Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ibigega by’ibikomoka kuri petelori byabonywe mu butaka mu muyi wa Musanze mu Murenge wa Muhoza, aho byari bitabye bikekwa ko bimazemo imyaka irenga 50.

Ibi bigega bitatu byabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022 mu mujyi wa Musanze mu Murenge wa Muhoza muri aka Karere ka Musanze.

Byabonetse ahari kubakwa inyubako mu bikorwa byo gusiza ikibanza cy’ahubakwa iyi nzu, bigatungura benshi, bavuze ko ari imari.

Ikibanza cyabonetsemo ibi bigega, gisanzwe ari icya Musenyeri Emmanuel Kolini Mbona wigeza kuba Umuyobozi w’Itorero rya EAR.

Bamwe mu baturage bamaze igihe batuye muri uyu mujyi wa Musanze, bavuga ko ahabonetse ibi bigeha higeze kuba station y’ibikomoka kuri peteroli hagati y’umwaka w’ 1960 n’ 1970.

Umuturage wageze muri uyu Mujyi wa Musanze, yavuze ko batunguwe n’iyi mari babonye imaze igihe kingana gutya itabye mu butaka.

Avuga ko abaje gutura muri uyu mujyi basanze ushashe neza utaragera ku iterambere umaze kugera muri iki gihe.

Ati “Ntabwo twari tuzi ko izi mari zirimo. Nubwo bavuga ngo nta lisansi irimo, nta muntu numwe wabishimangira ko nta lisansi cyangwa ikindi kirimo.”

Uyu muturage avuga kandi ko hari imodoka yazanywe ngo itware ibi bigega ariko ikabinanirwa, agasaba ko inzego bwite za Leta ari zo ziza gukurikirana iby’ibi bigega bo babona ko ari imari.

Ati “Twe byadutangaje turavuga tuti ‘ni gute twaturana n’ubutunzi nk’ubu tutazi igihe bwagereyemo, dusanga hari igihe twaba dufite ubutunzi tutabizi.”

Umwe mu bari kubaka kuri iyi nyubako uri mu babonye ibi bigega, yavuze ko basanze ntakintu kirimo imbere kuko bimaze igihe kinini mu butaka.

Abaturage bavuze ko ibi bigega ari imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hari ibidashoboka hano- P.Kagame yavuze ku gitutu America ikomeje kotsa u Rwanda ngo rufungure Rusesabagina

Next Post

Huye: Yasambanyije umwana we abitewe n’inzoga none agiye kumara ubuzima bwe bwose muri Gereza

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Yasambanyije umwana we abitewe n’inzoga none agiye kumara ubuzima bwe bwose muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.