Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bya Gisirikare, yavuze ko Umujenerali mwiza abona umurenze mu buzima bwe, ari General James Kabarebe.

Uyu musirikare wo muri Uganda akunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, ari na rwo yakoresheje atanga iki gitekerezo cye.

Mu butumwa yanyujijeho mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, General Muhoozi Kainerugaba, yagize ati “Hari Umujenerali umwe gusa mwiza kundusha mu buzima bwanjye.”

Yakomeje agira ati “Izina rye ni General James Kabarebe. Ni we musirikare rukumbi w’intangarugero kundusha. Ariko ubu turi inshuti. Ntitwigeze na rimwe tuvuga ibyo kuba twarwana. Abadukuriye batuzaniye amahoro.”

General Muhoozi wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubyutsa umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi.

Nyuma yuko akuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, General Muhoozi yagumanye inshingano zo kuba umujyanama wa Perezida Museveni mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ufite ibigwi mu karere k’ibiyaga bigari no muri Afurika y’Iburasirazuba, na we asanzwe ari Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare.

General James Kabarebe ni umwe mu basirikare bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, akaba yaragize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare cy’u Rwanda no muri Guverinoma, aho yanabaye Minisitiri w’Ingabo.

General James Kabarebe, Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare
General Muhoozi, Umujyanama wa Perezida Museveni

RADIOTV10

Comments 1

  1. Paul says:
    3 years ago

    Nange ndamwemera cyane General James kabarebe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

Next Post

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.