Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye abasore 18 bazajya mu mwiherero kugira ngo bazatoranywemo umusore uzatsindira ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda. Igikorwa cyo gutoranya aba basore kitabiriwe n’abantu banyuranye barimo Miss Mwiseneza Josiane wabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019.

Muri aba basore, harimo uwari umaze iminsi agarukwaho cyane witwa Muheto Salton aho benshi banibajije niba ari musaza wa Miss Rwanda 2022, Nshuti Muheto Divine.

Dore abandi batoranyijwe bazitabira umwiherero:

  1. Cyusa Muhunde Yannick (No7)
  2. Ngabo Jules Maurice (No50)
  3. Nyirihirwe Hartman Kelly (No60)
  4. Kayitaba Yves (No21)
  5. Kami Cruise (No19)
  6. Rwema Gihame Richard (No70)
  7. Mwemera Murego Patrick (No45)
  8. Kalisa Alain Norbert (No18)
  9. Ahimbazwe Patrick (No 2)
  10. Niyonagize Fabrice Bruce (No54)
  11. Ngaboyisonga Prince (No 51)
  12. Ishimwe Hubert (No16)
  13. Mbaraga Alex (No28)
  14. Ruharambankiko Tresor (No 61)
  15. Rukundo Derick (No 62)
  16. Irutamageno John Magnific (No 15)
  17. Iradukunda Moise (No 14)

Mu gutoranya aba basore, abari batoranyijwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali uko ari 75, babanje kunyura imbere y’akanama nkemurampaka kari kagizwe n’Umunyamakurukazi Aissa Cyiza, Sebudebwe Chear na Nkurunziza Pierre Damien.

Aba basore babanzaga kubazwa ibibazo bijyanye n’ubumenyi rusange ndetse n’ibyerekeye umuco nyarwanda ubundi bakerekana imishinga yabo.

Muri iki gikorwa cyari kitabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye, cyari kirimo Miss Mwiseneza Josiane wabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019.

Biteganyijwe ko aba basore 18, bazajya mu Mwiherero w’icyumweru kimwe ku ya 08 Gicurasi ubundi bawusoze tariki 13 Gicurasi naho uwegukanye ikamba rya Mr Rwanda agatangazwa tariki 14 Gicurasi.

Aissa Cyiza mu bari bagize akanama nkemurampaka

Muheto ari imbere y’akanama nkemurampaka
Miss Mwiseneza Josiane yaje muri iki gikorwa
Dj Ira yaje muri iki gikorwa
Barimo kandi Rwema Gihame Richard ufite ubumuga
Abasore 18 batoranyijwe bazitabira umwiherero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 11 =

Previous Post

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

Next Post

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Related Posts

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.