Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye abasore 18 bazajya mu mwiherero kugira ngo bazatoranywemo umusore uzatsindira ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda. Igikorwa cyo gutoranya aba basore kitabiriwe n’abantu banyuranye barimo Miss Mwiseneza Josiane wabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019.

Muri aba basore, harimo uwari umaze iminsi agarukwaho cyane witwa Muheto Salton aho benshi banibajije niba ari musaza wa Miss Rwanda 2022, Nshuti Muheto Divine.

Dore abandi batoranyijwe bazitabira umwiherero:

  1. Cyusa Muhunde Yannick (No7)
  2. Ngabo Jules Maurice (No50)
  3. Nyirihirwe Hartman Kelly (No60)
  4. Kayitaba Yves (No21)
  5. Kami Cruise (No19)
  6. Rwema Gihame Richard (No70)
  7. Mwemera Murego Patrick (No45)
  8. Kalisa Alain Norbert (No18)
  9. Ahimbazwe Patrick (No 2)
  10. Niyonagize Fabrice Bruce (No54)
  11. Ngaboyisonga Prince (No 51)
  12. Ishimwe Hubert (No16)
  13. Mbaraga Alex (No28)
  14. Ruharambankiko Tresor (No 61)
  15. Rukundo Derick (No 62)
  16. Irutamageno John Magnific (No 15)
  17. Iradukunda Moise (No 14)

Mu gutoranya aba basore, abari batoranyijwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali uko ari 75, babanje kunyura imbere y’akanama nkemurampaka kari kagizwe n’Umunyamakurukazi Aissa Cyiza, Sebudebwe Chear na Nkurunziza Pierre Damien.

Aba basore babanzaga kubazwa ibibazo bijyanye n’ubumenyi rusange ndetse n’ibyerekeye umuco nyarwanda ubundi bakerekana imishinga yabo.

Muri iki gikorwa cyari kitabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye, cyari kirimo Miss Mwiseneza Josiane wabaye Miss Popularity muri Miss Rwanda 2019.

Biteganyijwe ko aba basore 18, bazajya mu Mwiherero w’icyumweru kimwe ku ya 08 Gicurasi ubundi bawusoze tariki 13 Gicurasi naho uwegukanye ikamba rya Mr Rwanda agatangazwa tariki 14 Gicurasi.

Aissa Cyiza mu bari bagize akanama nkemurampaka

Muheto ari imbere y’akanama nkemurampaka
Miss Mwiseneza Josiane yaje muri iki gikorwa
Dj Ira yaje muri iki gikorwa
Barimo kandi Rwema Gihame Richard ufite ubumuga
Abasore 18 batoranyijwe bazitabira umwiherero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fifteen =

Previous Post

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

Next Post

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Perezida Kagame muri CarFreeDay yanyuze ku baturage arabaramutsa bamwakirizanya impundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.