Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uruhande rwunganira Ngirinshuti Ezechiel uzwi nka Mpanoyimana ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, rwavuze ko Umukiliya warwo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukurikiranwa, rusaba ko hanagaragazwa ibimenyetso.

Mpanoyimana wakunze kugaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, abwira abantu ibyo bakora ngo abaheshe amafaranga, akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato.

Mu iburanisha rya none tariki 28 Ugushyingo 2024, Me Dukuzumuremyi Egide na Me Hagenimana Polycarpe bunganira Mpanoyimana, bavuze ko umukiliya wabo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Aba banyamategeko babwiye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ko uwo bunganira adakwiye kuburanishwa kubera icyo kibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe nk’uko biteganywa n’itegeko.

Me Hagenimana Polycarpe yavuze ko hakenewe igihe cyo gushaka ibimenyetso by’inzobere mu ndwara zo mu mutwe bigaragaza ko umukiliya wabo afite ubu burwayi bwo mu mutwe.

Mugenzi we Me Dukuzumuremyi Egide, we yavuze ko uwo bunganira akwiye kujyanwa mu Bitaro bya Ndera kugira ngo asuzumwe ubu burwayi.

Aba banyamategeko, baboneyeho gusaba Urukiko gusubika urubanza, kugira ngo habanze gushakishwa ibyo byangombwa bigaragaza ko uwo bunganira afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ni icyifuzo cyanashimangiwe n’Ubushinjacyaha, buvuga ko ari uburenganzira bw’uruhande rw’uregwa, guhabwa umwanya wo kugira ngo hashawe ibimenyetso, kandi ko abunganira uregwa bari bamaze kunyuza ubusabe bwabo muri system mu ibaruwa banditse tariki 26 Ugushyingo 2024.

Ubushinjacyaha bwasabwe gutanga uruhushya rwo kugira ngo haboneke iki kimenyetso, bwasabwe n’Urukiko kubyihutisha kugira ngo urubanza rukomeze.

Ubushinjacyaha bwasezeranyije Urukiko ko ruzakora ibishoboka, ariko bwibutsa uruhande ruregwa ko ari rwo rugomba gukurikirana izi nzira zose.

Nyuma y’ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwemeje icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa cyo gushaka ibyangombwa bigaragaza niba uregwa afite uburwayi bwo mu mutwe, rwimurira urubanza tariki 05 Ukuboza 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 4 =

Previous Post

AMAFOTO: Ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda yakiriye ku meza Abadipolomate baje kubagarira umubano warwo n’Ibihugu byabo

Next Post

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.