Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwagaragaje ibiregwa uyu mugabo birimo imvugo zisebanya yatangaje ku barimo abahanzi b’amazina akomeye, nka The Ben uri no mu batanze ikirego.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukwakira 2024, ubwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishaga uru rubanza ruregwamo Fatakumavuta, watashye ataburanye mu cyumweru gishize, aho yari yasabye umwanya wo kubanza gusesengura dosiye.

Ubushinjacyaha busobanura imiterere y’ikirego kiregwamo Fatakumavuta, bwavuze ko mu bihe bitandukanye, uregwa yagiye yumvikana mu mvugo zisebanya zatambukaga ku miyoboro ya YouTube yakoreraga kimwe no ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Bwagiye bugaragaza ingero z’izo mvugo zisebanya, nk’ibyo yavuze ku muhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, ndetse akaba ari umwe mu batanze ikirego.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa akoresheje izo mbuga nkoranyambaga, yavuze ko ubukwe bwa The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamela buzabamo akavuyo, ndetse ko uyu muhanzi atazi kuririmba.

Nanone kandi uregwa [Fatakumavuta] yavuze ko umuhanzi The Ben agomba kumusaba imbabazi, kandi akamuha n’amafaranga, ngo bitaba ibyo “bikazarangira muzimije.”

Nanone kandi hagaragajwe amagambo y’ivangura yakoreshejwe n’uregwa, ubwo yavugaga ko umuhanzi Bahati yashatse umugore mubi kandi w’umukene, ngo amuciye kuba ari Umudiyasipora.

Undi yagarutseho, ni umuhanzi Meddy, yavuzeho amagambo adakwiye, aho yakoresheje imvugo zitaboneye nko kuba ngo hari umukobwa “yaririye muri geto…” n’andi magambo akojeje isoni.

Kuri uyu muhanzi kandi, Fatakumavuta, yavuze ko “Meddy ni umugabo wemeye gukubirwa n’umugore we.” Amusebya mu mvugo zidakwiye.

Bwanavuze kandi ko uregwa yagiye agirwa inama kenshi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ariko akinangira, ndetse akaza no kwivugira ko atazongera kwitaba uru rwego agiye kwisobanura ku byo yavuze ku bahanzi. Umushinjacyaha ati “Ibyo byerekana ko yasuzuguye

inama za RIB.”

Ubushinjacyaha bwanagarutse no ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, aho bwavuze ko ubwo uregwa yasuzumwaga, yasanzwemo igipimo cy’ikiyobabwenge cy’urumogi cya 298.

 

Fatakumavuta we ati iki?

Uregwa wahawe umwanya ngo yisobanure, yavuze ko ashaka kuvuga ku karengane ngo yakorewe, aho avuga ko yatotejwe.

Ibi yavugaga atabigaragariza ibimenyetso, yavuze ko ubwo yafatwaga mu ijoro, yarajwe ahantu hasutswe amazi, ndetse ngo hakaba hari uburenganzira yimwe.

Yagarutse ku bamutanzeho ibirego barimo The Ben, Muyoboke, Meddy, Noopja na Bahati, avuga ko nubwo aregwa ibyo yabavuzeho, ariko ngo ubwo yafatwaga yasanze Abagenzacyaha baragize ikirego icyabo, ku bw’ibyo akavuga ko hari ikibyihishe inyuma.

Uregwa yavuze ko hari ubwo Umugenzacyaha wari uri kumubaza, yahamagawe ngo agahabwa amabwiriza y’icyaha kigomba kongerwa mu byo akurikiranyweho.

Yavuze kandi ko ibishingirwaho mu kumurega, hari abavuze ibibirenze, aho yatanze urugero rw’ibyagiye bivugwa n’Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago, ngo wagiye yita abantu Abahutu, ariko ntakurikiranwe.

Fatakumavuta wasabiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yavuze ko afite uburwayi bw’igisukari (Diabetes) asaba kurekurwa agakurikiranwa ari hanze, ngo kuko hari n’abandi bagiye barekurwa kubera iyi mpamvu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda

Next Post

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.