Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamahoro Angelique waburanye n’umuryango we mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yongeye kubonana n’ababyeyi be nyuma y’imyaka 28.

Uwamahoro Angelique ubu ni umubyeyi w’abana babiri akaba yaratandukanye n’ababyeyi be ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga kuko yabaga kwa Sekuru ariko Sekuru na nyirakuru bose bakabica.

Ubwo Uwamahoro Angelique yahuraga n’ababyeyi be Muganwa Epimaque na Mukamulisa Liberata kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022, byari ibyishimo bivanze n’amarira y’umunezero.

Iki gikorwa cyakurikiranywe n’ibitangazamakuru binyuranye, cyarimo n’umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith.

Uwamahoro wari afite imyaka 5 ubwo Jenoside yabaga, yahunganye n’abantu mu cyahoze ari Zaire ariko abamuhunganye baza kumuha undi mubyeyi witwa Mukagatana Jacqueline bahungukanye akamurerana n’abana be icyenda.

Uyu mubyeyi wareze Uwamahoro, avuga ko yamufataga nk’umwana we w’imfura dore ko ari we mukuru ku bana be kandi ko babanye neza akamubera umwana mwiza ndetse akamufasha kwiga kugeze kuri Kaminuza kugeza amushyingiye.

Uwamahoro Angelique we wari mu byishimo byinshi, yavuze ko aherutse gutanga amakuru ariko ko atari yizeye ko azabona ababyeyi be.

Ati “Nyuma yo gutanga amakuru ko nabuze umuryango, umuntu yarampamagaye ambwira ko umuryango wanjye wabonetse.”

Umubyeyi we Muganwa Epimaque na we ari mu byishimo by’ikirenga, yavuze ko kuba babonye umwana wabo nyuma y’imyaka 28 ari igitangaza babuze uburyo basobanura.

Uyu mubyeyi avuga ko bari bazi ko uyu mwana wabo yishwe kuko bumvaga yarapfanye na ba Sekuru.

Ababyeyi be byabatunguye
Uwamahoro ahoberana na Se
Mayor wa Rulindo na we yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Next Post

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.