Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yateye utwatsi ibyo kuva kuri Twitter byari byemejwe na Se Museveni

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yateye utwatsi ibyo kuva kuri Twitter byari byemejwe na Se Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba yanenze umunyamakuru wabajije umubyeyi we Yoweri Museveni ibyo kuva kuri Twitter, avuga ko akuze bihagije ku buryo ntawapfa kumufatira icyemezo.

Muhoozi Kainerugaba ukubutse mu Rwanda mu ruzinduko rwihariye yahagiriraga, ubwo yari i Kigali, Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’umubyeyi we, yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru bagaruka ku mikoreshereze ya Twitter ye ikomeje kutavugwaho rumwe.

Museveni yabwiye uwo munyamakuru ko umuhungu we General Muhoozi azahagarika gukoresha Twitter ndetse ko babiganiriyeho bakabyemeranyaho.

Muri icyo kiganiro, Museveni yagize ati “Azava kuri Twitter. Twabiganiriyeho. Twitter ubwayo si ikibazo. Ikibazo ni ubutumwa uyishyiraho.”

Muhoozi Kainerugaba washyize ubutumwa kuri Twitter mu minsi ishize bugateza impagarara burimo ubwo yavuze ko we n’Igisirikare cya Uganda bafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, yanakuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, nyuma y’umunsi umwe gusa atangaje buri butumwa kuri Twitter.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, yashyize ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga avuga kuri kiriya kibazo cyabajijwe umubyeyi we ku byerekeye ibyo kuba yava kuri Twitter.

Muhoozi yagize ati “Numvise umunyamakuru umwe wo muri Kenya abaza Papa ku byo kunkura kuri Twitter? Ubanza ari urwenya?? Ndi mukuru nta muntu n’umwe wampagarika gukora icyo ari cyo cyose.”

Uyu muhungu wa Museveni ukunze kwisanzura mu bitekerezo ashyira kuri Twitter, ni umwe mu bakunze gutuma abakoresha uru rubuga nkoranyambaga batanga ibitekerezo kubera ibyo aba yashyizeho rimwe na rimwe bigafatwa nk’urwenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Next Post

Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.