Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu magambo amuvuga ibigwi Gen.Muhoozi yifurije isabukuru umubyeyi we ugiye kuzuza imyaka 80

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu magambo amuvuga ibigwi Gen.Muhoozi yifurije isabukuru umubyeyi we ugiye kuzuza imyaka 80
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yifurije isabukuru nziza umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni, avuga ko ari we mugabo w’igitangaza wabayeho mu mateka y’Isi.

Gen Muhoozi yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga, yifuriza isabukuru nziza Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ubura icyumweru kimwe ngo agire isabuku y’imyaka 80, aho yavutse tariki 15 Nzeri 1944.

Mu butumwa bwe, Gen Muhoozi yagize ati “Mu buzima bwanjye hahayeho umugabo w’akataraboneka umwe rukumbi. Umugabo w’intarumikwa, Data General Yoweri Museveni.”

Muri ubu butumwa bwa Muhoozi buvuga ibigwi umubyeyi we Museveni, yakomeje avuga ko yakomeje kumubera intangarugero mu byo akora byose.

Ati “Igihe cyose yakomeje kuba kandi azakomeza kumbera amizero. Ahora atwigisha ko tugomba kuba beza kurusha uko tubitekereza. Reka mbe uwa mbere wifuriza isabukuru nziza Muzehe.”

General Muhoozi Kainerugaba, imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, ni umwe mu basirikare bubashywe muri Uganda, akaba yaragiye ahabwa imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo, irimo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, umujyanama wa Perezida, ndetse n’uyu ariho w’Umugaba Mukuru wa UPDF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + four =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ubu zifite Umugaba mushya

Next Post

Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi

Related Posts

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

IZIHERUKA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America
AMAHANGA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi

Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.