Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mukase w’Umwana wapfuye bigashengura benshi ari mu bakurikiranyweho urupfu rwe

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Mukase w’Umwana wapfuye bigashengura benshi ari mu bakurikiranyweho urupfu rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’urupfu rw’umwana w’umukobwa witwa Akeza Elisie Rutiyomba wo mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro uherutse kwitaba Imana bivugwa ko yaguye mu mazi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukurikiranye abantu babiri barimo mukase w’uyu mwana.

Ni urupfu rwabaye ku wa Gatanu tariki 14 Mutarama 2022 aho uyu mwana w’umukobwa byavugwaga ko yaguye mu itanki y’amazi ya Litiro 200 agapfa.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko rwamaze guta muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko ubwo uriya mwana yari akimara kwitaba Imana uru rwego rwakoze iperereza ry’ibanze ku cyaba cyateye uru rupfu aho cyabereye.

Dr Murangira avuga ko iri sesengura ryari rigamije kugaragaza uko icyaha cyaba cyakozwe ryerekanye ko “hari impamvu zikomeye zituma hakekwa abantu babiri ari bo Mukanzabarushimana Marie Chantal [mukase w’uwo mwana] na Nirere Dativa akaba ari umukozi wo muri urwo rugo.”

Dr Murangira avuga ko umurambo w’uyu mwana wahise ujyanwa ku kigo gikorerwamo isuzuma rya gihanga cya Rwanda Forensic Laboratory kugira ukorerwe isuzuma.

Ubwo uriya mwana yari akimara gupfa byavugwaga ko yari amaze igihe gito aje kuba kwa Se kuko yari arwaye kugira ngo Se amwiteho aho se w’uyu mwana na Nyina batabana ariko barabyaranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Intumwa yamuzaniye ubutumwa bwa Museveni

Next Post

Abaganga 8 bari mu maboko ya RIB bakurikiranyweho gupfusha ubusa inkingo za COVID-19

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaganga 8 bari mu maboko ya RIB bakurikiranyweho gupfusha ubusa inkingo za COVID-19

Abaganga 8 bari mu maboko ya RIB bakurikiranyweho gupfusha ubusa inkingo za COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.