Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Musanze: Abaturage bo mu Kinigi babuze amazi bahitamo kuvoma amazi atemba
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mukarere ka Musanze mu murenge wa  Kinigi, akagari ka Bisoke bavuga ko bafite icyibazo cy’uko ivomo rusange bavomagaho ritagikora ryafunzwe none bahitamo kuvoma amazi atemba bakifuzako ryafungurwa.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC), ishami rya Musanze bavuga ko batari bazi iki kibazo ariko bagiye kugisuzuma.

Abatuye mu mudugudu wa Susa akagari ka bisoke, umurenge wa Kinigi akarere Ka Musanze haravuga ko babangamiwe no kuba badafite amazi meza yo kuvoma kuko ivomo bahoze bavomaho ryafunzwe , nyuma y’uko uwarikoreshega ahuye nikibazo cy’uko mubazi yabaraga amafaranga menshi adahuye nayavomwe none ubu ngo bavoma ku ivomo ry’urusengero rw’abadive ariko kumunsi w’isabato bakajya kuvoma amazi y’ibirohwa atemba mumugezi.

Umwe mubaturage yagize ati “Aya mazi amaze imyaka ibiri atarimo, byatewe n’uko uwahoze avomesha ngo iyo yafunguraga hazaga icyuka noneho bamubarira amafaranga agasanga ni menshi aramugusha mu gihombo, ubwo rero baramufungiye”

Image

Abaturage ntibabona amazi meza yo kumesa ahubwo bibasaba kujya ku mitembo bakameserayo

Undi we avuga ko aho bafungiye uyu mugezi, ubu bavoma ku badive. Ariko kuwa Gatanu mu masaha y’umugoroba no kuwa gatandatu ntamazi babaha haba hafunze, ibi bigatuma bajya kuvoma mumugezi utemba uri Hafi yabo,kandi ufite amazi mabi.

Ibi kandi binashimangirwa n’umuyobozi w’umudugudu wa Susa, Hategekimana uvuga ko WASAC ikwiye kwiga ku kibazo cyabo bakabaha amazi bakareka kujya kuvoma ibirohwa kuko bibakururira kurwara indwara ziterwa n’umwanda.

Umuyobozi wa WASAC, ishami rya Musanze avugako bagiye kuvugana n’inzego z’ibanze ikibazo kigashakirwa igisubizo.

“Icyo kibazo ntabwo twari tukizi ariko ngiye gukorana n’inzego Z’ibanze tumenye uko giteye ubundi bafungurirwe amazi “

Image

Image

Ivomo bavomagaho ryarumagaye

Abatuye uyu mudugudu wa Susa basaba ko bahabwa amazi meza bakareka kujya kuvoma ibirohwa  bibatera kurwara indwara ziterwa n’Umwanda ndetse no gukoresha amazi mabi,kndi bari barahawe amazi mazi.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + thirteen =

Previous Post

Delle mu rukundo n’umukobwa wa Pep Guardiola

Next Post

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.