Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa

radiotv10by radiotv10
09/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Kenya zishobora guhindura imirishyo Visi Perezida w’Igihugu akeguzwa
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite muri Kenya watoye icyemezo cyo kweguza Visi Perezida w’iki Gihugu, Rigathi Gachagua ushinjwa ibyaha birimo ruswa n’ivanguramoko, aho hategerejwe icyemezo cya nyuma cya Sena.

Iki cyemezo cyatowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, cyatangajwe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Moses Wetangula wavuze ko uyu mwanzuro wemejwe n’Abadepite 281 mu gihe abawanze ari 44.

Ashinjwa ibyaha binyuranye birimo ruswa, Politiki ishingiye ku ivanguramoko ndetse no gusuzugura Guverinoma, mu gihe Rigathi Gachagua we ahakana ibi byaha.

Kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua, bifatwaho icyemezo cya nyuma n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, aho aramutse yegujwe, yaba abaye Visi Perezida wa Mbere wegujwe na Sena.

Uyu mugabo usanzwe ari umushoramari, ashinjwa kuba afite imitungo yabonye binyuze muri ruswa, aho bivugwa ko inzu nyinshi atunze yari yarazanditseho umuvandimwe we.

Abanyamategeko 20 bahawe akazi ko kuburanira Rigathi Gachagua muri uyu mwanzuro wo kumweguza.

Bivugwa ko Rigathi Gachagua atunze imitungo ifite agaciro ka Miliyari 5,2 z’Amashilingi ya Kenya (angana na Miliyoni 40$ cyangwa miliyari 55 Frw).

Rigathi Gachagua we ahakana ibyaha byose ashinjwa, aho agira ati “Ndi umwere kuri ibi byaha byose. Nta gahunda mfite yo kwegura kuri uyu mwanya. Nzahatana mpaka.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ibyo babwiwe n’ubuyobozi bubaziza kuvugana n’itangazamakuru byarabatunguye binabashyira mu rujijo

Next Post

Umuhanzi ugezweho muri gakondo Nyarwanda agiye kuyisangiza ab’i Burayi

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho muri gakondo Nyarwanda agiye kuyisangiza ab’i Burayi

Umuhanzi ugezweho muri gakondo Nyarwanda agiye kuyisangiza ab’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.