akaba aherutse guhindurirwa Igihugu azahagarariramo icye, yasezeye ku Banyarwanda, avuga ibyiza azakumbura mu Rwanda.

Ambasaderi Peter Vrooman ni umwe mu bo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yahinduriye inshingano mu mpera za Nyakanga 2021 aho yamuhaye guhagararira Igihugu cye muri Mozambique.

Peter Vrooman wakundaga kugaragaza ko yishimiye umuco w’u Rwanda akaba yari anakunze gukoresha ururimi rw’ikinyarwanda, yasezeye ku Banyarwanda mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga za Ambasade ya USA mu Rwanda.

Yagaragaza cyane ko akunda u Rwanda n’ibyaho

Mu ijambo yavuze mu Kinyarwanda, Ambasaderi Peter Vrooman avuga ko yishimiye ibihe byiza yagiriye mu Rwanda mu myaka ine yari ahamaze.

Ati “Byari iby’icyubahiro gikomeye kuba Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ikinyarwanda cyamfashije kurushaho abaturage n’umuco w’u Rwanda.”

Yavuze ko yishimira ko muri iki gihe amaze ari Ambasaderi mu Rwanda, Abanyarwanda n’Abanyamerika bageze kuri byinshi babikesha ubufatanye mu nzego zinyuranye nko mu buzima.

Yavuze ko hari byinshi azakumbura mu Rwanda birimo ibyiza nyaburanga birutatse nk’ibirunga ndetse n’Ingagi “Harimo iyo nise Intarutwa mu muhango wo kwita Izina mu 2018.”

Peter Vrooman wageze mu Rwanda mu ntangiro za 2018, ni umwe mu Badipolomate bakomeye bagaragazaga urukundo bafitiye u Rwanda kubera uburyo yisanishaga n’imibereho y’Abanyarwanda.

Tariki 24 Mutarama 2022, Ambasaderi Peter Vrooman yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye, bagirana ikiganiro cyo kumusezera.

Ubwo yakirwaga na Perezida Kagame bagirana ikiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 11 =

Previous Post

Huye: Hari abari bafungiye Jenoside bafunguwe bagera mu rugo abagore babo bakabamenesha

Next Post

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.