• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yateye utwatsi ibyo kuva kuri Twitter byari byemejwe na Se Museveni

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yateye utwatsi ibyo kuva kuri Twitter byari byemejwe na Se Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba yanenze umunyamakuru wabajije umubyeyi we Yoweri Museveni ibyo kuva kuri Twitter, avuga ko akuze bihagije ku buryo ntawapfa kumufatira icyemezo.

Muhoozi Kainerugaba ukubutse mu Rwanda mu ruzinduko rwihariye yahagiriraga, ubwo yari i Kigali, Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’umubyeyi we, yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru bagaruka ku mikoreshereze ya Twitter ye ikomeje kutavugwaho rumwe.

Museveni yabwiye uwo munyamakuru ko umuhungu we General Muhoozi azahagarika gukoresha Twitter ndetse ko babiganiriyeho bakabyemeranyaho.

Muri icyo kiganiro, Museveni yagize ati “Azava kuri Twitter. Twabiganiriyeho. Twitter ubwayo si ikibazo. Ikibazo ni ubutumwa uyishyiraho.”

Muhoozi Kainerugaba washyize ubutumwa kuri Twitter mu minsi ishize bugateza impagarara burimo ubwo yavuze ko we n’Igisirikare cya Uganda bafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, yanakuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, nyuma y’umunsi umwe gusa atangaje buri butumwa kuri Twitter.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, yashyize ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga avuga kuri kiriya kibazo cyabajijwe umubyeyi we ku byerekeye ibyo kuba yava kuri Twitter.

Muhoozi yagize ati “Numvise umunyamakuru umwe wo muri Kenya abaza Papa ku byo kunkura kuri Twitter? Ubanza ari urwenya?? Ndi mukuru nta muntu n’umwe wampagarika gukora icyo ari cyo cyose.”

Uyu muhungu wa Museveni ukunze kwisanzura mu bitekerezo ashyira kuri Twitter, ni umwe mu bakunze gutuma abakoresha uru rubuga nkoranyambaga batanga ibitekerezo kubera ibyo aba yashyizeho rimwe na rimwe bigafatwa nk’urwenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Next Post

Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Rubavu: Abataramenyekana baje bitwaje intwaro gakondo batemye abarimo abacunga umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.