Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino inyuranye mu mupira w’amaguru ndetse no muri Basketball, mu byiciro byombi, abagabo n’abagore, u Rwanda rwahuye n’amakipe y’Ibihugu by’ibituranyi, rutsindamo umwe, na rwo rutsindwa umwe.

Ni imikino yabereye umunsi umwe kuri iki Cyumweru, tariki 16 Nyakanga 2023, aho kuri Kigali Pele Stadium harimo habera umukino wo gushaka itike y’imikino ya Olempike, mu cyiciro cy’abagore, wahuzaga u Rwanda na Uganda.

Ni umukino waje ukurikira uwabanjije, wari wabaye muri iki cyumweru n’ubundi cyabereyemo uyu wo kwishyura, na wo wari wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ukarangira amakipe yombi anganya 3-3.

Uyu wabaye kuri iki Cyumweru wagaragayemo ishyaka ku mpande zombi, kuko amakipe yombi yashakaga gukomeza, ariko iminota 90’ irangira nta kipe irabashije kureba mu izamu ry’indi, bituma hongerwaho iminota 30’.

Muri iyi minota 30’ ni bwo ikipe ya Uganda, yabonye igitego cyatsinzwe na Fazila Ikwaput ku munota w’ 100’, ari na cyo cyonyine cyabonetse muri uyu mukino, gituma u Rwanda rusezererwa.

Uyu mukino kandi warebwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah Nabbanja ndetse na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju.

Aba bakobwa b’u Rwanda bakinaga n’abaturanyi ba Uganda, ni na ko basaza babo bo muri Basketball barimo bakina n’abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa Nyafurika rya FIBA AFROCAN.

Muri iri rushanwa ryaberaga muri Angola, u Rwanda rwigaragaje rutsinda DRC amanota 82 kuri 73, rwegukana umwanya wa gatatu.

Kuri Kigali Pele Stadium abakobwa bakinaga n’abo muri Uganda
Umukino warebwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda

Na Perezida mushya wa FERWAFA
Warangiye Uganda itsinze
Muri Angola u Rwanda rwashakaga umwanya wa gatatu ruhura na DRC
Rwanabigezeho rutsinda iki Gihugu cy’abaturanyi
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Next Post

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.