Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uruhande rwunganira Ngirinshuti Ezechiel uzwi nka Mpanoyimana ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, rwavuze ko Umukiliya warwo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukurikiranwa, rusaba ko hanagaragazwa ibimenyetso.

Mpanoyimana wakunze kugaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, abwira abantu ibyo bakora ngo abaheshe amafaranga, akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato.

Mu iburanisha rya none tariki 28 Ugushyingo 2024, Me Dukuzumuremyi Egide na Me Hagenimana Polycarpe bunganira Mpanoyimana, bavuze ko umukiliya wabo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Aba banyamategeko babwiye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ko uwo bunganira adakwiye kuburanishwa kubera icyo kibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe nk’uko biteganywa n’itegeko.

Me Hagenimana Polycarpe yavuze ko hakenewe igihe cyo gushaka ibimenyetso by’inzobere mu ndwara zo mu mutwe bigaragaza ko umukiliya wabo afite ubu burwayi bwo mu mutwe.

Mugenzi we Me Dukuzumuremyi Egide, we yavuze ko uwo bunganira akwiye kujyanwa mu Bitaro bya Ndera kugira ngo asuzumwe ubu burwayi.

Aba banyamategeko, baboneyeho gusaba Urukiko gusubika urubanza, kugira ngo habanze gushakishwa ibyo byangombwa bigaragaza ko uwo bunganira afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ni icyifuzo cyanashimangiwe n’Ubushinjacyaha, buvuga ko ari uburenganzira bw’uruhande rw’uregwa, guhabwa umwanya wo kugira ngo hashawe ibimenyetso, kandi ko abunganira uregwa bari bamaze kunyuza ubusabe bwabo muri system mu ibaruwa banditse tariki 26 Ugushyingo 2024.

Ubushinjacyaha bwasabwe gutanga uruhushya rwo kugira ngo haboneke iki kimenyetso, bwasabwe n’Urukiko kubyihutisha kugira ngo urubanza rukomeze.

Ubushinjacyaha bwasezeranyije Urukiko ko ruzakora ibishoboka, ariko bwibutsa uruhande ruregwa ko ari rwo rugomba gukurikirana izi nzira zose.

Nyuma y’ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwemeje icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa cyo gushaka ibyangombwa bigaragaza niba uregwa afite uburwayi bwo mu mutwe, rwimurira urubanza tariki 05 Ukuboza 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

AMAFOTO: Ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda yakiriye ku meza Abadipolomate baje kubagarira umubano warwo n’Ibihugu byabo

Next Post

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.