• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in MU RWANDA
0
Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, buvuga ko gufata icyemezo cyo kwica imbogo ebyiri zari zatorotse iyi Pariki, ari uko byagaragaraga ko ntakindi cyakorwa, kuko hari hageragejwe kuzisubizayo bikanga, kandi zashoboraga guteza ibyago ku buzima bw’abaturage.

Izi mbogo zishwe zirashwe kuri iki Cyumweru tariki 19 Mutarama 2025 nyuma yuko zari zatorotse Pariki y’Ibirunga ku wa Gatandatu, zikirara mu mirima y’abaturage bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, ari na ho zarasiwe.

Mu bice byatambutse, inyamaswa nk’izi zagiye zitoroka Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zikirara mu baturage, ndetse zikanabangiriza, aho zanatwaye ubuzima bwa bamwe muri bo.

Uwingeri Prosper usanzwe ari Umukozi w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) akaba n’Umuyobozi wa Pariki y’Ibirunga, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo kwica izi nyamaswa, mu rwego rwo kwirinda ko zateza ibyago, kandi ko kuzisubiza muri Pariki byari byananiranye.

Yagize ati “Ziciwe mu Murenge wa Kinigi ariko nta buzima bw’abaturage zatwaye, zarasohotse zigera mu baturage cyane ku buryo kuzisubizayo biba bigoye ari na byo byatumye zicwa.”

Yakomeje asaba abaturage ko igihe babonye inyamaswa zatorotse Pariki muri ubu buryo, bajya bihutira kubimenyesha inzego kugira ngo zibabungabungire umutekano zitarateza ibyago ku buzima bwabo.

Nyuma yuko izi mbogo zishwe, zahise zishyingurwa nk’uko bisanzwe bigenda, aho ubuyobozi bwa Pariki buba buvuga ko haba hirindwa ko abaturage bazibaga bakarya inyama zazo kandi zishobora guteza ibibazo mu mubiri.

Zarashwe ngo zitangiza byinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Inkuru y’urubyiruko rufite ubumuga rukora ibikora ku mutima benshi ariko babitangiye bacibwa intege

Next Post

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.