Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bya Gisirikare, yavuze ko Umujenerali mwiza abona umurenze mu buzima bwe, ari General James Kabarebe.

Uyu musirikare wo muri Uganda akunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, ari na rwo yakoresheje atanga iki gitekerezo cye.

Mu butumwa yanyujijeho mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, General Muhoozi Kainerugaba, yagize ati “Hari Umujenerali umwe gusa mwiza kundusha mu buzima bwanjye.”

Yakomeje agira ati “Izina rye ni General James Kabarebe. Ni we musirikare rukumbi w’intangarugero kundusha. Ariko ubu turi inshuti. Ntitwigeze na rimwe tuvuga ibyo kuba twarwana. Abadukuriye batuzaniye amahoro.”

General Muhoozi wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Nyuma yuko akuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, General Muhoozi yagumanye inshingano zo kuba umujyanama wa Perezida Museveni mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ufite ibigwi mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika y’Iburasirazuba, na we asanzwe ari Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ni umwe mu basirikare bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, akaba yaragize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare cy’u Rwanda no muri Guverinoma, aho yanabaye Minisitiri w’Ingabo.

General James Kabarebe, Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare
General Muhoozi, Umujyanama wa Perezida Museveni

RADIOTV10

Comments 1

  1. Paul says:
    3 years ago

    Nange ndamwemera cyane General James kabarebe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Next Post

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.