Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mukarere ka Musanze mu murenge wa  Kinigi, akagari ka Bisoke bavuga ko bafite icyibazo cy’uko ivomo rusange bavomagaho ritagikora ryafunzwe none bahitamo kuvoma amazi atemba bakifuzako ryafungurwa.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC), ishami rya Musanze bavuga ko batari bazi iki kibazo ariko bagiye kugisuzuma.

Abatuye mu mudugudu wa Susa akagari ka bisoke, umurenge wa Kinigi akarere Ka Musanze haravuga ko babangamiwe no kuba badafite amazi meza yo kuvoma kuko ivomo bahoze bavomaho ryafunzwe , nyuma y’uko uwarikoreshega ahuye nikibazo cy’uko mubazi yabaraga amafaranga menshi adahuye nayavomwe none ubu ngo bavoma ku ivomo ry’urusengero rw’abadive ariko kumunsi w’isabato bakajya kuvoma amazi y’ibirohwa atemba mumugezi.

Umwe mubaturage yagize ati “Aya mazi amaze imyaka ibiri atarimo, byatewe n’uko uwahoze avomesha ngo iyo yafunguraga hazaga icyuka noneho bamubarira amafaranga agasanga ni menshi aramugusha mu gihombo, ubwo rero baramufungiye”

Image

Abaturage ntibabona amazi meza yo kumesa ahubwo bibasaba kujya ku mitembo bakameserayo

Undi we avuga ko aho bafungiye uyu mugezi, ubu bavoma ku badive. Ariko kuwa Gatanu mu masaha y’umugoroba no kuwa gatandatu ntamazi babaha haba hafunze, ibi bigatuma bajya kuvoma mumugezi utemba uri Hafi yabo,kandi ufite amazi mabi.

Ibi kandi binashimangirwa n’umuyobozi w’umudugudu wa Susa, Hategekimana uvuga ko WASAC ikwiye kwiga ku kibazo cyabo bakabaha amazi bakareka kujya kuvoma ibirohwa kuko bibakururira kurwara indwara ziterwa n’umwanda.

Umuyobozi wa WASAC, ishami rya Musanze avugako bagiye kuvugana n’inzego z’ibanze ikibazo kigashakirwa igisubizo.

“Icyo kibazo ntabwo twari tukizi ariko ngiye gukorana n’inzego Z’ibanze tumenye uko giteye ubundi bafungurirwe amazi “

Image

Image

Ivomo bavomagaho ryarumagaye

Abatuye uyu mudugudu wa Susa basaba ko bahabwa amazi meza bakareka kujya kuvoma ibirohwa  bibatera kurwara indwara ziterwa n’Umwanda ndetse no gukoresha amazi mabi,kndi bari barahawe amazi mazi.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Delle mu rukundo n’umukobwa wa Pep Guardiola

Next Post

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.