Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, ari gushakishwa nyuma y’uko iwe hatahuwe icyobo yari yaracukuye, cyamenyekanye nyuma y’uko yari ashatse kukijugunyamo umumotari wari wamutwaye.

Uyu mugabo witwa Nkurunziza Ismael uri gushakishwa n’inzego, yacitse ubwo umumotari witwa Jean Marie Vianne w’imyaka 26 yamugezaga iwe, agashaka kukimujugunyamo, bakagundagurana, undi akamucika.

Uyu mumotari bivugwa ko yari akuye uyu mugabo i Kamembe mu Karere ka Rusizi, yatabaje abaturage bo muri aka gace gatuyemo uyu mugabo mu Mudugudu wa Karunga V mu Kagari ka Kamatamu mu Murenge wa Bushenge, ari na bwo basangaga yaracukuye icyobo.

Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko uyu mugabo yashutse uyu mumotari kumugeza iwe ngo akajya kumufasha kumvisha umugore we ngo usanzwe umubuza kujya gukorera kure amushinja ko agiye mu buraya.

Amakuru ava mu nzego z’ibanze, agira ati “Bageze mu rugo asanga umugore adahari, amwinjiza muri salon arangije ngo amubwira ko bakwisubirirayo amwereka umuzigo wari urambitse muri salon, motari ateruye ngo amubwira ko atawushobora kuri moto ye. Byarangiye amufashe mu ijosi amusunika amwerekeza ahantu hari hashashe supanete hasi muri salon hariho triplex, motari yumvise hameze nk’ahari icyobo ahita arwana asohoka atabaza abaturanyi.”

Amakuru y’izi nzego, akomeza agira ati “Umugabo yahise asubira inyuma atangira gusiba icyobo yumvise abaturage, yahise yiruka. Twahageze dusanga icyobo kirahari itaka yararirunze mu cyumba.”

Inzego z’umutekano zihutiye kuhagera, ndetse zitangira gushakisha uyu mugabo, mu gihe umugore we witwa Mukaniyonsaha Enatha yajyanywe kuri Sitasiyo ya RIB ya Shangi kugirango atange amakuru.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Bushenge, Eliezer Ukomejegusenga wavuze ko ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, saa kumi z’umugoroba.

Ibi bibaye nyuma y’amezi atatu, mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza, hatahuwe uwitwa Kazungu Denis wari waracukuye icyobo mu nzu aho yari acumbitse, yarakijugunyemo abantu barenga 10 akekwaho kwica.

Uyu Kazungu Denis wahise anatabwa muri yombi mu ntangiro za Nzeri 2023, yamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, yaje kongerwa ku busabe bw’Ubushinjacyaha, bwavuze ko bugikeneye igihe cyo gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Next Post

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Gospel: Umuhanzi Simon Kabera yasohoye indirimbo nyuma y’igihe kirekire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.