Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, wafunzwe burundu kugira ngo uhigamire ibikorwa by’urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II ruzatanga hafi 1/4 cy’amashanyarazi akenerwa mu Rwanda hose.

Uru rugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga Megawati 43, rumaze umwaka rutangiye kubakwa, biteganyijwe ko ruzuzura muri 2026 rutwaye Miliyoni 210 USD [arenga Miliyari 220 Frw].

Uru rugomero rukora ku Turere twa Kamonyi mu Majyepfo, Rulindo, Gakenke two mu Ntara y’Amajyaruguru, rwatumye umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ufungwa burundu, kuko amazi y’umugezi wa Nyabarongo yayobejwe akanyuzwa aho uyu muhanda wanyuraga mu Kagari ka Musagara mu Murenge wa Ruli no mu Kagari ka Bwenda mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Gakenke.

Abasanzwe bakoresha uyu muhanda mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko abajyaga kwivuza, bavuga ko byabashyize mu ihurizo, kuko bisaba kuzenguruka.

Uwitwa Juvens Habyarimana ati “Nk’umuntu wavaga hariya Giticyinyoni ajya i Ruli, yakoreshaga inote ya bitanu (5 000 Frw), ariko ubu azajya akoresha inote ya cumi na bitanu (15 000 Frw).”

Nyiransabimana wo mu Karere ka Rulindo, avuga ko uyu muhanda wabafashaga guhahirana n’abaturage bo mu Karere ka Gakenke, none ubu bakaba bibaza uko imibereho yabo igiye kugenda.

Ati “Ni ikibazo dufite kugira ngo badufungire amayira, kandi twajyaga n’i Ruli tukajyanayo abarwayi, tukanabagemurirayo.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Fidele Abimana, avuga ko gufunga uyu muhanda byakozwe muri iki gihe cy’impeshyi kugira ngo hubakwe urukuta ruzatangira amazi y’uru rugomero rwa Nyabarongo II.

Avuga ko ifungwa ry’uyu muhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ritazatuma abari basanzwe bawukoresha batabona aho banyura, kuko hari indi nzira bakoresha.

Ati “Hari inzira ebyiri zishoboka. Hari ugukomeza ugaca Giticyinyoni, ugaca i Rwahi, aho kugira ngo uce hariya hari urugomero, ukazamuka i Muhondo, wagerayo ukagaruka i Rushashi, wagera i Rushashi ukaba wasubira inyuma ukagera i Ruli, ndetse wanabishaka ugeze i Rushashi wakomeza ukagera i Gakenke.”

Avuga ko indi nzira ari ukunyura umuhanda usanzwe wa kaburimbo uturuka ku Giticyinyoni, ukagera i Shyorongi, ubundi bagera ku Kirenge bakaba bagera i Muhondo na Rushashi, ubundi bakaba bajya i Ruli.

Uru rugomero ruri kubakwa rwitezweho gutanga amashanyarazi menshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

Next Post

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.