Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR

radiotv10by radiotv10
06/06/2022
in MU RWANDA
1
Muri Congo rwongeye rwambikanye, FARDC yongera kwiyambaza FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Mu duce twa Runyoni na Chanzu muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hongeye kubura imirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cya kare cyane kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022 aho FARDC ishinja M23 kubagabaho igitero.

Umuvugizi wa FARDC, Lt Col Njike Kaiko yavuze ko umutwe wa M23 wagabye kuri FARDC igitero ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo mu gace ka Muhayi, igisirikare cy’Igihugu na cyo kikirwanaho.

Lt Col Njike Kaiko yavuze ko abasirikare b’Igihugu bagumye mu birindiro byabo aha Muhati ariko ko imbaraga bazishyize mu duce twa Runyondi na Chanzu.

Yagize ati “Twabyukiye ku muriro w’abanzi bongeye kutugabaho ibitero mu birindiro byacu i Muhati. Ariko twawuzimishije umuriro kandi twagumanye Muhati.”

Uyu muvugizi wa FARDC yavuze ko umutwe wa M23 ukomeje kwingangira ubarasaho ibisasu kandi ko imirwano ikomeje gufata indi ntera.

M23 na yo irashinja FARDC kuba ari yo yayigabyeho ibitero ahagana saa munani zo mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Kamena 2022.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yavuze ko Igisirikare cya Congo ari cyo gikomeje kuba nyirabayazana w’iyi mirwano kigamije kuburizamo ibiganiro by’i Nairobi.

Willy Ngoma, Umuvigizi wa M23, yagize ati “Barimo kuturasaho kuva saa 5h30.”

Andi makuru aturuka muri Congo, avuga ko indege za MONUSCO na zo zongeye kugaruka muri uru rugamba aho ziri kwifashisha indege za kajugujugu zimisha ibisasu ku barwanyi ba M23.

Icyumweru cyari gishize muri Teritwari ya Rutshuru haje agahenge nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bavuye mu bice bari bafashe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bukuru daniel says:
    3 years ago

    Il faut manger ces cafards hima,faut PS les dorlotter non eclasez les,les fesses de leurs mères

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 18 =

Previous Post

ITANGAZO RYA IRADUKUNDA GILBERT RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo
AMAHANGA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Kigali: Ahazwi nko mu Migina imodoka yari iparitse yaguramanye abantu bayoberwa ibibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.