Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

radiotv10by radiotv10
01/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’imyumbati mu Karere ka Nyanza, byumwihariko mu gice kizwi nk’Amayaga, baravuga ko bari babonye umusaruro ushimishije, ariko bakaba barabuze isoko, ku buryo hari abari kugurisha ku giciro cya 1/2 cy’icyo bari basanzwe bagurishaho.

Uwimana Drocela ati, avuga ko ikilo cy’imyumbati cyari gisanzwe kigura 500 Frw, none ubu bamwe mu babuze uko bagira kubera kubura isoko, bari guteza umusaruro wabo kuri 250 Frw.

Ati “Umuhinzi arahomba kuko tuba twahinze bitugoye bihenze, wajya kugurisha ukabura aho ugurishiriza umusaruro wawe naho bakuguriye bakaguhenda.”

Mugenzi we witwa Sebuto Emmanuel na we yagize ati “Abahinzi turahomba rwose kuko iyo uhinze ukabura isoko umusaruro wawe bituma ubukene  buza mu muryango kandi warahinze.”

Aba bahinzi bavuga ko mbere imyumbati bayigurirwaga ku giciro kiri hejuru ugereranyijen’icyo bagurirwaho ubu ndetse abenshi barayihunitse kubera kwanga kuyitangira aya mafaranga macye, ku buryo batabonye isoko mu maguru mashya, yakwangirika.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyanza Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kajyambere Patrick avuga ko ibiciro by’iki gihingwa bigenda bihindagurika bitewe n’umusaruro wabonetse.

Ati “Iyo ibihe byagenze neza hari igie umusaruro uba mwinshi ibiciro bikajya hasi, tugiye kubikurikirana twumvikane n’uruganda rwa Kinazi ndetse n’abandi baguzi b’ahandi tukumvikana tugashaka isoko.”

Mu Karere ka Nyanza, imyumbati ihingwa ku buso busaga hegitari 7 000, ifatwa nka kimwe mu gihingwa cy’ingenzi gitunze aba bahinzi bo muri aka Karere cyane cyane mu gice cy’Amayaga mu Mirenge ya Ntyazo, Muyira, Kibirizi, Kigoma na Busoro.

Bari babonye umusaruro ushimishije
Bafite ikibazo cy’isoko
Bamwe baremera bakawuteza kuri 1/2 cy’igiciro bari basanzwe bagurirwaho

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. BAGARAGAZA JULES says:
    12 months ago

    Iki giciro nicyo ahubwo hakagobye kwiga kubishorwamo icyo kiguzi kikaba cyagabanuka.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nineteen =

Previous Post

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Next Post

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.