Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, wafunzwe burundu kugira ngo uhigamire ibikorwa by’urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II ruzatanga hafi 1/4 cy’amashanyarazi akenerwa mu Rwanda hose.

Uru rugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga Megawati 43, rumaze umwaka rutangiye kubakwa, biteganyijwe ko ruzuzura muri 2026 rutwaye Miliyoni 210 USD [arenga Miliyari 220 Frw].

Uru rugomero rukora ku Turere twa Kamonyi mu Majyepfo, Rulindo, Gakenke two mu Ntara y’Amajyaruguru, rwatumye umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ufungwa burundu, kuko amazi y’umugezi wa Nyabarongo yayobejwe akanyuzwa aho uyu muhanda wanyuraga mu Kagari ka Musagara mu Murenge wa Ruli no mu Kagari ka Bwenda mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Gakenke.

Abasanzwe bakoresha uyu muhanda mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko abajyaga kwivuza, bavuga ko byabashyize mu ihurizo, kuko bisaba kuzenguruka.

Uwitwa Juvens Habyarimana ati “Nk’umuntu wavaga hariya Giticyinyoni ajya i Ruli, yakoreshaga inote ya bitanu (5 000 Frw), ariko ubu azajya akoresha inote ya cumi na bitanu (15 000 Frw).”

Nyiransabimana wo mu Karere ka Rulindo, avuga ko uyu muhanda wabafashaga guhahirana n’abaturage bo mu Karere ka Gakenke, none ubu bakaba bibaza uko imibereho yabo igiye kugenda.

Ati “Ni ikibazo dufite kugira ngo badufungire amayira, kandi twajyaga n’i Ruli tukajyanayo abarwayi, tukanabagemurirayo.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Fidele Abimana, avuga ko gufunga uyu muhanda byakozwe muri iki gihe cy’impeshyi kugira ngo hubakwe urukuta ruzatangira amazi y’uru rugomero rwa Nyabarongo II.

Avuga ko ifungwa ry’uyu muhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ritazatuma abari basanzwe bawukoresha batabona aho banyura, kuko hari indi nzira bakoresha.

Ati “Hari inzira ebyiri zishoboka. Hari ugukomeza ugaca Giticyinyoni, ugaca i Rwahi, aho kugira ngo uce hariya hari urugomero, ukazamuka i Muhondo, wagerayo ukagaruka i Rushashi, wagera i Rushashi ukaba wasubira inyuma ukagera i Ruli, ndetse wanabishaka ugeze i Rushashi wakomeza ukagera i Gakenke.”

Avuga ko indi nzira ari ukunyura umuhanda usanzwe wa kaburimbo uturuka ku Giticyinyoni, ukagera i Shyorongi, ubundi bagera ku Kirenge bakaba bagera i Muhondo na Rushashi, ubundi bakaba bajya i Ruli.

Uru rugomero ruri kubakwa rwitezweho gutanga amashanyarazi menshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

Next Post

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.