Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Hendrick Vrooman wari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, akaba aherutse guhindurirwa Igihugu azahagarariramo icye, yasezeye ku Banyarwanda, avuga ibyiza azakumbura mu Rwanda.

Ambasaderi Peter Vrooman ni umwe mu bo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yahinduriye inshingano mu mpera za Nyakanga 2021 aho yamuhaye guhagararira Igihugu cye muri Mozambique.

Peter Vrooman wakundaga kugaragaza ko yishimiye umuco w’u Rwanda akaba yari anakunze gukoresha ururimi rw’ikinyarwanda, yasezeye ku Banyarwanda mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga za Ambasade ya USA mu Rwanda.

Yagaragaza cyane ko akunda u Rwanda n’ibyaho

Mu ijambo yavuze mu Kinyarwanda, Ambasaderi Peter Vrooman avuga ko yishimiye ibihe byiza yagiriye mu Rwanda mu myaka ine yari ahamaze.

Ati “Byari iby’icyubahiro gikomeye kuba Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ikinyarwanda cyamfashije kurushaho abaturage n’umuco w’u Rwanda.”

Yavuze ko yishimira ko muri iki gihe amaze ari Ambasaderi mu Rwanda, Abanyarwanda n’Abanyamerika bageze kuri byinshi babikesha ubufatanye mu nzego zinyuranye nko mu buzima.

Yavuze ko hari byinshi azakumbura mu Rwanda birimo ibyiza nyaburanga birutatse nk’ibirunga ndetse n’Ingagi “Harimo iyo nise Intarutwa mu muhango wo kwita Izina mu 2018.”

Peter Vrooman wageze mu Rwanda mu ntangiro za 2018, ni umwe mu Badipolomate bakomeye bagaragazaga urukundo bafitiye u Rwanda kubera uburyo yisanishaga n’imibereho y’Abanyarwanda.

Tariki 24 Mutarama 2022, Ambasaderi Peter Vrooman yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye, bagirana ikiganiro cyo kumusezera.

Ubwo yakirwaga na Perezida Kagame bagirana ikiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Huye: Hari abari bafungiye Jenoside bafunguwe bagera mu rugo abagore babo bakabamenesha

Next Post

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.