Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Muhire Kevin yasubukuye imyitozo muri Rayon Sports ahahurira na Youssef & Ayoub

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in SIPORO
0
Muhire Kevin yasubukuye imyitozo muri Rayon Sports ahahurira na Youssef & Ayoub
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cy’uyu wa kabiri ku kibuga cyo mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe ikorera imyitozo nibwo Muhire Kevin umaze iminsi atumvikana neza n’iyi kipe muri gahunda yo kongera amasezerano, yagaragaye akorana n’abandi imyitozo muri gahunda yo kwitegura imikino ya gicuti, urugendo rugana mu kwitegura shampiyona y’umwaka w’imikino 2021-2022.

Muhire Kevin ukina hagati mu kibuga ndetse unashobora gukina asatira izamu ava mu mpande, yasoje amasezerano y’umwaka umwe yari yasinyiye Rayon Sports ariko bigeze ku murongo wo kuba yasinya andi masezerano hazamo kuba iyi kipe itari kubona amafaranga umukinnyi abasaba mu myaka ibiri bamwifuza nk’umukino wabo.Image

Image

Muhire Kevin mu myitozo ya Rayon Sports y’uyu wa kabiri

Kuri uyu wa kabiri rero, amakuru ahari n’uko impande zombi zaba zigeze aheza mu kumvikana icyakorwa kugira ngo akomeze akinire iyi kipe iheruka igikombe cya  shampiyona mu mwaka w’imikino 2018-2019.

Uretse Muhire Kevin watumye abafana ba Rayon Sports bongera kwishima ko ikipe iri mu nzira iboneye yo kwiyubaka, imyitozo ya Rayon Sports kandi yagaragayemo abakinnyi babiri batijwe na Raja Casablanca biciye muri gahunda y’amasezerano y’ubufatanye ari hagati y’amakipe yombi.

Ait Lahssaine Ayoub umunya-Morocco w’imyaka 21 wakuriye muri Raja Casablanca ikina icyiciro cya mbere muri muri iki gihugu, azakinira ikipe ya Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2021-2022. Akaba akina hagati mu kibuga.

Undi mukinnyi uzava muri Raja atizwa muri Rayon Sports ni rutahizamu, Rharb Youssef  w’imyaka 21 nawe uzaba ari undi mukinnyi uzafasha mu gushaka ibitego.

ImageRharb Youssef  w’imyaka 21 intizanyo ya Raja muri Rayon Sports

Imageit Lahssaine Ayoub umunya-Morocco w’imyaka 21 ni indi ntizanyo ya Raja muri Rayon Sports

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nzeri 2021 nibwo ikipe ya Rayon Sports izakina na Gorilla FC mu mukino wa gicuti uzakinirwa ku kibuga cya Kicukiro guhera saa yine z’igitondo (10h00′). Rayon Sports yatangiye imikino ya gicuti itsinda Musanze FC igitego 1-0 mbere yo gutsinda AS Muhanga ibitego 3-1 ku cyumweru.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Next Post

Imikino ya gicuti irarimbanyije: AS Kigali yanyagiye Musanze FC, Rayon Sports iracakirana na Gorilla FC

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imikino ya gicuti irarimbanyije: AS Kigali yanyagiye Musanze FC, Rayon Sports iracakirana na Gorilla FC

Imikino ya gicuti irarimbanyije: AS Kigali yanyagiye Musanze FC, Rayon Sports iracakirana na Gorilla FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.