Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, ari gushakishwa nyuma y’uko iwe hatahuwe icyobo yari yaracukuye, cyamenyekanye nyuma y’uko yari ashatse kukijugunyamo umumotari wari wamutwaye.

Uyu mugabo witwa Nkurunziza Ismael uri gushakishwa n’inzego, yacitse ubwo umumotari witwa Jean Marie Vianne w’imyaka 26 yamugezaga iwe, agashaka kukimujugunyamo, bakagundagurana, undi akamucika.

Uyu mumotari bivugwa ko yari akuye uyu mugabo i Kamembe mu Karere ka Rusizi, yatabaje abaturage bo muri aka gace gatuyemo uyu mugabo mu Mudugudu wa Karunga V mu Kagari ka Kamatamu mu Murenge wa Bushenge, ari na bwo basangaga yaracukuye icyobo.

Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko uyu mugabo yashutse uyu mumotari kumugeza iwe ngo akajya kumufasha kumvisha umugore we ngo usanzwe umubuza kujya gukorera kure amushinja ko agiye mu buraya.

Amakuru ava mu nzego z’ibanze, agira ati “Bageze mu rugo asanga umugore adahari, amwinjiza muri salon arangije ngo amubwira ko bakwisubirirayo amwereka umuzigo wari urambitse muri salon, motari ateruye ngo amubwira ko atawushobora kuri moto ye. Byarangiye amufashe mu ijosi amusunika amwerekeza ahantu hari hashashe supanete hasi muri salon hariho triplex, motari yumvise hameze nk’ahari icyobo ahita arwana asohoka atabaza abaturanyi.”

Amakuru y’izi nzego, akomeza agira ati “Umugabo yahise asubira inyuma atangira gusiba icyobo yumvise abaturage, yahise yiruka. Twahageze dusanga icyobo kirahari itaka yararirunze mu cyumba.”

Inzego z’umutekano zihutiye kuhagera, ndetse zitangira gushakisha uyu mugabo, mu gihe umugore we witwa Mukaniyonsaha Enatha yajyanywe kuri Sitasiyo ya RIB ya Shangi kugirango atange amakuru.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Bushenge, Eliezer Ukomejegusenga wavuze ko ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, saa kumi z’umugoroba.

Ibi bibaye nyuma y’amezi atatu, mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza, hatahuwe uwitwa Kazungu Denis wari waracukuye icyobo mu nzu aho yari acumbitse, yarakijugunyemo abantu barenga 10 akekwaho kwica.

Uyu Kazungu Denis wahise anatabwa muri yombi mu ntangiro za Nzeri 2023, yamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yaje kongerwa ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwavuze ko bugikeneye igihe cyo gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Next Post

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.