Friday, April 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bikorwa byo gusubiza abanyeshuri ku bigo by’amashuri bigaho, hagaragaye ikibazo cy’ubwinshi bwabo baje ku munsi wa nyuma w’ingendo bituma benshi barara batageze aho biga. Minisiteri y’Uburezi yavuze ko umubare w’abanyeshuri batabashije kugenda kuri iyi nshuro ari wo munini wagaragaye, igaragaza n’igishobora kuba cyabiteye.

Kuri iki Cyumweru tariki 08 Mutarama 2023 wari umunsi wa nyuma w’ingendo z’abanyeshuri bagombaga kwerecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, gusa bamwe ntibabashje kugerayo kubera umubare munini wabo.

Kuri kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) aho aba banyeshuri bafatiraga imodoka ziberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, byarinze bigera saa tatu z’ijoro, ari benshi bigaragara ko bose batabona imodoka zibajyana.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mujyi wa Kigali bafashe icyemezo cyo kujya gufata abana babo babasubiza mu ngo, mu gihe abandi benshi baturutse mu Ntara bashakiwe aho bacumbikirwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko ikibazo cy’ababyeyi batubahiriza gahunda yo kohereza abana babo kare cyajyaga kibaho “ariko noneho byakabije nkeka ko batinze mu minsi mikuru.”

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko aba banyeshuri batabashije kugera ku bigo bigaho, bataza gutereranwa. Ati “Turashaka uburyo tubacumbikira mu bigo by’amashuri n’ubundi bijya bibaho, hanyuma ejo mu gitondo [yavugaga muri iki gitondo cyo ku wa Mbere] gahunda izakomeza yo kubageza ku mashuri bigaho.”

Iyi gahunda y’ingendo zo kujyana abanyeshuri ku mashuri bagiye mu masomo y’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023, yatangiye ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje ikaba yagombaga kurangira kuri iki Cyumweru.

Dr Uwamariya avuga ko mu minsi ibiri ya mbere haje abanyeshuri bacye “batangira kuza ari benshi ku munsi w’ejo [ku wa Gatandatu] ku munsi wo ku Cyumweru ho birakabya kubera ko buriya n’abashinzwe gutwara abagenzi ntabwo baba babyiteguye kuko baba bagomba no gukomeza gutwara n’abandi bagenzi batari abanyeshuri, iyo baje rero bakahahurira ni yo mpamvu byabaye ikibazo.”

Minisitiri w’Uburezi yibukije ababyeyi ko iyi gahunda yashyiriweho gufasha abana kugera ku mashuri nta nkomyi ariko ko ababyeyi bakomeje kuyikerensa.

Ati “Ababyeyi bajye badufasha iki kintu ntikizongere kubaho, natwe ubwo tuzakomeza tubivuge dukomeze ubukangurambaga.”

Yavuze ko nubwo umubare w’aba banyeshuri batabashije kugenda wari uri hejuru ugereranyije n’uwajyaga ugaragara, ariko inzego z’uburezi zavuganye n’ibigo by’amashuri byabacumbikiye ko bigomba no kubaha amafunguro yo kurarira.

Bamwe mu babyeyi bavuze ko batatinze kuzana abana babo ku bushake kuko na bo baba babanje kubura amafaranga y’ibikoresho ndetse n’ay’ishuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Elyse says:
    3 years ago

    Ikibazo si ababyeyi ahubwo ikibazo Kiri kuri transport imodoka ntabwo zihagije ministeri zikorane neza kuko niba umuntu ashobora guhagarar muri gale isaha , agahagarar kucyap isah 2 izo modoka ntazihari bifata amakosa NGO bayashyire kubabyeyi rwose

    Reply

Leave a Reply to Elyse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + one =

Previous Post

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Next Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Related Posts

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Amakuru mashya: Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda hatarashira ukwezi bitumbagiye

by radiotv10
17/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka, aho Litiro ya Lisansi yageze ku 2 938 Frw...

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

by radiotv10
16/04/2026
0

Bad smells are something everyone experiences at some point. You walk into a room and instantly notice an unpleasant odor,...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira
SIPORO

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

by radiotv10
17/04/2026
0

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

17/04/2026
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Amakuru mashya: Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda hatarashira ukwezi bitumbagiye

17/04/2026
Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

16/04/2026
Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

Amakuru mashya: Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda hatarashira ukwezi bitumbagiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.