Shampiyona y’imikino ya Handball mu Rwanda, iragaruka mu mpera z’iki cyumweru hakinwa umunsi wa gatanu n’uwa gatandatu mu mikino yo kwishyura irimo umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi wa APR HC na Police HC.
Uyu mukino uzahuza amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda, uzaba tariki 20 Mata 2025 kuri munsi mukuru wa Pasika muri Petit Stade i Remera.
Mu mikino itatu iheruka guhuza aya makipe, APR HC yatsinzemo umwe ari na wo uheruka ubwo bari muri shampiyona, mu gihe Police HC yatsinzemo ibiri.
Aya makipe ni yo ahabwa amahirwe ku gikombe cya shampiyona, dore ko Gicumbi HT yigeze kuzajya izitambika itagikina shampiyona kubera ikibazo cy’amikoro.
APR HC ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 54 mu mikino 18, mu gihe Police HC ifite amanota 49 mu mikino 17.
Uretse uyu mukino utegerejwe cyane ku Cyumweru, ku wa Gatandatu hazaba habaye imikino y’umunsi wa gatanu mu mikino yo kwishyura, naho ku Cyumweru hakinwe iy’umunsi wa gatandatu, imikino yose izabera muri Petit Stade i Remera.
Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10