Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Yabonanye n'uwo yakundaga bakiri abana

Share on FacebookShare on Twitter
  • Yageze ku isambu y’iwabo, amarangamutima aramufata yifata mu gahanga,
  • Bamwakiranye ubwuzu na we abisanzuraho,
  • Bamwibukije ko yajyaga ajya gucukura ibirayi mu mirima y’abaturage.

Umuhanzi Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma wakurikiye mu buzima bugoye ubu akaba asigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America akaba anatunze agatubutse, yasuye aho avuka mu Karere ka Rubavu, yakiranwa ubwuzu n’abaturage, bamwibutsa uburyo yari abayeho.

Muchoma wavukiye mu Rwerere mu Murenge wa Busasamana, aho yabayeho mu buzima bugoye kubera imibereho igoye y’umuryango, avuga ko yavuye mu ishuri akajya gushakisha imibereho acuruza uduconsho turimo itabi, imigati n’ibisheke.

Uyu muhanzi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko ubwo yabaga aha yavukiye, no kubona ibyo kurya byari bigoye.

Avuga ko kandi muri ibyo bihe yagerageje ibintu byinshi kuko yanagiye kuba umukozi wo mu rugo ariko bikananirana kuko atakundaga kuvugirwamo.

Uyu musore waje kugira amahirwe yo kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ni umwe mu bahanzi nyarwanda batunze agatubutse dore ko anaherutse kuzuza Moteli icumbikira abantu iherereye mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi.

Uyu muhanzi ubu uri mu Rwanda, yagiye ku ivuko aho bita mu Rwerere yanakoreye indirimbo, akibonwa n’abamuzi baramwishimira cyane.

Muchoma utajya ahisha ubuzima bushaririye yakuriyemo, ni umwe mu bazwiho guca bugufi no kwisanzura kuri bose, ubwo yageraga aha iwabo, na we ubwe yishimiye kubona aba bantu baherukanaga muri 2004.

Abonye uwo bahimba Rukara, Muchoma yagize ati “Uyu ni umuvandimwe najyaga njya no kurya iwabo.”

Ako kanya abaturage bo muri aka gace bahise baza kumwakirana ubwuzu, batangira kwibukiranya ubuzima bugoye bakuriyemo.

Umwe mu baturage bamuzi, yavuze ko ibyo Muchoma avuga ko yakuriye mu buzima bugoye, atabeshya, ati “Ibyo yababwiye ni byo.”

Hari n’undi wahise avuga ko Muchoma yagiye mu murima we gukuramo ibirayi, ariko ko atamurenganya kuko yari inzara.

Muchoma yakomeje ajya ku isambu y’iwabo ahageze afatwa n’amarangamutima menshi, yifata mu gahanga bigaragara ko yibutse ubuzima bugoye yabayemo muri aka gace.

Ubwo yageraga muri aka gace kandi yanabonanye n’uwo yahoze akunda ubu wabaye umugore ufite abana bane.

Akimubona yahise ajya kumusuhuza, ati “Nyiraguhiri naramukunda, ese ubundi wari ubizi ko nagukundaga?” Bose bahita baseka.

Muchoma akigera mu gace bamuzi, bamwishimiye cyane

Abaturage bamuzi bishimiiye uburyo yakuze akavamo umugabo
Akigera ku isamu y’iwabo yafashwe n’amarangamutima

Yabonanye n’uwo yakundaga bakiri abana
Yafashije abaturage gutonora igitonore

Amafoto yavuye mu mashusho ya Isimbi TV

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Next Post

Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.