Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Barashinja umushoramari kubakorera ibyo babona nk’agasuzuguro bakanatunga agatoki ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, baravuga ko umushoramari yadukiriye amasambu yabo akaza kuyakoreramo ishoramari bari babujijwe n’ububuyobozi kwikorera bubizeza ko umunyemari azabaha ingurane ariko agatangira atazibahaye.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwari bwababujije gucukura mu mirima yabo ishwagara (rifasha gukura ubusharire mu butaka) na Taraverite yifashishwa mu gukora Sima.

Bavuga ko aha ari ho bakuraga amaramuko, ariko nyuma bakaza kubona umushoramari yaraje kubyaza umusaruro ibi byari bibatunze, atabahaye ingurane nk’uko bari babyizejwe.

Umwe yagize ati “Baraduhagaritse gucukura ishwagara mu mirima yacu, batubwira ko umushoramari azaduha ingurane, none yatangiye gucukuramo nta ngurane aduhaye. Natubwire niba ibyo yashakagamo yarabibonye cyangwa se aduhe ingurane kuko imirima yacu nta musaruro iri kubyaza.”

Undi muturage yagize ati “Imirima yacu ni yo twakuragamo amafaranga adutunga none ubu byarahagaze, urumva nyine inzara igiye kutwica, nibaduhe ingurane cyangwa se bareke imirima yacu dukomeze twicukurire ishwagara.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yahakaniye RADIOTV10 iby’aya makuru, avuga ko uwo mushoramari ataratangira gukora nk’uko bivugwa n’aba baturage.

Yagize ati “Ayo makuru ntabwo ari yo, kuko ntabwo yatangira gukora atarishyura abaturage, icyakora cyo turi kuganira na we ngo abe yababarira atangire abishyure.”

Muri aka gace kazwi nka Kiryi gatuwemo n’aba baturage, hasanzwe hari n’uruganda rutunganya sima, ndetse hakaba n’abifuza ko bakwimurwa kugira ngo iri shoramari ryisanzure, na bo babeho batekanye.

Ngo ubutaka bwabo bwatangiye kubyazwa umusaruro n’umushoramari
Aba baturage bavuga ko uyu mushoramari yabasuzuguye

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADITV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 8 =

Previous Post

Eng.-President Kagame Commends riders and Rwandans for their role in the UCI World Championship

Next Post

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko mu Karere ka Nyagatare n’ushinzwe Umutekano muri ako Kagari, Dosiye y’ikirego baregwamo kwakira ruswa y’ibihumbi...

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

by radiotv10
02/10/2025
0

Abagabo babiri barimo bateka kanyanga mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baturikanywe n’iki kiyobyabwenge, umwe ahasiga ubuzima, undi...

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

by radiotv10
01/10/2025
0

Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda riri kuvugururwa, rirateganya ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku batwara ibinyabiziga, ku makosa 10 aremereye, arimo...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

by radiotv10
02/10/2025
0

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

02/10/2025
Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

02/10/2025
How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

02/10/2025
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Rwanda’s gross domestic product reached over 5.700 billion Rwandan francs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

Nyanza: Abagabo babiri bari mu bikorwa bitemewe bahuye n’uruva gusenya umwe ahasiga ubuzima

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.