Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28

radiotv10by radiotv10
17/04/2022
in MU RWANDA
0
Mu marira y’ibyishimo uwaburanye n’ababyeyi be muri Jenoside babonanye nyuma y’imyaka 28
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamahoro Angelique waburanye n’umuryango we mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yongeye kubonana n’ababyeyi be nyuma y’imyaka 28.

Uwamahoro Angelique ubu ni umubyeyi w’abana babiri akaba yaratandukanye n’ababyeyi be ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga kuko yabaga kwa Sekuru ariko Sekuru na nyirakuru bose bakabica.

Ubwo Uwamahoro Angelique yahuraga n’ababyeyi be Muganwa Epimaque na Mukamulisa Liberata kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Mata 2022, byari ibyishimo bivanze n’amarira y’umunezero.

Iki gikorwa cyakurikiranywe n’ibitangazamakuru binyuranye, cyarimo n’umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith.

Uwamahoro wari afite imyaka 5 ubwo Jenoside yabaga, yahunganye n’abantu mu cyahoze ari Zaire ariko abamuhunganye baza kumuha undi mubyeyi witwa Mukagatana Jacqueline bahungukanye akamurerana n’abana be icyenda.

Uyu mubyeyi wareze Uwamahoro, avuga ko yamufataga nk’umwana we w’imfura dore ko ari we mukuru ku bana be kandi ko babanye neza akamubera umwana mwiza ndetse akamufasha kwiga kugeze kuri Kaminuza kugeza amushyingiye.

Uwamahoro Angelique we wari mu byishimo byinshi, yavuze ko aherutse gutanga amakuru ariko ko atari yizeye ko azabona ababyeyi be.

Ati “Nyuma yo gutanga amakuru ko nabuze umuryango, umuntu yarampamagaye ambwira ko umuryango wanjye wabonetse.”

Umubyeyi we Muganwa Epimaque na we ari mu byishimo by’ikirenga, yavuze ko kuba babonye umwana wabo nyuma y’imyaka 28 ari igitangaza babuze uburyo basobanura.

Uyu mubyeyi avuga ko bari bazi ko uyu mwana wabo yishwe kuko bumvaga yarapfanye na ba Sekuru.

Ababyeyi be byabatunguye
Uwamahoro ahoberana na Se
Mayor wa Rulindo na we yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + nineteen =

Previous Post

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Next Post

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Inka za Muhoozi yagabiwe na Perezida Kagame zatashye muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.