Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y’intangarugero muri buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi ku bana bafite ubumuga bukabije.

Abanyeshuri bafite ubumuga baba bakeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye, ndetse muri iki gihe gahunda ziriho z’uburezi zitegeka ko biga mu mashuri amwe n’abadafite ubumuga, nyamara abarimu bahuguriwe kubigisha ni bake cyane.

Politike y’uburezi budaheza mu Rwanda iteganya ko kugira ngo umunyeshuri ufite ubumuga abashe kwisanga mu bandi, agomba kwigana n’abandi badafite ubumuga.

Ibyavuye mu Ibarura Rusange rya 2022 bigaragaza ko mu bana bafite ubumuga bari mu kigero cy’imyaka 6 na 17, abagera kuri 65% ari bo babasha kugera mu ishuri, ugereranyije na 81% badafite ubumuga.

Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga mu Rwanda iherutse gutangaza ko amakuru y’agateganyo bafite yavuye mu bushakashatsi bakoze yerekanye ko ubu babarura abana 17,302 batiga. Ikavuga ko iki ari ikibazo gikenewe kugira icyo gikorwaho kugira ngo abana bose babashe kubona uburezi bungana. Ndayisaba Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NCPD,

Yagize ati “Ku bana bakeneye uburezi bwihariye, hari abana bafite ubumuga buremereye usanga kugira ngo babashe kwigana n’abandi mu miterere y’amashuri yacu dufite kugeza uyu munsi bigoranye. Ibigo rero bishobora gufasha abo bana usanga byose ari ibigo byigenga, amafaranga baba bishyuza ababyeyi ntibayabone. Ni yo mpamvu tuvuga ko hakenewe amashuri afite uburezi bwihariye, areba abana bafite ubumuga buremereye.”

Minisiteri y’Uburezi yavuze ko mu gihugu hose hagiye kubakwa amashuri atanu yihariye azafasha abo bana nk’uko byatangajwe na Joseph Nsengimana, Minisitiri w’Uburezi,

Yagize “Ubu ngubu Leta y’u Rwanda irimo gushyiraho amashuri y’intangarugero atanu ku buryo buri Ntara izaba ifite iryo shuri. Ayo mashuri rero akazaba yaguwe, afite ibikoresho byose bishoboka kugira ngo atange urugero rw’uburyo andi mashuri yakora. Abana bafite ubumuga bukabije ni bo bazajya bayoherezwamo.”

Minisitiri kandi yavuze ko ayo mashuri azaba ari aya Leta ku buryo nta kiguzi abazayigamo bazajya batanga.

Ati “Azaba ari amashuri ya Leta, mu mashuri ya Leta rero nta kiguzi ababyeyi basabwa, ahubwo hari nka school feeding ari yo ababyeyi bazajya basabwa. Ubu ngubu ari muri gahunda yo kubakwa, turateganya ko mu myaka itatu cyangwa ine iri imbere ari bwo aya mashuri azaba yuzuye atangiye gukoreshwa.”

Imibare ya 2022 yerekana ko abanyeshuri bafite ubumuga butandukanye barenga 38,937, barimo abahungu 17 322 n’abakobwa 21 615.

Minisitiri w’Uburezi

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

Next Post

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w'Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n'ubushyamirane mu Rwanda n'icyo yahaniwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.