Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’

radiotv10by radiotv10
28/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
4
Muhoozi yasabye FDLR kwishyikiriza UPDF cyangwa RDF bitaba ibyo ikatswaho umuriro muri operasiyo izitwa ‘Rudahigwa’
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye umutwe wa FDLR [yise Interahamwe] kumanika amaboko kandi ugahita wishyikiriza ingabo ziwegereye yaba UPDF cyangwa RDF.

Umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ukomeje kwifatanya na FARDC mu mirwano ihanganishije igisirikare cya DRC ndetse n’umutwe wa M23.

Lt Gen Muhoozi Kaierugaba mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yasabye uyu mutwe wa FDLR kumanika amoboko vuba na bwangu.

Yagize ati “Interahamwe zose zigomba kumanika amaboko kandi zikishyikiriza itsinda ry’ingabo rizegereye yaba UPDF cyangwa RDF. Tugiye gutsinda operasiyo ya nyuma. Twamaze kwemeza ko izitwa ‘Operation Rudahigwa’.”

Muhoozi yavuze ko atigeze arwana n’uyu mutwe wa FDLR ariko ko awuhaye ibyumweru bicye ikaba yakoze ibi yayisabye, bitaba ibyo igahura n’akaga mu gitero igiye kugabwaho.

Yagize ati “Nyuma yo kurandura ADF, tugiye gushyira imbaraga ku Nterahamwe ziri mu Burasirazuba bwa DRC. Inkoramaraso zishe abavandimwe bacu mu 1994. Igihe cyo kuvugana kigiye kurangira.”

Muri ibi bikorwa byafashe indi sura muri iki cyumweru, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FRDC) cyarashe ibisasu byaguye mu Rwanda mu Karere ka Musanze n’aka Burera bikomeretsa bamwe mu Banyarwanda ndetse binangiza ibikorwa remezo bitandukanye birimo isoko rya Kinigi mu Karere ka Musanze.

Nyuma y’iterwa ry’ibi bisasu ryabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 23 Gicurasi 2022, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasabye itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu karere (EJVM) gukora iperereza ryihuse kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi.

RADIOTV10

Comments 4

  1. murangwa celestn cadeau says:
    3 years ago

    izo nkoramaraso zagiye zihekuye urwanda tugomba guhangana nazo

    Reply
  2. Fidel niyongabo bizimungu says:
    3 years ago

    Ariko murasetsa kabisa nabose kwatarabana kuntambara ,kandi nyawusangira nudakoramo wanareba nabi akagucyura twebwe tuzabaha amaso urwanda hzgendaga igihumbi hagataha maganabiri murakekako haraho bagiye ?

    Reply
  3. GATABAZI DIEUDONNE says:
    3 years ago

    Bazisabye ugira Kendji kurambika hasi intwaro zigataha kumahoro none zirongeye zirashotoye .
    Agapfa kaburiwe ni mpongo .

    Reply
  4. Joel NDAYAMBAJE says:
    3 years ago

    ndabumva nkinumira rekandebeda? ikizakurikira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

DRCongo yafatiye ibihano u Rwanda ihagarika ingendo za RwandAir zerecyezayo

Next Post

IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

IZIHERUKA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura
AMAHANGA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

IFOTO: Minisitiri ari kumwe n’abaturage bacukuye imirwanyasuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.