Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo

radiotv10by radiotv10
30/08/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Bahawe Telephone babwirwa ko ari inkunga none barasabwa kwishyura akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba koperative Kiaberi ikorera ubuhinzi bw’umuceri n’ibigori mu gishanga cya Rugeramigozi giherereye mu karere ka Muhanga, binubira Telefoni bahawe babwirwa ko ari ubuntu ariko ngo nyuma bakaza kubwirwa ko bazajya bazishyura buri kwezi.

Ubwo umunyamakuru wa Radio&Tv10 yageraga muri Rugeramigozi, aba bahinzi bamubwiye uko byagenze bajya kuzihabwa.

Uwera Angelique yagize ati” Twari turimo guhinga bisanzwe baratubwira ngo nitwitwaze indangamuntu batuzaniye telefoni z’ubuntu”.

Image

Abahinzi bo mu gishanga cya Rugeramigozi ntibumva neza gahunda ya telefoni bahawe

Naho Yankurije Epiphanie we yagize ati” bari batubwiye ngo ni inkunga barangije baratubwira ngo tuzajya twishyura amafaranga”

Aba bahinzi bavuga ko babwiwe ko Telephone nini ubundi babona yagakwiye kwishyurwa nk’ibihumbi 40rwf abahinzi bazajya bayishyura ibihumbi 120 naho intoya z’udutushi bo bavuga ko zikwiye kwishyurwa atarenze ibihumbi 12 ngo zizajya zishyurwa amafaranga ibihumbi 72.

Aba bahinzi babwirwa ko impamvu bazishyura menshi ngo ari uko bazajya bahabwa ama inite ya 3000 cg 5000 bya buri kwezi mu gihe cy’ingana n’imyaka ibiri bitewe n’ubwoko bwa telrphone umuhinzi yafashe. Gusa abahinzi ntibabikozwa .

Hitumukiza Joseph umuyobozi wa Cooperative Kiaberi  yemereye umunyamakuru wa RadioTv0 ko koko bajya gutanga izo telephone batigeze babiteguza abanyamuryango kuko ngo zaje bari muri guma mu rugo. Gusa yemera ko nk’uko abahinzi babivuga biriya biciro bihanitse bityo ngo basabye sosiyete y’itumanaho yatanze izo telephone kuza ikiyumvikanira n’abanyamuryango.

Image

Image

Igishanga cya Rugeramigozi gihingwamo umuceri n’ibigori

Twagerageje kuvugisha umuyobozi wa Sosiyete y’itumanaho yatanze izi telephone ariko ntiyitaba telephone.

Ubwo aba banyamuryango bazaba bumvikanye na Companyi y’itumanaho yabahaye aya materephone ari nayo ibagurisha ama inite bayakoreshamo , tuzongere tubegere tubabaze niba ibiciro bihanitse binubiraga hari icyo byahindutseho.

Inkuru ya Sindiheba Yussuf/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

TANZANIA: Uwagabye igitero kuri ambasade y’u Bufaransa yamenyekanye

Next Post

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

KIREHE: Barasaba ko umuturanyi wabo yabona ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.