Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko anenga Abanyafurika bananiwe kubaka ikibumbano cy’umuraperi w’ibihe byose, Umunyamerika Tupac, none ngo arifuza kubafasha akacyubaka.

Tupac Amaru Shakur wishwe mu 1996 arasiwe i Las Vegas muri Leta Zunze Ubumwe za America, afatwa nk’Umuraperi w’ibihe byose mu njyana ya Rap.

Indirimbo z’uyu muraperi, zari zikunzwe mu gihe cye ndetse kugeza n’uyu munsi zikaba zicyumvwa nk’iz’umuhanzi ukiriho.

Uyu muraperi w’ikirangirire washenguye benshi ubwo yicwaga, ni umwe mu bafite abakunzi benshi ku Mugabane wa Afurika kabone nubwo atakiri mu mwuka w’abazima.

General Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, ni umwe mu bagaragaje ko ari umufana wa Tupac w’ibihe byose, aho yagaragaje ko hari ikirengagijwe cyagombaga gukorerwa uyu muraperi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, General Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Niba abavandimwe bacu baba muri Leta Zunze Ubumwe za America batarabashije kubakira ikibumbano umuhanzi wa mbere mwiza w’Umunyafurika, ndifuza kubafasha.”

Yakomeje agira ati “Ndifuza kubakira ikibumbano Tupac mu mujyi yari atumyemo. Imana ikomeze imutuze mu mahoro.”

General Muhoozi Kainerugaba ni umwe mu bakunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, rimwe na rimwe bikazamura impaka.

Umuraperi w’ibihe byose Tupac
Gen Muhoozi yavuze ko agiye kumwubakira Statue

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Impamvu umukinnyi ukiri muto yagizwe kapiteni w’ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi

Next Post

Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.