Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in BASKETBALL, FOOTBALL, SIPORO
0
Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino inyuranye mu mupira w’amaguru ndetse no muri Basketball, mu byiciro byombi, abagabo n’abagore, u Rwanda rwahuye n’amakipe y’Ibihugu by’ibituranyi, rutsindamo umwe, na rwo rutsindwa umwe.

Ni imikino yabereye umunsi umwe kuri iki Cyumweru, tariki 16 Nyakanga 2023, aho kuri Kigali Pele Stadium harimo habera umukino wo gushaka itike y’imikino ya Olempike, mu cyiciro cy’abagore, wahuzaga u Rwanda na Uganda.

Ni umukino waje ukurikira uwabanjije, wari wabaye muri iki cyumweru n’ubundi cyabereyemo uyu wo kwishyura, na wo wari wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ukarangira amakipe yombi anganya 3-3.

Uyu wabaye kuri iki Cyumweru wagaragayemo ishyaka ku mpande zombi, kuko amakipe yombi yashakaga gukomeza, ariko iminota 90’ irangira nta kipe irabashije kureba mu izamu ry’indi, bituma hongerwaho iminota 30’.

Muri iyi minota 30’ ni bwo ikipe ya Uganda, yabonye igitego cyatsinzwe na Fazila Ikwaput ku munota w’ 100’, ari na cyo cyonyine cyabonetse muri uyu mukino, gituma u Rwanda rusezererwa.

Uyu mukino kandi warebwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah Nabbanja ndetse na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Aurore Mimosa Munyangaju.

Aba bakobwa b’u Rwanda bakinaga n’abaturanyi ba Uganda, ni na ko basaza babo bo muri Basketball barimo bakina n’abaturanyi babo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa Nyafurika rya FIBA AFROCAN.

Muri iri rushanwa ryaberaga muri Angola, u Rwanda rwigaragaje rutsinda DRC amanota 82 kuri 73, rwegukana umwanya wa gatatu.

Kuri Kigali Pele Stadium abakobwa bakinaga n’abo muri Uganda
Umukino warebwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe wa Uganda

Na Perezida mushya wa FERWAFA
Warangiye Uganda itsinze
Muri Angola u Rwanda rwashakaga umwanya wa gatatu ruhura na DRC
Rwanabigezeho rutsinda iki Gihugu cy’abaturanyi
Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nine =

Previous Post

RDF yakiranye icyubahiro umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda warasiwe muri Centrafrique

Next Post

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.