Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore barenga 50% b’i Kampala muri Uganda, bakoreshejwe imibonano mpuzabitsina n’abagabo babo ku gahato mu gihe cya guma mu rugo yashyizweho mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bw’ishami ry’ubushakashatsi rya Kaminuza ya Makerere ndetse n’ikigega Innovation Fund, bugaragaza ko abagore 51% bo mu gace gacucitse ka Kimumbasa Bwaise, bakoreshejwe imibonano ku gahato mu gihe mu gace ka Katanga ari 29,4%.

Ubu bushakashatsi buvuga ko iyi mibare ivuze ko abagore batanu ku icumi muri Kimumbasa Bwaise bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aya makuru ashingiye ku byakorewe abagore mu gihe cya gahunda ya guma mu rugo yashyizweho ubwo hariho icyorezo cya COVID-19, aho abashakanye birirwanaga mu rugo bukarinda bwira.

Abakozi ubu bushakashatsi, bavuga ko iyi mibare igaragaza ko imibonano y’agahato hagati y’abashakanye isa nk’iyamaze kwakirwa.

Ubushakashatsi rusange ku buzima buzwi nka UHDS (Uganda Health Demographic Survey) bwa 2016, bwagaragaje ko abagore 51% bavuze ko nibura bagiye bahura n’ihohoterwa ryo ku mubiri, mu gihe mu bihe bya COVID-19 abagera kuri 56% bavuze ko bahuye n’iri hohoterwa ryaba iryo ku mubiri, iry’igitsina ndetse n’iry’amagambo akomeretsa.

Mu kwezi kwa mbere kwa guma mu rugo, hakiriwe ibirego birenga 3 000 by’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Umwe mu bagore wo muri kariya gace kakorewemo ubushakashatsi akaba ari n’umuyobozi, yavuze ko umugabo we yamukoreshaga imibonano mpuzabitsina ku gahato, rimwe na rimwe akanamukubita.

Yagize ati “Umugabo wanjye yajyaga ankoresha imibonano anshyizeho ingufu rimwe na rimwe akanankubita kandi ndi umuyobozi muri aka gace, nagize ubwoba bwo kubitangira ikirego kuko abagore bagenzi banjye bangirira icyizere.”

Dr. Wilberforce Karugahe wayoboye ubu bushakashatsi, yavuze ko turiya duce tubiri twatoranyijwe kuko habarizwa abagore benshi badafite akazi kandi hakaba hakaba hakunze kuba ibikorwa by’ihohoterwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 14 =

Previous Post

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Next Post

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.