Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’umukino w’Amagare, Mugisha Samuel ukinira ikipe ya Pro Touch yo muri Afurika y’Epfo, akaba ari na Kapiteni wa Team Rwanda, aravugwaho kuba yabuzwe n’ikipe ye muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bikekwa ko yatorotse.

Nkuko byemejwe n’Ubuyobozi bwa Pro Touch, mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwemeje ko “Samuel Mugisha yageze muri Leta Zunze Ubumwe za America ku wa Gatatu tariki 31 Kanama aho yari agiye kwitegura irushanwa.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe, bukomeza buvuga ko Mugisha Samuel atigeze abonana n’abagombaga kumwakirira ku Kibuga cy’Indege ndetse ntanagere kuri Hoteli yagombaga gucumbikirwamo we na bagenzi be.

Buti “Mugisha Samuel ntiyigeze agera aho ikipe icumvitse ndetse ntiyitabiriye irushanwa ryabaye ejo hashize.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko yaba bwo ndetse n’abateguye iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’uyu Munyarwanda, bamenyesheje ubuyobozi amakuru y’ibura rye.

UPDATE ON @samuelmugisha97 – @Protouch_Team confirms that Samuel Mugisha arrived in the United States on Wednesday 31 August as per booked flight plan. He did not make his way to arranged transfer to hotel but instead made arrangements to be collected at the airport.

— THE PODIUM PURSUIT – ProTouch Africa 🌍 (@Podium_Pursuit) September 5, 2022

Mugisha Samuel yari asanzwe ari kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’amagare izwi nka Team Rwanda.

Uyu musore wagaragaje impano idasanzwe mu mukino w’amagare, yegukanye Tour du Rwanda ya 2018 akaba ari na we Munyarwanda uheruka kwegukana iri rushanwa ryamaze kuzamurwa ku rundi rwego.

Mu kwezi w’Ukwakira 2021, Mugisha Samuel yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umumotari bari bashyamiranye.

Biravugwa ko Mugisa Samuel yaba yatorokeye muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahabayo abandi bakanyujijeho mu mukino w’amagare mu Rwanda nka Hadi Janvier, Bonaventure Uwizeye na Valens Ndayisenga na we wigeze kwegukana Tour du Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − six =

Previous Post

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Next Post

Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.