Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore barenga 50% b’i Kampala muri Uganda, bakoreshejwe imibonano mpuzabitsina n’abagabo babo ku gahato mu gihe cya guma mu rugo yashyizweho mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bw’ishami ry’ubushakashatsi rya Kaminuza ya Makerere ndetse n’ikigega Innovation Fund, bugaragaza ko abagore 51% bo mu gace gacucitse ka Kimumbasa Bwaise, bakoreshejwe imibonano ku gahato mu gihe mu gace ka Katanga ari 29,4%.

Ubu bushakashatsi buvuga ko iyi mibare ivuze ko abagore batanu ku icumi muri Kimumbasa Bwaise bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aya makuru ashingiye ku byakorewe abagore mu gihe cya gahunda ya guma mu rugo yashyizweho ubwo hariho icyorezo cya COVID-19, aho abashakanye birirwanaga mu rugo bukarinda bwira.

Abakozi ubu bushakashatsi, bavuga ko iyi mibare igaragaza ko imibonano y’agahato hagati y’abashakanye isa nk’iyamaze kwakirwa.

Ubushakashatsi rusange ku buzima buzwi nka UHDS (Uganda Health Demographic Survey) bwa 2016, bwagaragaje ko abagore 51% bavuze ko nibura bagiye bahura n’ihohoterwa ryo ku mubiri, mu gihe mu bihe bya COVID-19 abagera kuri 56% bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa ryaba iryo ku mubiri, iry’igitsina ndetse n’iry’amagambo akomeretsa.

Mu kwezi kwa mbere kwa guma mu rugo, hakiriwe ibirego birenga 3 000 by’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Umwe mu bagore wo muri kariya gace kakorewemo ubushakashatsi akaba ari n’umuyobozi, yavuze ko umugabo we yamukoreshaga imibonano mpuzabitsina ku gahato, rimwe na rimwe akanamukubita.

Yagize ati “Umugabo wanjye yajyaga ankoresha imibonano anshyizeho ingufu rimwe na rimwe akanankubita kandi ndi umuyobozi muri aka gace, nagize ubwoba bwo kubitangira ikirego kuko abagore bagenzi banjye bangirira icyizere.”

Dr. Wilberforce Karugahe wayoboye ubu bushakashatsi, yavuze ko turiya duce tubiri twatoranyijwe kuko habarizwa abagore benshi badafite akazi kandi hakaba hakaba hakunze kuba ibikorwa by’ihohoterwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Next Post

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.