• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, June 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mugisha Samuel kapiteni w’ikipe y’igihugu yatawe muri yombi na RIB

radiotv10by radiotv10
22/10/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Mugisha Samuel kapiteni w’ikipe y’igihugu yatawe muri yombi na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’Amagare, Mugisha Samuel,  aho akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.

Mugisha Samuel usanzwe akinira La Roche-sur-Yon Vendée Cyclisme yo mu Bufaransa ari mu Rwanda mu biruhuko nyuma yo gusoza shampiyona.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira Thierry, yemeje aya makuru, anashimangira ko iperereza ryatangiye.

 

Yagize ati “Bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, aho mu ijoro ryacyeye bakubise Sangwa Olivier usanzwe akora akazi ku gutwara abagenzi kuri moto bishingiye ku makimbirane y’amafaranga y’urugendo batabashije kumvikana.’’

 

Mugisha Samuel na Muyoboke Ezechiel kuri ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisozi mu gihe uwahohotewe ari kwitabwaho mu Bitaro bya Kacyiru.

Mugisha na Muyoboke baramutse bahamwe n’icyaha cyo Gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake bahanishwa ingingo ya 121 iteganya igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw.

Mugisha Samuel akinira Team LMP -la roche sur yon kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2020.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nineteen =

Previous Post

APR yageze mu Tunisia  aho yambariye urugamba kugira ngo ikore amateka

Next Post

Nta gitutu nta n’ubwoba dufite imbere ya Etoile Sportif du Sahel-Mohammed Adil

Related Posts

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
12/06/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego rushimije Ingabo z’u Rwanda zigezeho ubu; atari ibintu byikoze, ahubwo ko byubatswe mu gihe...

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

by radiotv10
12/06/2026
0

Ikipe y'Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yitabiriye Igikombe cy’Isi...

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

by radiotv10
12/06/2026
0

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko muri Miliyoni 250 USD u Rwanda ruherutse guhabwa nk'inguzanyo n'Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF),...

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

by radiotv10
12/06/2026
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwakiriye ikirego kiregwamo Umunyametegeko uregwa ibishingiye ku kwita ‘Igikuri’ ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije; rwanzuye ko...

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

U Rwanda rwavuze kuri raporo ya HRW yongeye kurushinja ibinyoma ishyira hamwe RDF na AFC/M23

by radiotv10
12/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yavuze ko ibirego by'ibinyoma Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW wakunze gushinja u Rwanda atari...

Next Post
Nta gitutu nta n’ubwoba dufite imbere ya Etoile Sportif du Sahel-Mohammed Adil

Nta gitutu nta n’ubwoba dufite imbere ya Etoile Sportif du Sahel-Mohammed Adil

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.