Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo

radiotv10by radiotv10
30/08/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba koperative Kiaberi ikorera ubuhinzi bw’umuceri n’ibigori mu gishanga cya Rugeramigozi giherereye mu karere ka Muhanga, binubira Telefoni bahawe babwirwa ko ari ubuntu ariko ngo nyuma bakaza kubwirwa ko bazajya bazishyura buri kwezi.

Ubwo umunyamakuru wa Radio&Tv10 yageraga muri Rugeramigozi, aba bahinzi bamubwiye uko byagenze bajya kuzihabwa.

Uwera Angelique yagize ati” Twari turimo guhinga bisanzwe baratubwira ngo nitwitwaze indangamuntu batuzaniye telefoni z’ubuntu”.

Image

Abahinzi bo mu gishanga cya Rugeramigozi ntibumva neza gahunda ya telefoni bahawe

Naho Yankurije Epiphanie we yagize ati” bari batubwiye ngo ni inkunga barangije baratubwira ngo tuzajya twishyura amafaranga”

Aba bahinzi bavuga ko babwiwe ko Telephone nini ubundi babona yagakwiye kwishyurwa nk’ibihumbi 40rwf abahinzi bazajya bayishyura ibihumbi 120 naho intoya z’udutushi bo bavuga ko zikwiye kwishyurwa atarenze ibihumbi 12 ngo zizajya zishyurwa amafaranga ibihumbi 72.

Aba bahinzi babwirwa ko impamvu bazishyura menshi ngo ari uko bazajya bahabwa ama inite ya 3000 cg 5000 bya buri kwezi mu gihe cy’ingana n’imyaka ibiri bitewe n’ubwoko bwa telrphone umuhinzi yafashe. Gusa abahinzi ntibabikozwa .

Hitumukiza Joseph umuyobozi wa Cooperative Kiaberi  yemereye umunyamakuru wa RadioTv0 ko koko bajya gutanga izo telephone batigeze babiteguza abanyamuryango kuko ngo zaje bari muri guma mu rugo. Gusa yemera ko nk’uko abahinzi babivuga biriya biciro bihanitse bityo ngo basabye sosiyete y’itumanaho yatanze izo telephone kuza ikiyumvikanira n’abanyamuryango.

Image

Image

Igishanga cya Rugeramigozi gihingwamo umuceri n’ibigori

Twagerageje kuvugisha umuyobozi wa Sosiyete y’itumanaho yatanze izi telephone ariko ntiyitaba telephone.

Ubwo aba banyamuryango bazaba bumvikanye na Companyi y’itumanaho yabahaye aya materephone ari nayo ibagurisha ama inite bayakoreshamo , tuzongere tubegere tubabaze niba ibiciro bihanitse binubiraga hari icyo byahindutseho.

Inkuru ya Sindiheba Yussuf/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 4 =

Previous Post

TANZANIA: Uwagabye igitero kuri ambasade y’u Bufaransa yamenyekanye

Next Post

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.