Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, ari gushakishwa nyuma y’uko iwe hatahuwe icyobo yari yaracukuye, cyamenyekanye nyuma y’uko yari ashatse kukijugunyamo umumotari wari wamutwaye.

Uyu mugabo witwa Nkurunziza Ismael uri gushakishwa n’inzego, yacitse ubwo umumotari witwa Jean Marie Vianne w’imyaka 26 yamugezaga iwe, agashaka kukimujugunyamo, bakagundagurana, undi akamucika.

Uyu mumotari bivugwa ko yari akuye uyu mugabo i Kamembe mu Karere ka Rusizi, yatabaje abaturage bo muri aka gace gatuyemo uyu mugabo mu Mudugudu wa Karunga V mu Kagari ka Kamatamu mu Murenge wa Bushenge, ari na bwo basangaga yaracukuye icyobo.

Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko uyu mugabo yashutse uyu mumotari kumugeza iwe ngo akajya kumufasha kumvisha umugore we ngo usanzwe umubuza kujya gukorera kure amushinja ko agiye mu buraya.

Amakuru ava mu nzego z’ibanze, agira ati “Bageze mu rugo asanga umugore adahari, amwinjiza muri salon arangije ngo amubwira ko bakwisubirirayo amwereka umuzigo wari urambitse muri salon, motari ateruye ngo amubwira ko atawushobora kuri moto ye. Byarangiye amufashe mu ijosi amusunika amwerekeza ahantu hari hashashe supanete hasi muri salon hariho triplex, motari yumvise hameze nk’ahari icyobo ahita arwana asohoka atabaza abaturanyi.”

Amakuru y’izi nzego, akomeza agira ati “Umugabo yahise asubira inyuma atangira gusiba icyobo yumvise abaturage, yahise yiruka. Twahageze dusanga icyobo kirahari itaka yararirunze mu cyumba.”

Inzego z’umutekano zihutiye kuhagera, ndetse zitangira gushakisha uyu mugabo, mu gihe umugore we witwa Mukaniyonsaha Enatha yajyanywe kuri Sitasiyo ya RIB ya Shangi kugirango atange amakuru.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Bushenge, Eliezer Ukomejegusenga wavuze ko ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, saa kumi z’umugoroba.

Ibi bibaye nyuma y’amezi atatu, mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza, hatahuwe uwitwa Kazungu Denis wari waracukuye icyobo mu nzu aho yari acumbitse, yarakijugunyemo abantu barenga 10 akekwaho kwica.

Uyu Kazungu Denis wahise anatabwa muri yombi mu ntangiro za Nzeri 2023, yamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yaje kongerwa ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwavuze ko bugikeneye igihe cyo gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Next Post

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.