Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Peter Hendrick Vrooman wari Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, akaba aherutse guhindurirwa Igihugu azahagarariramo icye, yasezeye ku Banyarwanda, avuga ibyiza azakumbura mu Rwanda.

Ambasaderi Peter Vrooman ni umwe mu bo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yahinduriye inshingano mu mpera za Nyakanga 2021 aho yamuhaye guhagararira Igihugu cye muri Mozambique.

Peter Vrooman wakundaga kugaragaza ko yishimiye umuco w’u Rwanda akaba yari anakunze gukoresha ururimi rw’ikinyarwanda, yasezeye ku Banyarwanda mu mashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga za Ambasade ya USA mu Rwanda.

Yagaragaza cyane ko akunda u Rwanda n’ibyaho

Mu ijambo yavuze mu Kinyarwanda, Ambasaderi Peter Vrooman avuga ko yishimiye ibihe byiza yagiriye mu Rwanda mu myaka ine yari ahamaze.

Ati “Byari iby’icyubahiro gikomeye kuba Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ikinyarwanda cyamfashije kurushaho abaturage n’umuco w’u Rwanda.”

Yavuze ko yishimira ko muri iki gihe amaze ari Ambasaderi mu Rwanda, Abanyarwanda n’Abanyamerika bageze kuri byinshi babikesha ubufatanye mu nzego zinyuranye nko mu buzima.

Yavuze ko hari byinshi azakumbura mu Rwanda birimo ibyiza nyaburanga birutatse nk’ibirunga ndetse n’Ingagi “Harimo iyo nise Intarutwa mu muhango wo kwita Izina mu 2018.”

Peter Vrooman wageze mu Rwanda mu ntangiro za 2018, ni umwe mu Badipolomate bakomeye bagaragazaga urukundo bafitiye u Rwanda kubera uburyo yisanishaga n’imibereho y’Abanyarwanda.

Tariki 24 Mutarama 2022, Ambasaderi Peter Vrooman yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye, bagirana ikiganiro cyo kumusezera.

Ubwo yakirwaga na Perezida Kagame bagirana ikiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eighteen =

Previous Post

Huye: Hari abari bafungiye Jenoside bafunguwe bagera mu rugo abagore babo bakabamenesha

Next Post

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Ingorofani yahindutse moto, isarubeti ihinduka Kositimu: Impinduka kuri wa mukarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.