Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwagaragaje ibiregwa uyu mugabo birimo imvugo zisebanya yatangaje ku barimo abahanzi b’amazina akomeye, nka The Ben uri no mu batanze ikirego.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukwakira 2024, ubwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishaga uru rubanza ruregwamo Fatakumavuta, watashye ataburanye mu cyumweru gishize, aho yari yasabye umwanya wo kubanza gusesengura dosiye.

Ubushinjacyaha busobanura imiterere y’ikirego kiregwamo Fatakumavuta, bwavuze ko mu bihe bitandukanye, uregwa yagiye yumvikana mu mvugo zisebanya zatambukaga ku miyoboro ya YouTube yakoreraga kimwe no ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Bwagiye bugaragaza ingero z’izo mvugo zisebanya, nk’ibyo yavuze ku muhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, ndetse akaba ari umwe mu batanze ikirego.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa akoresheje izo mbuga nkoranyambaga, yavuze ko ubukwe bwa The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamela buzabamo akavuyo, ndetse ko uyu muhanzi atazi kuririmba.

Nanone kandi uregwa [Fatakumavuta] yavuze ko umuhanzi The Ben agomba kumusaba imbabazi, kandi akamuha n’amafaranga, ngo bitaba ibyo “bikazarangira muzimije.”

Nanone kandi hagaragajwe amagambo y’ivangura yakoreshejwe n’uregwa, ubwo yavugaga ko umuhanzi Bahati yashatse umugore mubi kandi w’umukene, ngo amuciye kuba ari Umudiyasipora.

Undi yagarutseho, ni umuhanzi Meddy, yavuzeho amagambo adakwiye, aho yakoresheje imvugo zitaboneye nko kuba ngo hari umukobwa “yaririye muri geto…” n’andi magambo akojeje isoni.

Kuri uyu muhanzi kandi, Fatakumavuta, yavuze ko “Meddy ni umugabo wemeye gukubirwa n’umugore we.” Amusebya mu mvugo zidakwiye.

Bwanavuze kandi ko uregwa yagiye agirwa inama kenshi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ariko akinangira, ndetse akaza no kwivugira ko atazongera kwitaba uru rwego agiye kwisobanura ku byo yavuze ku bahanzi. Umushinjacyaha ati “Ibyo byerekana ko yasuzuguye

inama za RIB.”

Ubushinjacyaha bwanagarutse no ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, aho bwavuze ko ubwo uregwa yasuzumwaga, yasanzwemo igipimo cy’ikiyobabwenge cy’urumogi cya 298.

 

Fatakumavuta we ati iki?

Uregwa wahawe umwanya ngo yisobanure, yavuze ko ashaka kuvuga ku karengane ngo yakorewe, aho avuga ko yatotejwe.

Ibi yavugaga atabigaragariza ibimenyetso, yavuze ko ubwo yafatwaga mu ijoro, yarajwe ahantu hasutswe amazi, ndetse ngo hakaba hari uburenganzira yimwe.

Yagarutse ku bamutanzeho ibirego barimo The Ben, Muyoboke, Meddy, Noopja na Bahati, avuga ko nubwo aregwa ibyo yabavuzeho, ariko ngo ubwo yafatwaga yasanze Abagenzacyaha baragize ikirego icyabo, ku bw’ibyo akavuga ko hari ikibyihishe inyuma.

Uregwa yavuze ko hari ubwo Umugenzacyaha wari uri kumubaza, yahamagawe ngo agahabwa amabwiriza y’icyaha kigomba kongerwa mu byo akurikiranyweho.

Yavuze kandi ko ibishingirwaho mu kumurega, hari abavuze ibibirenze, aho yatanze urugero rw’ibyagiye bivugwa n’Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago, ngo wagiye yita abantu Abahutu, ariko ntakurikiranwe.

Fatakumavuta wasabiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yavuze ko afite uburwayi bw’igisukari (Diabetes) asaba kurekurwa agakurikiranwa ari hanze, ngo kuko hari n’abandi bagiye barekurwa kubera iyi mpamvu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda

Next Post

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.