Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore barenga 50% b’i Kampala muri Uganda, bakoreshejwe imibonano mpuzabitsina n’abagabo babo ku gahato mu gihe cya guma mu rugo yashyizweho mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bw’ishami ry’ubushakashatsi rya Kaminuza ya Makerere ndetse n’ikigega Innovation Fund, bugaragaza ko abagore 51% bo mu gace gacucitse ka Kimumbasa Bwaise, bakoreshejwe imibonano ku gahato mu gihe mu gace ka Katanga ari 29,4%.

Ubu bushakashatsi buvuga ko iyi mibare ivuze ko abagore batanu ku icumi muri Kimumbasa Bwaise bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aya makuru ashingiye ku byakorewe abagore mu gihe cya gahunda ya guma mu rugo yashyizweho ubwo hariho icyorezo cya COVID-19, aho abashakanye birirwanaga mu rugo bukarinda bwira.

Abakozi ubu bushakashatsi, bavuga ko iyi mibare igaragaza ko imibonano y’agahato hagati y’abashakanye isa nk’iyamaze kwakirwa.

Ubushakashatsi rusange ku buzima buzwi nka UHDS (Uganda Health Demographic Survey) bwa 2016, bwagaragaje ko abagore 51% bavuze ko nibura bagiye bahura n’ihohoterwa ryo ku mubiri, mu gihe mu bihe bya COVID-19 abagera kuri 56% bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa ryaba iryo ku mubiri, iry’igitsina ndetse n’iry’amagambo akomeretsa.

Mu kwezi kwa mbere kwa guma mu rugo, hakiriwe ibirego birenga 3 000 by’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Umwe mu bagore wo muri kariya gace kakorewemo ubushakashatsi akaba ari n’umuyobozi, yavuze ko umugabo we yamukoreshaga imibonano mpuzabitsina ku gahato, rimwe na rimwe akanamukubita.

Yagize ati “Umugabo wanjye yajyaga ankoresha imibonano anshyizeho ingufu rimwe na rimwe akanankubita kandi ndi umuyobozi muri aka gace, nagize ubwoba bwo kubitangira ikirego kuko abagore bagenzi banjye bangirira icyizere.”

Dr. Wilberforce Karugahe wayoboye ubu bushakashatsi, yavuze ko turiya duce tubiri twatoranyijwe kuko habarizwa abagore benshi badafite akazi kandi hakaba hakaba hakunze kuba ibikorwa by’ihohoterwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 7 =

Previous Post

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Next Post

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Related Posts

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

by radiotv10
05/01/2026
0

Amakuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo mu Burundi, aravuga ko iki Gihugu kimaze kohereza abasirikare bakabakaba ibihumbi 30 muri Repubulika...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

IZIHERUKA

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu
AMAHANGA

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

by radiotv10
05/01/2026
0

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.