Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu bazamusimbura, avuga ko we n’abo bari mu kigero kimwe, badakwiye kubamo

Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Musa Fazil Harerimana yagaragaje ibyo u Rwanda rwageraho ku buryo rwaba rugeze igihe rwayoborwa n’undi utari Perezida Paul Kagame ndetse anavuga n’abashobora kuzavamo abakandida bazamusimbura.

Depite Musa Fazil Harerimana usanzwe ari n’Umuyobozi w’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Ukwakira 2022.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku byaranze urugendo rwa Hon Musa Fazil Harerimana mu bya politiki, yongeye kuvuga ko akunda Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunze kwita “Baba wa Taifa” [Umubyeyi w’Igihugu] ndetse n’ishyaka ayoboye rya RPF-Inkotanyi.

Uyu munyapolitiki ni umwe mu bagaragaje bwa mbere ko Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rikwiye kuvugururwa byumwihariko ingingo zagarukaga ku mubare wa manda z’umukuru w’Igihugu kugira ngo bihe amahirwe Perezida Paul Kagame kongera kwiyamariza kuyobora Igihugu muri 2017.

Icyo gihe yavugaga ko ubu busabe abushingira ku byo Perezida Paul Kagame yari amaze kugeza ku Banyarwanda, bityo ko abona ntawundi wari gupfa kubikora kandi ko nta n’undi abona wabikomeza.

Muri iki kiganiro yagira na Radio 10, Sheikh Musa Fazil Harerimana yabajijwe igihe abona u Rwanda rwazayoborerwa n’undi muntu utari Perezida Paul Kagame, avuga ko ari igihe rwazaba rumaze kugera aho rushikamye.

Yagize ati “Reka mbivuge ku mugaragaro, atuyoboye [Perezida Kagame] akageza aho Igihugu kimaze gushikama mu bukungu […] Igihugu rero gifite ijana ku ijana, kigafata imyenda kikayishyura, nta nkunga z’amahanga, kikitunga, ugasanga umutekano n’abaturanyi n’abandi bose tumeranye neza, dufite abakandida bakiri bato.”

Agaragaza abashobora kuvamo uwasimbura Perezida Paul, Hon Musa Fazil Harerimana yavuze ko ari abakiri bato batabaye mu bibazo by’amateka yaranze u Rwanda.

Ati “Abakandida mvuga bakiri bato, ni abantu ubona ko bize muri iki gihe cya nyakubahwa Perezida wa Repubulika akabateza imbere, ntibahure n’amacakubiri ya Leta iyabashyiramo. Abo bazamutse gutyo, numva ko kuri njyewe ari bo yategura agaha ubuyobozi.”

Musa Fazil Harerimana yavuze impamvu akunda RPF akaba atayibamo

Impamvu akunda RPF akaba ari mu rindi shyaka

Sheikh Musa Fazil Harerimana kandi yanabajijwe impamvu akunze kuvuga ko akunda umuryango wa RPF-Inkotanyi ariko akaba aba muri rindi shyaka anabereye umuyobozi, avuga ko ibyo ntagitangaza kirimo.

Yagarutse ku kamaro k’amashyaka ko ari ugukorera Igihugu, avuga ko kuba akunda RPF-Inkotanyi, bitamwima uburenganzira bwo kuba mu rindi shyaka.

Ati “Kuba tubakunda ntabwo bidutegeka kuba FPR. Ni ukuvuga ngo niba ukunda igiti ntabwo wagenda uvuge ngo mbaye igiti, niba ukunda amazi ntiwagenda uvuge ngo ubaye amazi ariko uba ufite impamvu ubikunze kandi na byo bikakugirira akamaro…

Rero na FPR turayikunda, n’umuyobozi wayo turamukunda, ariko tukavuga ngo muri Politiki ni abantu natwe turi abandi, batekereza neza ariko aho bakwibeshya byaba byiza yuko natwe tugira ishyaka kugira ngo tube twahagoboka.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyitegeka Jean de dieu says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza ndashaka kuvuga kubyo Musa fasil yavuzeho byerekeye k’umukuru w’igihugu cyacu nyakubahwa President H.E Paul Kagame, rwose abanyarwanda iyaba twese twarebaga kure cyane tugasubiza amaso inyuma ahashize twakabaye ahubwo twitegura kumuhundagazaho amajwi menshi cyane , H.E Paul Kagame n’umubyeyi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Museveni yahishuye icyavuye mu kiganiro yagiranye na Muhoozi kubyo kuva kuri Twitter

Next Post

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.