Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mukarere ka Musanze mu murenge wa  Kinigi, akagari ka Bisoke bavuga ko bafite icyibazo cy’uko ivomo rusange bavomagaho ritagikora ryafunzwe none bahitamo kuvoma amazi atemba bakifuzako ryafungurwa.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC), ishami rya Musanze bavuga ko batari bazi iki kibazo ariko bagiye kugisuzuma.

Abatuye mu mudugudu wa Susa akagari ka bisoke, umurenge wa Kinigi akarere Ka Musanze haravuga ko babangamiwe no kuba badafite amazi meza yo kuvoma kuko ivomo bahoze bavomaho ryafunzwe , nyuma y’uko uwarikoreshega ahuye nikibazo cy’uko mubazi yabaraga amafaranga menshi adahuye nayavomwe none ubu ngo bavoma ku ivomo ry’urusengero rw’abadive ariko kumunsi w’isabato bakajya kuvoma amazi y’ibirohwa atemba mumugezi.

Umwe mubaturage yagize ati “Aya mazi amaze imyaka ibiri atarimo, byatewe n’uko uwahoze avomesha ngo iyo yafunguraga hazaga icyuka noneho bamubarira amafaranga agasanga ni menshi aramugusha mu gihombo, ubwo rero baramufungiye”

Image

Abaturage ntibabona amazi meza yo kumesa ahubwo bibasaba kujya ku mitembo bakameserayo

Undi we avuga ko aho bafungiye uyu mugezi, ubu bavoma ku badive. Ariko kuwa Gatanu mu masaha y’umugoroba no kuwa gatandatu ntamazi babaha haba hafunze, ibi bigatuma bajya kuvoma mumugezi utemba uri Hafi yabo,kandi ufite amazi mabi.

Ibi kandi binashimangirwa n’umuyobozi w’umudugudu wa Susa, Hategekimana uvuga ko WASAC ikwiye kwiga ku kibazo cyabo bakabaha amazi bakareka kujya kuvoma ibirohwa kuko bibakururira kurwara indwara ziterwa n’umwanda.

Umuyobozi wa WASAC, ishami rya Musanze avugako bagiye kuvugana n’inzego z’ibanze ikibazo kigashakirwa igisubizo.

“Icyo kibazo ntabwo twari tukizi ariko ngiye gukorana n’inzego Z’ibanze tumenye uko giteye ubundi bafungurirwe amazi “

Image

Image

Ivomo bavomagaho ryarumagaye

Abatuye uyu mudugudu wa Susa basaba ko bahabwa amazi meza bakareka kujya kuvoma ibirohwa  bibatera kurwara indwara ziterwa n’Umwanda ndetse no gukoresha amazi mabi,kndi bari barahawe amazi mazi.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Delle mu rukundo n’umukobwa wa Pep Guardiola

Next Post

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.